• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Editorial 06 May 2018 SHOWBIZ

Minisitiri ushinzwe Ubukerarugendo mu gihugu cya Tanzania yemereye imbere y’imbaga y’abitabiriye ubukwe bwa Ali Kiba na Murumuna we ko azabishyurira amafaranga yose bazakoresha mu kwezi kwa buki bari kumwe n’abageni babo.

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe bishyuriwe ukwezi kwa buki na Minisitiri w’Ubukerarugendo-AMAFOTO

 

Kuya 01 Gicurasi 2018 ni bwo Hamis Kigwangalla Minisitiri ushizwe ubukerarugendo muri Tanzania yemeye ko azishyura amafaranga yose Ali Kiba na Murumuna we Abdu Kiba bazakoresha mu kwezi kwa buki ndetse ngo aho bazajya nibo bazahihitiramo.

Ali Kiba na murumuna we Abdu Kiba bakoreye ubukwe umunsi umwe kuwa 29 Mata 2018. Minisitiri Hamisa yanditse kuri konti ye ya Instagram agira ati : “Amahirwe n’imigisha kuri Ali na Abdu ndetse n’abagore banyu. Ndabinginze mbikuye ku mutima mwemere iyi mpano mbahaye y’ukwezi kwa buki. Nzishyura buri kimwe cyose muzakoresha mu ngendo ndetse n’ibindi muzakenera.”

Kuya 19 Mata, Ali Kiba yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Amina Rikesh mu musigiti Ummul Kulthum; nyuma y’umunsi umwe murumuna we nawe yahamije isezerano rye n’umukunzi we Ruwayda bari barambanye mu rukundo.

Kuwa 29 Mata 2018 aba bavandimwe bombi bateguye ubukwe ku munsi umwe, bwabereye mu mujyi wa Mombasa mu gihugu cya Tanzania. Ubukwe bwa Ali Kiba na Abdu bwabereye mu cyumba kimwe cya Serena Hoteli, bwatashywe n’abayobozi benshi bakomeye basanzwe ari inshuti z’uyu muryango.

ali kiba

Ali Kiba yari yizihiwe mu bukwe bwe

Ikinyamakuru Tuco.co.ke cyandikirwa muri Kenya kivuga ko hari amakuru y’uko Amina warushinze na Ali Kiba afite akazi muri Leta aho ashinzwe ibijyanye n’imari.

Mu batashye ubukwe bwa Ali Kiba na murumuna we harimo: Salma Kikwete umugore w’uwahoze ari Perezida wa Tanzania Kikwete; Guverineri w’umujyi wa Mombasa Ali Joho. Hari kandi Minisitiri w’Ubuzima, iterambere rusange, uburinganire no kwita ku burenganzira bw’umwana Ummy washimye byimazeyo Ali Kiba n’umuvandimwe we Abdu Kiba.

abdu

Murumuna we n’umukunzi we

Madamu Salma Kikwete umugore wa Dr.Jakaya Mrisho Kikwete yashimye Ali Kiba n’umuvandimwe we Abdu Kiba, abagira inama yo kuba inyangamugayo mu ngo zabo cyane cyane ku bijyanye n’uburyo bazajya bakoresha itumanaho bavugana n’abafasha babo.

REBA AMAFOTO:

KIBA

kiba ali

ali kiba na abdu


tanzania

kenya na tanzania

ubukwe

dar es salaam

umujyi

2018-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Editorial 22 Mar 2021
Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Editorial 27 Jun 2018
Urupfu rwa Radio rukomeje gutuma Jose Chameleone akubita agatoki ku kandi ese bihatse iki ?

Urupfu rwa Radio rukomeje gutuma Jose Chameleone akubita agatoki ku kandi ese bihatse iki ?

Editorial 05 Feb 2018
Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Editorial 27 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup
Amakuru

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Editorial 19 Nov 2021
Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 
Amakuru

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Editorial 27 May 2021
Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]
Mu Mahanga

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Editorial 04 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru