• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma

Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 03 May 2018 IMIKINO

Liverpool yakatishije itike iyerekeza Kiev muri Ukraine ahazabera umukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye AS Roma ku giteranyo cy’ibitego birindwi kuri bitandatu ikazahahurira na Real Madrid.

Kuva mu 2012 nta kipe yo muri Shampiyona y’u Bwongereza yari yakageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, Liverpool yakuyeho ayo mateka mabi isezerera AS Roma yo mu Butaliyani bigoranye ku bitego 7-6 mu mikino yombi.

AS Roma yari yatsinzwe ibitego 5-2 mu cyumweru gishize mu mukino ubanza, yaje mu mukino wo kwishyura ishaka kwihorera gusa ku mahirwe make itsindwa igitego cya mbere ku munota wa cyenda cya Sadio Mane.

Yahise itangira gusatira bikomeye ibona icyo kwishyura nyuma y’iminota itandatu cyitsinzwe na James Milner ariko Liverpool ibona icya kabiri ku munota wa 25 gitsinzwe na Georginio Wijnaldum.

Imibare yari ikomeye kuri AS Roma kuko yasabwaga gutsinda ibitego bine kugira ngo hajyeho iminota y’inyongera cyangwa hitabazwe penaliti ariko ntiyacitse intege yakomeje kugerageza ku munota wa 52 Edin Dzeko ayitsindira igitego cya kabiri.

Mu minota ya nyuma ku wa 86 Radja Nainggolan yatsinze icya gatatu ashyiramo n’icya kane ku wa 90 ariko iyi kipe ntiyabasha kubona icya gatanu cyari gutuma yiyongerera amahirwe hakitabazwa inyongera.

Liverpool yahise ibona itike yo kwerekeza ku mukino wa nyuma tariki 26 Gicurasi 2018 aho igomba guhangana na Real Madrid nayo yabonye itike ku wa Kabiri isezereye Bayern Munich.

Iyi kipe igiye gukina umukino wa nyuma w’iri rushanwa rikomeye ku mugabane w’u Burayi ku nshuro ya munani ikaba yararyegukanye gatanu, izaba ifite akazi katoroshye imbere ya Real Madrid imaze kuryegukana inshuro 12 harimo n’ebyiri ziheruka yatsinze Atletico Madrid na Juventus.

Abafana ba AS Roma bari bacanye umuriro bafana bikomeye

AS Roma niyo kipe yonyine yari itaratsindirwa igitego ku kibuga cyayo muri Champions League uyu mwaka ariko Liverpool yayitsinze bibiri

Dejan Lovren na bagenzi be bashimira abafana bari baherekeje ikipe i Roma

Dzeko amaze gutsinda igitego cyagaruye ikipe ye mu mukino gusa ntibashe gukomeza

James Milner witsinze igitego yishimiye bikomeye ko ikipe ye ikomeje ikagera ku mukino wa nyuma

Jurgen Klopp utoza Liverpool yari mu byishimo

Radja Nainggolan agerageza kunyura kuri Georginio Wijnaldum hagati mu kibuga

Radja Nainggolan wa AS Roma wanatsinze ibitego bibiri yafashwe n’ikiniga ikipe ye isezerewe

Sadio Mane witwaye neza muri uyu mukino yishimira igitego cya mbere yatsindiye ikipe ye

2018-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Ubwanditsi 01 Jun 2019
Volleyball :  Amatora ya  FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Feb 2017
Rayon Sports yitegura gukina na Police ya Kenya kuri Rayon Day yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Police ya Kenya kuri Rayon Day yanganyije na Gorilla FC 1-1

Ubwanditsi 02 Aug 2023
Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Ubwanditsi 08 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred
Amakuru

Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred

RUSHYASHYA 05 Jul 2026
N’Golo Kante niwe mukinnyi mwiza w’umwaka i London, Arsenal yatashye amaramasa
MULTIMEDIA

N’Golo Kante niwe mukinnyi mwiza w’umwaka i London, Arsenal yatashye amaramasa

Ubwanditsi 03 Mar 2017
U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda
Amakuru

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Ubwanditsi 17 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru