• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Editorial 17 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu gihe habura umunsi umwe ngo kuri Sitade Amahoro habere ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame, Polisi y’igihugu irasaba Abanyarwanda kugaragaza ubwitonzi no kubaha abashyitsi bazaba bari mu Rwanda.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Theose Badege, avuga ko ejo ku wa 18 Kanama ubwo hazaba uyu muhango, hari imihanda imwe mu Mujyi wa Kigali cyane cyane nk’uva ku kibuga cy’indege cya Kigali izafungwa ku buryo abagenzi basanzwe batazayikoresha.

Abashyitsi batandukanye barimo abakuru b’ibihugu barenga 20, n’abanyarwanda bazaba bari kuri Sitade Amahoro, aho Perezida Paul Kagame azaba arahira muri manda y’imyaka 7 iri imbere.

Ni nyuma yo gutsinda amatora ku majwi arenga 98%.

Mu butumwa Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yatanze, ACP Badege yagize ati “Turateganya umubare munini w’abanyacyubahiro, kandi abenshi baratangira kuza kuri uyu wa Kane, ibi rero biri mu bizatuma hari imihanda imwe cyane cyane nk’uhuza ikibuga cy’indege cya Kigali n’umurwa mukuru ifungwa muri icyo gihe.”

Yakomeje agira ati “Iyi siyo nshuro ya mbere Kigali yakiriye abanyacyubahiro kandi abaturage bacu bakomeje kugenda bagaragaza ubufatanye, turasaba abakoresha imuhanda mu Mujyi wa Kigali no mu bindi bice byo mu gihugu gukomeza ubwo bufatanye nk’uko byari bisanzwe, bagakoresha imihanda yagenwe mu gihe indi izaba yafunzwe.”

ACP Badege avuga ko Polisi y’u Rwanda izakomeza kumenyesha abaturage igihe n’ahantu hazaba hafunzwe, ibi bikazakorwa hakoreshejwe uburyo burimo imbuga nkoranyambaga cyane cyane nka twitter.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba ari abashyitsi bityo bagomba no guhabwa umwanya wa mbere.

Yunzemo ati “Aba ni abashyitsi bacu, bisanzwe bizwi ko bitubamo ko abashyitsi aribo duha amahirwe cyane.”

Biteganyijwe ko Perezida Kagame azarahirira imbere ya Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof.Sam Rugege, nyuma akageza ijambo kubazaba bamukurikiye.

-7638.jpg

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’Igihugu aganira n’umunyamakuru wa Izuba Rirashe (Ifoto/Ububiko)

2017-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Editorial 07 Aug 2016
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Editorial 26 Dec 2024
Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Editorial 25 Aug 2017
Nyamirambo : Me Ntaganda  akomereje iwe mu rugo  imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Editorial 01 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Editorial 01 Aug 2025
Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika
Amakuru

Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Editorial 19 Jan 2022
Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato
POLITIKI

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Editorial 06 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru