• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Editorial 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Ubwo Polisi y’u Rwanda yashingwaga mu mwaka wa 2000, gukorana n’abaturage yabigize imwe mu nkingi igenderaho mu gukumira no kurwanya ibyaha igamije kurushaho kubungabunga umutekano w’abaturage no kubateza imbere.

Imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage inagamije kubashishikariza kwikemurira ibibazo, ndetse bakanagira uruhare mu kwiteza imbere aho batuye.

Kuva ubu buryo bwo gukorana n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha bwatangizwa mu myaka 17 ishize, bwatumye u Rwanda rugaragara nk’igihugu gitekanye nk’uko ibyegeranyo byaba ibyo ku rwego rw’akarere ndetse no ku rwego mpuzamahanga bibigaragaza, u Rwanda rukaba ari kimwe mu bihugu abaturage bumva batekanye, bashobora gutembera igihe cyose no mu masaha y’ijoro, kandi bakaba bafitiye icyizere inzego z’umutekano.

Inkuru y’Imitavu itari izwi

Imitavu ni itorero ry’abana bagera ku 100 bari hagati y’imyaka 6 na 15, rikorera ibikorwa byaryo mu murenge wa Gahara, akarere ka Kirehe. Ibikorwa byaryo bikaba byaragize uruhare mu guhindura imitekerereze y’abaturage, nabo bagahagurukira kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha aho batuye.

Itorero Imitavu rimaze imyaka 8 rishinzwe, mu mwaka wa 2014 ubwo Polisi y’u Rwanda yashyiragaho amarushanwa y’ibihangano bitandukanye bishishikariza buri muturage kugira uruhare mu gukumira no kwirinda ibyaha, ryaje gutsinda ayo marushanwa kubera indirimbo yaryo yashishikarizaga abantu kugira uruhare mu kwicungira umutekano, rihabwa ibihembo bitandukanye.

Ubu, baba abayobozi b’inzego z’ibanze, abaturage ndetse na Polisi ikorera mu karere ka Kirehe, bavuga ibigwi iri torero, uko ibikorwa byabo byahinduye Umurenge wa Gahara nk’umwe mu mirenge y’icyitegererezo irangwamo umutekano, kandi mbere ariwo warangwagamo ibyaha byinshi.

Uyu murenge utuwe n’abaturage bakabakaba ibihumbi 80, ahanini b’abahinzi borozi, ukaba ari umwe mu mirenge 12 igize akarere ka Kirehe, ukaba uhana imbibi n’ibihugu bya Tanzaniya n’u Burundi, ikaba ari nayo mpamvu ugaragaramo imipaka aho imitere yayo iha icyuho cyangwa ikoreshwa n’abinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu.

Uwashinze akaba n’umuyobozi w’itorero Imitavu witwa Dufitumukiza Fiston w’imyaka 26, avuga ko mu myaka 8 ishize batangiye iki gikorwa cyo guhuriza hamwe aba bana bakabashishikariza kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha no kugira umutima wo gukunda igihugu, bahura buri wa gatandatu bakajya inama y’uko bashishikariza bagenzi babo ndetse n’abantu bakuru kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha, cyane cyane ibiyobyabwenge, ihohoterwa rikorerwa abana n’irishingiye ku gitsina.

Yaravuze ati:”Ubutumwa bwabo bwo kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha akenshi, babunyuza mu bihangano byabo birimo imivugo n’indirimbo. Kugeza ubu, ubu butumwa bwuviswe na benshi barimo n’ababyeyi babo ndetse na bagenzi babo bigana mu mashuri aho biga.”

Aba bana mu biganiro bagirana, banatanga amazina y’abaturage baturanye mu midugudu yabo bacuruza bakanakoresha ibiyobyabwenge, kandi nk’uko Polisi ikorera mu karere ka Kirehe ibitangaza byabyaye umusaruro ushimishije, kuko byatumye hafatwa ababyishoramo, cyane cyane ababyinjizaga babinyujije muri Gahara nk’imwe mu nzira yabyo yabisakazaga mu karere kose.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe Superintendent of Police (SP) James Rutaremara yaravuze ati:”Hari n’umwe muri aba bana watanze amakuru avuga ko umwe mu babyeyi be acuruza ibiyobyabwenge, aya makuru yaje gutuma uwo mubyeyi afatwa, ashyikirizwa ubutabera ahamwa n’icyaha ubu akaba yarakatiwe ari kurangiza ibihano bye.”

Kugirango ubu bukangurambaga bugere kuri bose, hari n’igihe abafatiwe mu biyobyabwenge no mu bindi byaha berekanwa mu ruhame, bagasaba imbabazi abaturage kandi bakiyemeza kutazabisubira.

Ubu ibikorwa by’aba bana bitangiye no kugezwa mu mirenge ituranye na Gahara ya Gatore, Kigarama na Nyamugari.

Kuri iyi ngingo Dufitumukiza yaravuze ati:”Dufite gahunda yo kugeza ibikorwa by’Imitavu mu karere kose ka Kirehe, ndetse byanadushobokera tukabigeza mu gihugu hose.”

Abaturage ba Gahara nabo bemeza ko ibikorwa by’aba bana byabereye urugero abandi, baba abakuru n’abato, bikaba byaranahinduye imitekerereze ya benshi mu baturage ba Gahara.

Umwe mu baturage ba Gahara witwa Karemera Rodrigue yaravuze ati:”Ibikorwa bibi byaberaga mumiryango yacu byaracitse, kuko iyo aba bana bahuye, barebera hamwe uko umutekano mu miryango no mu baturanyi wifashe. Bamwe muri twe bakuru biradutangaza kandi bikadukoza isoni iyo abana bato nk’aba baje mu ngo zacu bakatwigisha kandi bakatwibutsa inshingano zacu zo kwibungabungira umutekano, bakatwigisha kurengera uburenganzira bwabo no kubuharanira, ndetse rimwe na rimwe bakatwigisha uko tugomba kubana neza mu miryango yacu.”

Yakomeje avuga ati:”Ubu nta mugabo ugihohotera umugore cyangwa umwana, kuko n’ubikoze aba azi ko biri bumenyekane kuko aba bana ntibihanganira ibyaha, twe rero nk’abantu bakuru twumva aba bana bakwiye guterwa inkunga bakageza ibikorwa byabo byiza no mu yindi mirenge.”

SP Rutaremara nawe yemeje ko ibikorwa by’aba bana byatumye “abaturage batongera kwishora mu byaha.”

Yaravuze ati:” Gahara wari umwe mu mirenge warangwagamo ibyaha byinshi, ariko guhera aho aba bana batangiriye kwigisha abaturage, ibyaha byaragabanutse ku buryo bugaragara.”

Imibare igaragaza ko kubera ubu bukangurambaga, kuva uyu mwaka watangira, mu biro 200 by’urumogi bimaze gufatwa mu karere kose nta na kimwe cyafatiwe mu murenge wa Gahara.

-6407.jpg

Imitavu

Mu rwego rwo gutera inkunga akarere ka Kirehe gukomeza kugera ku ntego yako yo gukumira no kurwanya ibyaha, Polisi y’u Rwanda yagateye inkunga y’imodoka na moto yahawe Umurenge wa Mushikiri, bifasha mu kugenzura uko amarondo akorwa no mu bindi bikorwa byo kubungabunga umutekano.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kirehe Zikama Eric yavuze ko imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Kirehe ndetse n’ibikorwa by’Imitavu byabyaye umusaruro.

Yaravuze ati:”Twamaze kubona uruhare rw’ibikorwa by’Imitavu mu murenge wa Gahara, turizera ko ibikorwa byabo nibigera no mu yindi mirenge nk’uko turi kubiteganya abantu bazahindura imitekerereze bakareka kwishora mu byaha.”

Abaturage banafite icyizere ko ibyaha bizagabanuka muri aka karere kubera ubufatanye buri hagati ya Polisi z’ibihugu by’u Rwanda na Tanzaniya cyane cyane kurwanya ibiyobyabwenge ku mpande zombi.

Inzego za Polisi z’impande zombi mu minsi ishize ziyemeje gufatanya mu gukora imikwabu yo kurandura no guca burundu ahahingwaga urumogi ku ruhande rw’Igihugu cya Tanzaniya

Source : RNP

2017-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU

Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU

Editorial 27 Feb 2017
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Editorial 12 Jun 2021
Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Editorial 26 Apr 2018
Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Editorial 24 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba
ITOHOZA

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

Editorial 09 Dec 2018
“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta
INKURU NYAMUKURU

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Editorial 12 Aug 2020
Kwigamba ubusambanyi kwa Miss Vanessa, bigiye kumukoraho bitanasize Miss Sandra Teta
IMIKINO

Kwigamba ubusambanyi kwa Miss Vanessa, bigiye kumukoraho bitanasize Miss Sandra Teta

Editorial 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru