• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Mar 2016 Mu Mahanga

​Kuri uyu wa kane tariki ya 10 Werurwe, Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda (NPPA) ndetse n’urugaga rw’abaganga n’abakura amenyo (RMDC). Aya masezerano akaba agamije gukomeza ubufatanye, hagamijwe gutanga ubutabera bunoze hagati y’izi nzego. Uyu muhango ukaba wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Aya masezerano akaba yashyizweho umukono n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana, Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Richard Muhumuza na Prof. Emile Rwamasirabo uhagarariye urugaga rw’abaganga n’abakura amenyo.

Abari muri uyu muhango, bavuze ko ubu bufatanye buzibanda ku gutahiriza umugozi umwe hibandwa ku gukora kinyamwuga, ubunyangamugayo, gukorera mu mucyo no gutanga ubutabera, hagamijwe kugera ku nshingano za buri rwego muri izi, dore ko ari “inzego zifite inshingano yo gufatanya kwita ku buzima no kurinda umutekano w’abanyarwanda.”

Bavuze kandi ko ubu bufatanye buzibanda ku guhanahana amakuru byihuse, no guhanahana ubunararibonye mu kugenza ibyaha bijyanye n’imikorere mibi ya bamwe mu baganga batanga ibyemezo bidaciye mu mucyo.

Ashyira umukono kuri aya masezerano, IGP Gasana yayagereranyije n’intambwe ikomeye mu guha imbaraga urwego rw’ubutabera no guhanahana ubunararibonye, ngo hatangwe ubutabera bwizewe nyuma yo kugenza ibyaha.

Akaba yagize ati:”Inshingano yacu nka Polisi ni ukurwanya, gukumira no kugenza ibyaha tugamije kurinda abaturage, iyi kandi n’inshingano y’ubugenzacyaha n’abaganga.”

IGP Gasana yakomeje agira ati:”Icy’ingenzi cy’aya masezerano si ukuyashyiraho umukono gusa, ahubwo icya ngombwa ni ukuyashyira mu bikorwa. Leta y’u Rwanda ihora ikangurira inzego za Leta kugirana ubufatanye hagati yazo ndetse zikanagirana ubufatanye n’inzego z’abikorera ku giti cyabo kuko bituma hatangwa serivisi nziza kandi vuba, gukorera mu mucyo n’ubutabera bunoze, ibi tukaba aribyo twiyemeje.”

IGP Gasana yanavuze ko kugenza ibyaha bisaba ubumenyi n’ubushobozi, izi nzego zikaba zibifite, bityo zikaba zikwiye kubisangira.

Yasoje avuga ko Polisi y’u Rwanda izakora ibishoboka byose ngo aya masezerano abe inkingi y’ubutabera mu Rwanda.

Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Richard Muhumuza yishimiye ubu bufatanye, avuga ko buzafasha mu guhanahana amakuru ku gihe kandi bikazabafasha gukora amadosiye afite ibimenyetso.

Prof. Emile Rwamasirabo we yashimangiye ko aya masezerano azarushaho gutuma izi nzego zose zikorera hamwe kandi zigakorera mu mucyo, bigatuma umutekano w’abanyarwanda ucungwa neza.

Akaba yagize ati:”Umwuga w’ubuganga ni umwuga utoroshye, usanga rimwe na rimwe abarwayi binubira uko bavurwa, niyo mpamvu kugenza ibyaha nk’ibyo bisaba ubushobozi butuma ugenza ibyo byaha abigeraho.”

-2453.jpg

Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Richard Muhumuza, IGP Emmanuel Gasana na Prof Dr.Emile Rwamasirabo

Yasoje agira ati:”Dukeneye guhuriza hamwe ubumenyi bwacu ngo tumenye uko umurwayi abungabungwa tukanamenya ko bavurwa mu buryo bumwe. Aya masezerano rero ni ingenzi tukaba twizera ko izindi ngaga nk’urugaga rw’abaforomo, n’urw’ababyaza bazaza nabo tugafatanya kugera ku ntego twiyemeje.”

Aya masezerano avuga ko kudaha ubufasha umurwayi mu gihe abukeneye bikaba byamuviramo gukomereka, kwangirika kw’ibice by’umubiri n’urupfu, ari amakosa y’umuganga cyangwa kutita ku nshingano z’umuganga, icyo gihe nawe bimuviramo gukurikiranwa n’amategeko.

RNP

2016-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize
UBUKUNGU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri
Amakuru

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020
Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Ubwanditsi 28 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru