• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Editorial 24 Aug 2017 ITOHOZA

Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo ya 116 rivuga ko Minisitiri w’Intebe atoranywa, ashyirwaho kandi avanwaho na Perezida wa Repubulika. Abandi bagize Guverinoma bashyirwaho na Perezida wa Repubulika amaze kugisha inama Minisitiri w’Intebe. Minisitiri w’Intebe ashyirwaho bitarenze iminsi cumi n’itanu (15) nyuma y’irahira rya Perezida wa Repubulika. Abandi bagize Guverinoma bashyirwaho bitarenze iminsi cumi n’itanu (15) nyuma y’ishyirwaho rya Minisitiri w’Intebe.

Ibi bisobanuye ko iminsi 15 nyuma y’irahira rya Perezida Kagame ryabaye ku wa 18 Kanama, ni ukuvuga ku itariki ya 02 Nzeri, Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma nshya azaba yamaze kumenyekana hanyuma indi minsi 15 nayo igashira tuzi abaminisitiri bayigize.

Kugeza ubu nta n’umwe mu ba Minisitiri bari muri guverinoma icyuye igihe waguhamiriza ko yizeye neza ko azagaruka muri guverinoma nshya, kuri bose ubwoba ni bwose, amakuru twamenye aravuga ko bamwe muri bo bari kurara kuri Whatsapp babazanya ni nde ufite amahirwe yo kugaruka muri Guverinoma abandi batangiye gutekereza ku yindi mishinga cyangwa ahandi bazajya gusaba akazi mu gihe imbehe yaba yiyubitswe.

Abarokore bari mu masengesho yo kwiyiriza, basaba Imana ko yabahishurira niba izakomeza kubarambikaho ibiganza. Abandi bari mu bahanuzi ngo barebe niba hari icyo babahanurira ubwo abo bamaze kumenya ibyabo, abatuzura umwuka rero bo, igitima kiradiha!

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Urebye ibintu neza, Guverinoma nshya ya Kagame izabona umugabo isibe undi kandi umunebwe n’ujenjetse ntazayica iryera.

Ibi umuntu yabipimira ku minsi 21 ya Perezida Kagame ubwo yazengurukaga igihugu cyose yiyamamariza kongera kuyobora u Rwanda mu matora aherutse gutsindira ku bwiganze.

Imvugo ye yumvikanishije ko imyaka irindwi iri imbere ari iyo guteza imbere u Rwanda, rukaba nk’ibindi bihugu bimaze kugira aho bigera mu ruhando mpuzamahanga.

Ahantu hose 32 yiyamamarije kuva ku itariki 14 Nyakanga kugeza ku ya 02 Kanama, yumvikanye avuga ko ntacyo ibindi bihugu byagezeho u Rwanda rutageraho, ariko icyo bisaba ari ugukora, ubufatanye bw’abayobozi n’abaturage no kugira intumbero yo kumva ko buri kintu cyose gishoboka mu gihe hari ubushake.

Ku bayobozi rero, reka imitima yabo idihe ni mu gihe kuko niba hari ibyo batujuje mu myaka ishize baribaza uko bizagenda. Nawe se niba Umukuru w’Igihugu ageze i Rusizi akavuga ati sinshaka kongera kumva ikibazo cya Hotel yanze kuzura, bwaki mu bana, imirire mibi, kwicwa n’indwara zitacyica abantu ahandi n’ibindi, ubwo wowe ubifite mu nshingano wagoheka? Umunsi w’amanota ugeze waba utuje wicaye mu myanya w’imbere?

Tariki ya 23 Nyakanga 2017, Perezida Kagame yabwiye abaturage ko hari ibyo akarere ka Ngoma katagezeho kandi byari bikwiye kuba byarakozwe ariko ko mu gihe atowe, azabibaza abayobozi bazaba bagiyeho.

Ati “Nanjye ndi mu bibaramo ko dufite ibyo tugomba kuba dufite tutakoze. Turaza kubikora rero. Aba bayobozi dukorana, nimurangiza kuduha icyizere cyanyu itariki enye kanama, uzaba yakomeje, [abaturage bakoma amashyi, abandi bati ni wowe] ariko ndavuga no muri abo bayobozi, ndumva nzatangiriraho mbibabaza uko twabigenza kugira ngo iyo sura ihinduke kuko izagomba guhinduka byanze bikunze.”

Ibi byo ubwabyo birashimangira ko nta kabuza hari impinduka zigomba kuzaba muri Guverinoma kugira ngo iterambere ry’igihugu n’abaturage muri rusange ribashe kubageraho nkuko baba barabyemerewe.

Ikindi kandi mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na RBA mbere gato y’amatora, yavuze ko ataranyurwa n’imikorere y’abayobozi bo mu nzego bwite za leta aho rimwe na rimwe hari imyitwarire yabo ijya imutera uburakari.

Yagize ati “Hari ikintu ntarumva neza. Mwicaye n’abantu mwaganiriye, mwavuze dukore iki, gushaka umuti w’iki kibazo. Mwanabiganiriye mwese murasa n’ababyumvikanaho. Ndetse bimwe byabavuyemo baravuga ngo dukore dutya kandi kubera impamvu, kubera ko babyumva.

Hashira amezi atatu cyangwa atandatu, hari ubwo nsubira inyuma gushaka kumenya aho tugeze ukabaza ba bandi mwari kumwe ukagira ngo ntiyari ahari, ukabona arabyibutse ati harya! N’undi nawe akabaza undi ati harya ugasanga ati naribagiwe cyangwa se narabikoraga ngezaho mpura n’ikibazo arangije aricecekera ntiyanavuga.”

Ubu aba bibagirwa umutima wabo uratuje? Si aha gusa kandi Kagame yaciye amarenga y’uko hari abayobozi batuzuza inshingano zabo kuko ejo bundi aha muri Youth Connekt mu kiganiro yari ahuriyemo na Jack Ma, yateye urwenya avuga ko hari ubwo ajya atekereza kuba nka Minisiteri runaka yajya mu maboko y’abikorera ku giti cyabo kuko abona ba Minisitiri baziyobora batubahiriza inshingano zabo uko bikwiye.

-7675.jpg

Abagize Guverinoma icyuye igihe

2017-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Editorial 17 Oct 2017
Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu  bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Editorial 22 Sep 2017
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Editorial 24 Feb 2025
Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Editorial 17 Jan 2017
Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Editorial 17 Oct 2017
Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu  bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Editorial 22 Sep 2017
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Editorial 24 Feb 2025
Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Editorial 17 Jan 2017
Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Editorial 17 Oct 2017
Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu  bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Editorial 22 Sep 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru