• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Feb 2019 UBUKERARUGENDO

Mbere ya 2017, uwashakaga kuva i Lagos muri Nigeria ajya Bamako muri Mali, yabanzaga kunyura i Paris mu Bufaransa agafata indi ndege imuzana i Bamako kuko nta ngendo z’ako kanya za Lagos-Bamako zabagaho.

Urwo rugendo ubusanzwe rwakabaye rutwara amasaha ane n’igice, byarangiraga rutwaye amasaha 24 kubera ko ikirere cya Mali na Nigeria, bitari bifunguriranye ngo indege zibe zava hamwe zijya ahandi nta nkomyi.

Imikorere nk’iyo yo kudafungurirana inzira z’ikirere muri Afurika, iri mu bituma ingendo z’indege kuri uyu mugabane zihenda, ugasanga nko kuva i Johannesburg muri Afurika y’Epfo ujya mu Misiri bigutwara $600, nyamara kuva Johannesburg ujya Londres bigatwara $800 gusa.

Perezida Kagame yavuze ko imikorere nk’iyo yo kuba nyamwigendaho ku bihugu byanga gufungurirana ikirere ari ukureba hafi.

Kuri uyu wa Gatatu ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama y’iminsi ibiri yiga ku iterambere ry’iby’indege muri Afurika, Aviation Africa Summit, yavuze ko Afurika ifite amahirwe menshi niramuka ishyize hamwe.

Yagize ati “Kwigira nyamwigendaho hagati yacu, ni ukureba hafi bigamije gutuma isoko ku mugabane wacu rihorana ibibazo, ridatunganye kandi rihenze ari nako bigabanyiriza amahirwe sosiyete nyafurika.”

Yavuze ko kuba ibihugu 16 muri Afurika n’u Rwanda rurimo bidakora ku Nyanja bitakiri urwitwazo rwo kudatera imbere, ahereye ku mahirwe ahari yo kwihuza kw’ibihugu bigafungurirana amarembo.

Umukuru w’igihugu yagarutse ku masezerano yo gufungurirana isoko mu by’ingendo z’indege ndetse n’amasezerano y’isoko rusange ku rujya n’uruza rw’abantu yose yasinywe umwaka ushize, avuga ko ari amahirwe akomeye yateza imbere Afurika ndetse na sosiyete z’indege za Afurika aramutse abyajwe umusaruro.

Ati “ Gukuraho imbogamizi zituma urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu rutagerwaho bizatuma abakenera serivizi za sosiyete z’indege biyongera mu myaka iri imbere. Ibimaze gukorwa nka pasiporo nyafurika no guharanira ko gusaba za viza bivaho ku banyafurika batembera muri Afurika, na byo ni ingirakamaro.”

Guhuza ikirere muri Afurika nibimara kugerwaho, Perezida Kagame avuga ko bizongera umubare w’indege zitwara abantu n’ibintu ku mugabane, binatange akazi ku bantu benshi.

Yashimangiye ko u Rwanda ruzakomeza gushora imari mu bikorwa remezo bijyanye no gutwara abantu n’ibintu mu ndege, ariko nako ruteza imbere RwandAir.

Mu 2018 abantu miliyoni 127 batwawe mu ndege bava cyangwa baza muri Afurika, byinjiza miliyari 30 z’amadolari . Icyakora 71 % by’abo bagenzi babaga basoreza ingendo zabo hanze ya Afurika , bituma 85 % by’amafaranga binjije ajya hanze ya Afurika, bivuze ko mu bagenzi banyuze muri Afurika uwo mwaka, 15 % by’amafaranga batanze niyo yahasigaye.

Umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ubwikorezi bw’Indege IATA akaba n’Umuyobozi wa sosiyete Qatar Airways, Akbar Al Baker, yavuze ko Afurika nidakoresha iki gihe ngo yorohereze sosiyete zayo zitwara abantu mu ndege, sosiyete zikomeye zizayitwara ayo mahirwe.

Yagize ati “Ni igihe ngo isoko ryo gutwara abantu mu ndege muri Afurika ryigaragaze ku ruhando mpuzamahanga, ribyaze umusaruro amahirwe yose rifite. Ni igihe cyo kwihuza n’ahandi ku Isi kandi kuri serivisi zihendutse”.

Yavuze ko kwifungirana kw’ibihugu bya Afurika byanga ko ikirere cyabyo gikoreshwa mu gutwara abantu n’ibintu, ntacyo bizageraho atari uguhora inyuma mu gihe abandi bari kubyaza amahirwe ukwihuza.

Inyigo iheruka y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ubwikorezi bw’Indege (IATA) yerekanye ko guhuza isoko rya Afurika byatuma ibyo bihugu byongera miliyari 1.3 z’amadolari ku musaruro mbumbe, bigahanga imirimo 155 000, hakazigamwa miliyoni 500 z’amadolari mu matike, kongera serivisi ku kigero cya 75%, kongera urwego rw’ubucuruzi no kugabanya igihe abagenzi bakoreshaga mu ngendo.

Byitezwe ko ayo masezerano azatuma ibiciro by’indege hagati y’ibihugu byo muri Afurika bigabanukaho 25%, mu gihe ubu byabarwaga ko hari aho uva mu gihugu kimwe ujya mu kindi cyo muri Afurika, ugasanga itike y’indege ihenze kurusha kuva muri icyo gihugu ujya ku wundi mugabane.

Src: IGIHE

2019-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Ubwanditsi 07 Jan 2019
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024
Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Ubwanditsi 11 Apr 2018
RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

Ubwanditsi 22 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune
IMIKINO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL
Mu Mahanga

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru