• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

Ubwanditsi 05 Sep 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside(CNLG) yatangaje ko yanyuzwe n’umwanzuro w’Urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wo gutesha agaciro ubujurire bwa Beatrice Munyenyezi wahamwe n’icyaha cyo kubeshya akaba anakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Abanyamahanga basaba kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika by’umwihariko abanyarwanda basabwa kugaragaza nib anta ruhare urwo ari rwo rwose bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Beatrice Munyenyezi yahakanye ko nta ruhare yigeze agira ubwo yinjiraga muri Amerika mu 1998 nk’uko CNLG yabisobanuye mu kiganiro na RBA.

Nyuma byagaragaye ko akekwaho uruhare yagize muri Jenoside yakorewe mu yahoze ari Butare cyane cyane kuri bariyeri yari hafi yaho yari atuye ahakoreraga interahamwe nyinshi hamwe n’umugabo we Arsène Ntahobari na Nyirabukwe Nyiramasuhuko Pauline wari Minisitiri w’Umuryango ndetse n’uwari Perefe wa Butare, Joseph Kanyabashi n’abandi.

Bikimara kugaragara ko yabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka yagejejwe imbere y’ubutabera, urukiko rwa New Hampshire rumukatira igifungo cy’imyaka 10 ari na cyo yajuririye ubwo bujurire bugateshwa agaciro.

-7893.jpg

-7892.jpg

Beatrice-Munyenyezi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, Jean Damascène Bizimana yatangaje ko icyo cyemezo kijyanye n’ukuri bakaba bacyishimira.

Yagize ati “Buri gihe iyo hafashwe icyemezo cy’ubutabera kijyanye no gukurikiza ukuri biradushimisha tukabigaragaza by’umwihariko ubutabera bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukurikiza amahame mpuzamahanga mu gukurikirana no guhana abakoze icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi bahungiye ku butaka bwabo.”

Biteganyijwe ko Munyenyezi ugomba gukomeza igihano yahawe mbere azira nakirangiza azoherezwa mu Rwanda agakurikiranwaho icya Jenoside.

-7891.jpg

Umunyamabanga wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside- CNLG), Dr. Jean Damascene Bizimana

2017-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Ubwanditsi 15 Apr 2022
Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.
Amakuru

FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Ubwanditsi 08 Jan 2018
‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya
HIRYA NO HINO

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

Ubwanditsi 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru