• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017 Mu Rwanda

Uhuru Kenyatta wo mu ishyaka rya Jubilee wari usanzwe ari Perezida wa Kenya yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu ku majwi 54.3% atsinze Raila Odinga wo mu mpuzamashyaka NASA, bari bahanganye wagize 44.7%.

Uhuru Kenyatta uyoboye Kenya kuva mu 2013 yongeye gutsinda Odinga bari bahanganye muri icyo gihe nk’uko byashimangiwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Kenya (IEBC), ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Kanama 2017.

Mu ijambo yagejeje ku mbaga yari imutegereje, Perezida Kenyatta yasabye ko ubumwe bwakomeza gushinga imizi abwira abashyigikiye abatavuga rumwe na we ati “Ndakora uko nshoboye mbakorere ibyo mwifuza, turi abaturage bamwe batuye muri Repubulika imwe.”

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bateye utwatsi ibyavuye mu matora n’amajwi ntakuka ataratangazwa, bakavuga ko ari ikinamico.

Gusa indorerezi mpuzamahanga zaturutse mu bihugu bitandukanye zavuze ko amatora yo muri Kenya yaciye mu mucyo no mu bwisanzure.

Hagati aho, ibyo ntibyabujije abatavuga rumwe n’ubutegetsi kwigaragambya bahereye mu Mujyi wa Kisumu, ahabarizwa abantu benshi bashyigikiye Raila Odinga no mu tundi duce two mu Mujyi wa Nairobi twa Kibera ahavugwa ahavugwa ubusahuzi bwakozwe mu maduka atandukanye.

Amakuru akomeza avuga ko abapolisi bari bashyizwe hirya no hino mu gihugu bateganya ko hashobora kwaduka amakimbirane, bateye imyuka iryana mu maso ku bantu bageragezaga kwigaragambya.

Abigaragambya batwitse amapine mu mihanda ya Kisumu ndetse ngo hanumvikanye n’urusaku rw’amasasu.

-7588.jpg

-7586.jpg

-7587.jpg

Abashyigikiye Odinga bavuze ko ari we watsinze banatangaza amajwi yabo. Komisiyo y’Igihugu y’amatora muri icyo gihugu yavuze ko ibyo bitemewe.

Indorerezi ziratinya ko muri icyo gihugu hakongera kwaduka intambara nk’iyo mu 2007, aho abaturage basaga 1100 bishwe abandi 600,000 bakava mu byabo.

Kenyatta yasabye ko habaho amahoro n’ituze. Yagize ati“ Twabonye ibimenyetso ko haba hari imvururu zishingiye kuri politiki. Kandi ndizera ko nta Munya-Kenya n’umwe wakwifuza ko twasubira mu ntambara nk’iyo twanyuzemo.”

Raila Odinga yasabye abamushyigikiye kugira umutuzo ariko yongeraho ko nta muntu n’umwe yashobora kugenzura kandi ko abantu bashaka kubona ubutabera bunoze.

Raila Odinga w’imyaka 72 yiyamamazaga abwira abaturage ko ari umukandida ufite impinduka, akiyita Yosuwa wo muri Bibiliya ushaka kugeza Abanya-Kenya mu gihugu Imana yabasezeranyije nk’uko Yosuwa yabigenje ku Banya-Isiraheli bavaga mu Misiri bajya i Kanani.

Nubwo bimeze bityo, abaturage benshi bashyigikiye icyerekezo cya Perezida Kenyatta cyo kubateza imbere, bamuhundagazaho amajwi yatumye yongera kuyobora icyo gihugu muri manda y’imyaka itanu iri imbere.

Guhangana hagati y’imiryango ya Kenyatta na Odinga bifite inkomoko mu 1963 ubwo iki gihugu cyabonaga ubwigenge. Raila Odinga utarahirwa no gutsinda amatora mu nshuro enye amaze kwiyamamaza ashobora kutongera gutanga kandidatire ye ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Kugeza ubu abayobozi b’ibihugu barimo uw’u Rwanda, Paul Kagame, uwa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni n’uwa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, bamaze kumushimira ku bw’intsinzi yabonye mu matora.

-7579.jpg

Uhuru Kenyatta wo mu ishyaka rya Jubilee wari usanzwe ari Perezida wa Kenya

2017-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Ubwanditsi 13 May 2016
Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi

Iya 16 Gicurasi 1994: Abatutsi amagana biciwe i Kabgayi

Ubwanditsi 16 May 2018
Umuhanzi Mico The Best yasabye umukunzi we Clarisse kubana akaramata, nawe amubwira yego

Umuhanzi Mico The Best yasabye umukunzi we Clarisse kubana akaramata, nawe amubwira yego

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019
Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona
Amakuru

Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona

Ubwanditsi 26 May 2024
Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024
Amakuru

Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024

Ubwanditsi 12 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru