• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Mar 2016 Mu Mahanga

​Kuri uyu wa kane tariki ya 10 Werurwe, Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda (NPPA) ndetse n’urugaga rw’abaganga n’abakura amenyo (RMDC). Aya masezerano akaba agamije gukomeza ubufatanye, hagamijwe gutanga ubutabera bunoze hagati y’izi nzego. Uyu muhango ukaba wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Aya masezerano akaba yashyizweho umukono n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana, Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Richard Muhumuza na Prof. Emile Rwamasirabo uhagarariye urugaga rw’abaganga n’abakura amenyo.

Abari muri uyu muhango, bavuze ko ubu bufatanye buzibanda ku gutahiriza umugozi umwe hibandwa ku gukora kinyamwuga, ubunyangamugayo, gukorera mu mucyo no gutanga ubutabera, hagamijwe kugera ku nshingano za buri rwego muri izi, dore ko ari “inzego zifite inshingano yo gufatanya kwita ku buzima no kurinda umutekano w’abanyarwanda.”

Bavuze kandi ko ubu bufatanye buzibanda ku guhanahana amakuru byihuse, no guhanahana ubunararibonye mu kugenza ibyaha bijyanye n’imikorere mibi ya bamwe mu baganga batanga ibyemezo bidaciye mu mucyo.

Ashyira umukono kuri aya masezerano, IGP Gasana yayagereranyije n’intambwe ikomeye mu guha imbaraga urwego rw’ubutabera no guhanahana ubunararibonye, ngo hatangwe ubutabera bwizewe nyuma yo kugenza ibyaha.

Akaba yagize ati:”Inshingano yacu nka Polisi ni ukurwanya, gukumira no kugenza ibyaha tugamije kurinda abaturage, iyi kandi n’inshingano y’ubugenzacyaha n’abaganga.”

IGP Gasana yakomeje agira ati:”Icy’ingenzi cy’aya masezerano si ukuyashyiraho umukono gusa, ahubwo icya ngombwa ni ukuyashyira mu bikorwa. Leta y’u Rwanda ihora ikangurira inzego za Leta kugirana ubufatanye hagati yazo ndetse zikanagirana ubufatanye n’inzego z’abikorera ku giti cyabo kuko bituma hatangwa serivisi nziza kandi vuba, gukorera mu mucyo n’ubutabera bunoze, ibi tukaba aribyo twiyemeje.”

IGP Gasana yanavuze ko kugenza ibyaha bisaba ubumenyi n’ubushobozi, izi nzego zikaba zibifite, bityo zikaba zikwiye kubisangira.

Yasoje avuga ko Polisi y’u Rwanda izakora ibishoboka byose ngo aya masezerano abe inkingi y’ubutabera mu Rwanda.

Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Richard Muhumuza yishimiye ubu bufatanye, avuga ko buzafasha mu guhanahana amakuru ku gihe kandi bikazabafasha gukora amadosiye afite ibimenyetso.

Prof. Emile Rwamasirabo we yashimangiye ko aya masezerano azarushaho gutuma izi nzego zose zikorera hamwe kandi zigakorera mu mucyo, bigatuma umutekano w’abanyarwanda ucungwa neza.

Akaba yagize ati:”Umwuga w’ubuganga ni umwuga utoroshye, usanga rimwe na rimwe abarwayi binubira uko bavurwa, niyo mpamvu kugenza ibyaha nk’ibyo bisaba ubushobozi butuma ugenza ibyo byaha abigeraho.”

-2453.jpg

Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda Richard Muhumuza, IGP Emmanuel Gasana na Prof Dr.Emile Rwamasirabo

Yasoje agira ati:”Dukeneye guhuriza hamwe ubumenyi bwacu ngo tumenye uko umurwayi abungabungwa tukanamenya ko bavurwa mu buryo bumwe. Aya masezerano rero ni ingenzi tukaba twizera ko izindi ngaga nk’urugaga rw’abaforomo, n’urw’ababyaza bazaza nabo tugafatanya kugera ku ntego twiyemeje.”

Aya masezerano avuga ko kudaha ubufasha umurwayi mu gihe abukeneye bikaba byamuviramo gukomereka, kwangirika kw’ibice by’umubiri n’urupfu, ari amakosa y’umuganga cyangwa kutita ku nshingano z’umuganga, icyo gihe nawe bimuviramo gukurikiranwa n’amategeko.

RNP

2016-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Urubyiruko rw’Abayisilamu rwiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2023
Abajenosideri bo muri FDLR bari mu basahuye bakanatwika ibikoresho bya MONUSCO i Goma muri Kongo

Abajenosideri bo muri FDLR bari mu basahuye bakanatwika ibikoresho bya MONUSCO i Goma muri Kongo

Ubwanditsi 26 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa
INKURU NYAMUKURU

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Ubwanditsi 06 Jan 2020
Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC
Amakuru

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016
POLITIKI

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Ubwanditsi 06 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru