• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017 Mu Rwanda

Uhuru Kenyatta wo mu ishyaka rya Jubilee wari usanzwe ari Perezida wa Kenya yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu ku majwi 54.3% atsinze Raila Odinga wo mu mpuzamashyaka NASA, bari bahanganye wagize 44.7%.

Uhuru Kenyatta uyoboye Kenya kuva mu 2013 yongeye gutsinda Odinga bari bahanganye muri icyo gihe nk’uko byashimangiwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Kenya (IEBC), ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Kanama 2017.

Mu ijambo yagejeje ku mbaga yari imutegereje, Perezida Kenyatta yasabye ko ubumwe bwakomeza gushinga imizi abwira abashyigikiye abatavuga rumwe na we ati “Ndakora uko nshoboye mbakorere ibyo mwifuza, turi abaturage bamwe batuye muri Repubulika imwe.”

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bateye utwatsi ibyavuye mu matora n’amajwi ntakuka ataratangazwa, bakavuga ko ari ikinamico.

Gusa indorerezi mpuzamahanga zaturutse mu bihugu bitandukanye zavuze ko amatora yo muri Kenya yaciye mu mucyo no mu bwisanzure.

Hagati aho, ibyo ntibyabujije abatavuga rumwe n’ubutegetsi kwigaragambya bahereye mu Mujyi wa Kisumu, ahabarizwa abantu benshi bashyigikiye Raila Odinga no mu tundi duce two mu Mujyi wa Nairobi twa Kibera ahavugwa ahavugwa ubusahuzi bwakozwe mu maduka atandukanye.

Amakuru akomeza avuga ko abapolisi bari bashyizwe hirya no hino mu gihugu bateganya ko hashobora kwaduka amakimbirane, bateye imyuka iryana mu maso ku bantu bageragezaga kwigaragambya.

Abigaragambya batwitse amapine mu mihanda ya Kisumu ndetse ngo hanumvikanye n’urusaku rw’amasasu.

-7588.jpg

-7586.jpg

-7587.jpg

Abashyigikiye Odinga bavuze ko ari we watsinze banatangaza amajwi yabo. Komisiyo y’Igihugu y’amatora muri icyo gihugu yavuze ko ibyo bitemewe.

Indorerezi ziratinya ko muri icyo gihugu hakongera kwaduka intambara nk’iyo mu 2007, aho abaturage basaga 1100 bishwe abandi 600,000 bakava mu byabo.

Kenyatta yasabye ko habaho amahoro n’ituze. Yagize ati“ Twabonye ibimenyetso ko haba hari imvururu zishingiye kuri politiki. Kandi ndizera ko nta Munya-Kenya n’umwe wakwifuza ko twasubira mu ntambara nk’iyo twanyuzemo.”

Raila Odinga yasabye abamushyigikiye kugira umutuzo ariko yongeraho ko nta muntu n’umwe yashobora kugenzura kandi ko abantu bashaka kubona ubutabera bunoze.

Raila Odinga w’imyaka 72 yiyamamazaga abwira abaturage ko ari umukandida ufite impinduka, akiyita Yosuwa wo muri Bibiliya ushaka kugeza Abanya-Kenya mu gihugu Imana yabasezeranyije nk’uko Yosuwa yabigenje ku Banya-Isiraheli bavaga mu Misiri bajya i Kanani.

Nubwo bimeze bityo, abaturage benshi bashyigikiye icyerekezo cya Perezida Kenyatta cyo kubateza imbere, bamuhundagazaho amajwi yatumye yongera kuyobora icyo gihugu muri manda y’imyaka itanu iri imbere.

Guhangana hagati y’imiryango ya Kenyatta na Odinga bifite inkomoko mu 1963 ubwo iki gihugu cyabonaga ubwigenge. Raila Odinga utarahirwa no gutsinda amatora mu nshuro enye amaze kwiyamamaza ashobora kutongera gutanga kandidatire ye ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Kugeza ubu abayobozi b’ibihugu barimo uw’u Rwanda, Paul Kagame, uwa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni n’uwa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, bamaze kumushimira ku bw’intsinzi yabonye mu matora.

-7579.jpg

Uhuru Kenyatta wo mu ishyaka rya Jubilee wari usanzwe ari Perezida wa Kenya

2017-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dar es Salaam:  Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Dar es Salaam: Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Ubwanditsi 29 Aug 2025
Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021
Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Ubwanditsi 31 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda
Mu Mahanga

Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama
HIRYA NO HINO

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama
Amakuru

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Ubwanditsi 10 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru