• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

Ubwanditsi 12 Jun 2018 Mu Rwanda

Iyo umuntu yumvise ko Perezida Kagame yagiye mu bufaransa yumva bidasanzwe .

Iyo Perezida Macron w’ubufaransa yamamaje Louise Mushikiwabo ngo ayobore Francophonie Umuryango w’ibihugu bivuga igifaransa ku isi ,Umuntu yumva bidasanzwe,

Burya mu buzima hari byinshyi bidasanzwe kuko hari n’abahamagara cyangwa abagera aho barira naba nyina ntibumve kumugani w’ikinyarwanda .

Mu bidasanzwe n’ umufaransa w’umuprofeseri w’umuganga witwa Jaques  Maresceaux, akaba yaraminuje mu buganga ndetse atangiza ikigo cy’ubuvuzi kibaga Kanseri yo munda cyitwa IRCAD kigahugura abaganga babaga bageze kubihumbi bitandatu buri mwaka mu bufaransa gusa bakomoka mu bihugu ijana na makumyabiri ku isi yose murabyumva.

Uyu mu profeseri w’umuganga yabajijwe n’umunyamakuru w’umufaransa mugenzi we ati hari za IRCAD zingahe? ati hari ibigo bitanu kw’isi harimo nikigiye gutangira muri Afurica atari ahandi ni mu Rwanda gusa.

Abajijwe igituma yahisemo u Rwanda ati u Rwanda nahabwiwe n’umuhungu wanjye wahabaye imyaka cumi n’irindwi ahogeza no kuhashima cyane ati nanjye nanga kumubabaza nigirayo ngo mparebe .Ngeze mu Rwanda nasanze ari igihugu cyakataraboneka ,ati haba mu by’isuku haruta Ubusuwisi hakaruta Singapuru,ati kandi iterambere mu buvuzi  n’Ikoranabuhanga ni igitangaza.

Uyu mu profeseri udasanzwe agereranya u Rwanda na Israeli gusa ati kuko mu myaka makumyabiri u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe abatutsi nkuko byabaye mu bayahudi b’abisirayeri,abanyarwanda bariyunze bubaka igihugu bagiteza imbere kubera Perezida Paul Kagame ureba kure cyane akaba imfura idasanzwe .Ati ariko uzi akaga n’ishyano n’amahano u Rwanda rwagushije abatutsi miliyoni bakicwa  mu gihe cy’amezi atatu ,abana,abasaza,abagore,abagabo ariko Perezida  Paul  Kagame akaba yarabunze, akabomora, akaba abagejeje kuri biriya bitangaza?

Basomyi rero ,banyarwanda ati ntakidashoboka uko abantu bakoze indege n’ibyogajuru ni icyerekana ibidasanzwe mw’ikoranabuhanga u Rwanda rukaba narwo rukataje kuko ubu rufite n’utudege dutwara amaraso no mu misozi ihanamye tugerayo .Ngaho rero nanjye nti Uwiteka abarinde ariko cyane cyane aturindire Paul Kagame , twige ,twiteze imbere kuko uyu mugabo ntasanzwe koko kugera aho ibyamamare by’abafaransa bimukurira ingofero na Perezida wabo akamamaza umunyarwandakazi w’inkotanyi?Imana ishimwe ntibisanzwe koko ariko nanjye nk’umwana w’umutambyi w’umuswahili mbabaze  nti ese igiswahili cyo abanyarwanda bakigeze he? Nizere ko mudategereje ko ari Perezida Kagame uzakigisha  ngo mushobore no kuganira no guhahirana n’abaturanyi! Nimubishaka ariko muzampamagare nanjye nzitaba mbafashe kukiga,kugisoma ,kucyandika,kukivuga no kugiteza imbere kunyungu zacu twese nk’abanyarwanda n’abatuye aka karere muri rusange.

Uwiteka abamwenyurire .

Prof.Pacifique Malonga

Email: becos1@yahoo.fr

Umushakashatsi mu by’indimi  akaba n’umunyamakuru wigenga.

2018-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Ubwanditsi 22 Jun 2024
U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017
U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Ali Kiba yatagajeko  akunda umuhanzi  w’umunyarwanda Meddy
IMIKINO

Ali Kiba yatagajeko akunda umuhanzi w’umunyarwanda Meddy

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro
ITOHOZA

Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Ubwanditsi 29 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru