• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma

Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 03 May 2018 IMIKINO

Liverpool yakatishije itike iyerekeza Kiev muri Ukraine ahazabera umukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye AS Roma ku giteranyo cy’ibitego birindwi kuri bitandatu ikazahahurira na Real Madrid.

Kuva mu 2012 nta kipe yo muri Shampiyona y’u Bwongereza yari yakageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, Liverpool yakuyeho ayo mateka mabi isezerera AS Roma yo mu Butaliyani bigoranye ku bitego 7-6 mu mikino yombi.

AS Roma yari yatsinzwe ibitego 5-2 mu cyumweru gishize mu mukino ubanza, yaje mu mukino wo kwishyura ishaka kwihorera gusa ku mahirwe make itsindwa igitego cya mbere ku munota wa cyenda cya Sadio Mane.

Yahise itangira gusatira bikomeye ibona icyo kwishyura nyuma y’iminota itandatu cyitsinzwe na James Milner ariko Liverpool ibona icya kabiri ku munota wa 25 gitsinzwe na Georginio Wijnaldum.

Imibare yari ikomeye kuri AS Roma kuko yasabwaga gutsinda ibitego bine kugira ngo hajyeho iminota y’inyongera cyangwa hitabazwe penaliti ariko ntiyacitse intege yakomeje kugerageza ku munota wa 52 Edin Dzeko ayitsindira igitego cya kabiri.

Mu minota ya nyuma ku wa 86 Radja Nainggolan yatsinze icya gatatu ashyiramo n’icya kane ku wa 90 ariko iyi kipe ntiyabasha kubona icya gatanu cyari gutuma yiyongerera amahirwe hakitabazwa inyongera.

Liverpool yahise ibona itike yo kwerekeza ku mukino wa nyuma tariki 26 Gicurasi 2018 aho igomba guhangana na Real Madrid nayo yabonye itike ku wa Kabiri isezereye Bayern Munich.

Iyi kipe igiye gukina umukino wa nyuma w’iri rushanwa rikomeye ku mugabane w’u Burayi ku nshuro ya munani ikaba yararyegukanye gatanu, izaba ifite akazi katoroshye imbere ya Real Madrid imaze kuryegukana inshuro 12 harimo n’ebyiri ziheruka yatsinze Atletico Madrid na Juventus.

Abafana ba AS Roma bari bacanye umuriro bafana bikomeye

AS Roma niyo kipe yonyine yari itaratsindirwa igitego ku kibuga cyayo muri Champions League uyu mwaka ariko Liverpool yayitsinze bibiri

Dejan Lovren na bagenzi be bashimira abafana bari baherekeje ikipe i Roma

Dzeko amaze gutsinda igitego cyagaruye ikipe ye mu mukino gusa ntibashe gukomeza

James Milner witsinze igitego yishimiye bikomeye ko ikipe ye ikomeje ikagera ku mukino wa nyuma

Jurgen Klopp utoza Liverpool yari mu byishimo

Radja Nainggolan agerageza kunyura kuri Georginio Wijnaldum hagati mu kibuga

Radja Nainggolan wa AS Roma wanatsinze ibitego bibiri yafashwe n’ikiniga ikipe ye isezerewe

Sadio Mane witwaye neza muri uyu mukino yishimira igitego cya mbere yatsindiye ikipe ye

2018-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe

Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe

Ubwanditsi 05 Jun 2023
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Rayon Sports izatangira shampiyona icakirana na Etincelles, APR FC yakire Amagaju

Rayon Sports izatangira shampiyona icakirana na Etincelles, APR FC yakire Amagaju

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Kigali : CAF yasinyanye  amasezerano  y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Kigali : CAF yasinyanye amasezerano y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Ubwanditsi 15 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umudepite w’umufaransa ukomoka mu Rwanda yatewe ubwoba ko azicwa
INKURU NYAMUKURU

Umudepite w’umufaransa ukomoka mu Rwanda yatewe ubwoba ko azicwa

Ubwanditsi 12 Jan 2019
Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside
ITOHOZA

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Ubwanditsi 18 Feb 2019
Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU
Mu Rwanda

Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Ubwanditsi 02 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru