• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa

Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa

Editorial 05 Jul 2016 IMIKINO

Bashabe Catherine wamamaye nka Kate yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bagenzi be babiri.

Kate Bashabe washinze inzu y’imideli yitwa ‘Kabash Fashion House’, afungiwe kuri Station ya Polisi i Gikondo mu Karere ka Kicukiro kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Nyakanga 2016.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu yahamirije IGIHE ko uyu mukobwa afunzwe ndetse ko batangiye gukora iperereza ryimbitse ku cyaha akurikiranyweho.

Yagize ati “Kuri station ya Polisi i Gikondo, ducumbikiye umukobwa witwa Catherine Bashabe. Yafashwe ku mugoroba, ni icyaha akurikiranyweho cyo gukubita no gukomeretsa bagenzi be, turi gukora iperereza nyuma dosiye tuzashyikiriza izindi nzego.”

Bashabe Catherine [Kate] w’imyaka 25, yabaye Miss MTN mu mwaka wa 2010 ndetse no muri 2012 aba Nyampinga wa Nyarugenge.

Ubuhamya IGIHE yahawe n’umwe mu bakobwa Kate akurikiranyweho gukomeretsa, buvuga ko intandaro ya byose ‘ni konti ya Instagram yafunguwe n’umuntu utaramenyekana, ikwirakwiza amafoto y’uyu mukobwa ikanavuga amazina y’abagabo yaryamanye na bo, abo mu Rwanda no mu mahanga’.

Kate ngo yabanje gukeka umwe mu nshuti ze [tudatangaje izina ku bw’umutekano we] amuhamagara kuri telefone amwihaniza ko nadafunga iyo konti ashobora kuzabura ubuzima bwe. Uwo mukobwa ngo yakaniye Kate yivuye inyuma ko atari we wafunguye iyo konti imusebya birangira bumvikanye ko bagiye gufatanya gukora iperereza mu gushakisha uwayihimbye.

Yagize ati “Namuhakaniye ko atari njye wafungiye iyo konti birangira ansabye imbabazi ambwira ko mwihanganira ku magambo mabi yambwiye. Ejo nibwo yanyandikiye message ambwira ko akeneye ubufasha bwanjye, yansabye ko musanga iwe mu rugo nkamuzanira Heinken zikonje enye.”

“Nahageze turaganira bisanzwe, hashize akanya mbona azanye icyuma aramfata andyamisha ku buriri bwe amaboko ayazirikira inyuma ambwira ko nintemera ko ari njye wakoze ya konti ari bunyice. Nabanje kubihakana ariko mbona akomeje gukaza umurego akankoza icyuma mu maso anyereka ko umunota ku wundi yacyintera ngapfa kuko yari arakaye cyane.”

Yongeyeho ati “Nagize ubwoba mwemerera ko ari njye wabikoze arangije amfata amajwi ndi kubivuga. Yantegekaga ibyo mvuga, yantegekaga abo mpamagara tukabivugana.”

Kate ngo yaketse undi mukobwa w’inshuti yabo bombi ko na we yaba ari inyuma y’umugambi wo gushinga iyo konti imutuka kuri Instagram. Ngo yaje gutegeka uyu mukobwa amusaba guhamagara uwo mugenzi wabo ngo abasange mu rugo kuko bafite ikibazo, undi yaje bwangu ahageze na we ahita azirikwa amaboko ahatwa imigeri n’inshyi.

Ati “Yadukubise twembi aturyamishije hasi, yaduteraga ubwoba cyane ko tugiye gupfa. Nyuma nigiriye inama yo kumwemerera, mwinginga musaba ko yaduha amasaha 24 tukaba twasibye iyo konti, ariko nashakaga ko tumucika ubundi tukajya kuri polisi. Yaraturekuye, yatubwiye ko yiteguye kujya muri 1930 ngo nitutabikora azatwica yijyane kuri polisi.”

-3175.jpg

Aba bakobwa bombi bakimara kuva mu rugo rwa Kate batabaje Polisi y’u Rwanda ihita ibatabara ntetse ita muri yombi uwabakubise ubu afungiwe i Gikondo.

Source: Ibyamamare.com

2016-07-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Editorial 12 Feb 2018
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Editorial 26 Jun 2024
Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia

Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia

Editorial 10 Feb 2024
Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Editorial 26 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Editorial 25 Feb 2019
Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?
POLITIKI

Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Editorial 30 May 2017
Mbonigaba Ismaël  wayoboye Ikinyamakuru UMUSESO, yakatiwe igifungo cy’amezi 32 ahamijwe gusambanya abana
INKURU NYAMUKURU

Mbonigaba Ismaël wayoboye Ikinyamakuru UMUSESO, yakatiwe igifungo cy’amezi 32 ahamijwe gusambanya abana

Editorial 28 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru