• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Editorial 06 May 2018 SHOWBIZ

Minisitiri ushinzwe Ubukerarugendo mu gihugu cya Tanzania yemereye imbere y’imbaga y’abitabiriye ubukwe bwa Ali Kiba na Murumuna we ko azabishyurira amafaranga yose bazakoresha mu kwezi kwa buki bari kumwe n’abageni babo.

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe bishyuriwe ukwezi kwa buki na Minisitiri w’Ubukerarugendo-AMAFOTO

 

Kuya 01 Gicurasi 2018 ni bwo Hamis Kigwangalla Minisitiri ushizwe ubukerarugendo muri Tanzania yemeye ko azishyura amafaranga yose Ali Kiba na Murumuna we Abdu Kiba bazakoresha mu kwezi kwa buki ndetse ngo aho bazajya nibo bazahihitiramo.

Ali Kiba na murumuna we Abdu Kiba bakoreye ubukwe umunsi umwe kuwa 29 Mata 2018. Minisitiri Hamisa yanditse kuri konti ye ya Instagram agira ati : “Amahirwe n’imigisha kuri Ali na Abdu ndetse n’abagore banyu. Ndabinginze mbikuye ku mutima mwemere iyi mpano mbahaye y’ukwezi kwa buki. Nzishyura buri kimwe cyose muzakoresha mu ngendo ndetse n’ibindi muzakenera.”

Kuya 19 Mata, Ali Kiba yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Amina Rikesh mu musigiti Ummul Kulthum; nyuma y’umunsi umwe murumuna we nawe yahamije isezerano rye n’umukunzi we Ruwayda bari barambanye mu rukundo.

Kuwa 29 Mata 2018 aba bavandimwe bombi bateguye ubukwe ku munsi umwe, bwabereye mu mujyi wa Mombasa mu gihugu cya Tanzania. Ubukwe bwa Ali Kiba na Abdu bwabereye mu cyumba kimwe cya Serena Hoteli, bwatashywe n’abayobozi benshi bakomeye basanzwe ari inshuti z’uyu muryango.

ali kiba

Ali Kiba yari yizihiwe mu bukwe bwe

Ikinyamakuru Tuco.co.ke cyandikirwa muri Kenya kivuga ko hari amakuru y’uko Amina warushinze na Ali Kiba afite akazi muri Leta aho ashinzwe ibijyanye n’imari.

Mu batashye ubukwe bwa Ali Kiba na murumuna we harimo: Salma Kikwete umugore w’uwahoze ari Perezida wa Tanzania Kikwete; Guverineri w’umujyi wa Mombasa Ali Joho. Hari kandi Minisitiri w’Ubuzima, iterambere rusange, uburinganire no kwita ku burenganzira bw’umwana Ummy washimye byimazeyo Ali Kiba n’umuvandimwe we Abdu Kiba.

abdu

Murumuna we n’umukunzi we

Madamu Salma Kikwete umugore wa Dr.Jakaya Mrisho Kikwete yashimye Ali Kiba n’umuvandimwe we Abdu Kiba, abagira inama yo kuba inyangamugayo mu ngo zabo cyane cyane ku bijyanye n’uburyo bazajya bakoresha itumanaho bavugana n’abafasha babo.

REBA AMAFOTO:

KIBA

kiba ali

ali kiba na abdu


tanzania

kenya na tanzania

ubukwe

dar es salaam

umujyi

2018-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho

Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho

Editorial 17 Mar 2021
Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]

Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]

Editorial 04 Oct 2018
Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.

Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.

Editorial 08 Mar 2021
Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda

Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda

Editorial 16 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA
Amakuru

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Editorial 08 Aug 2023
Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa
Mu Mahanga

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Editorial 12 Feb 2016
Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Editorial 30 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru