• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR

Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR

Ubwanditsi 19 Oct 2017 Mu Rwanda

Itorero Zion Temple Celebration Centre rurinubira inyandiko iri kunyuzwa ku mbuga nkoranyambaga igaragara ko yanditswe n’umuyobozi mukuru wa Zion Temple Celebration Centre ku isi.Apostle Paul Gitwaza.

Muri iyi baruwa harimo ubutumwa bwandikiwe umunyamabanga mukuru w’umuryango FPR bwanditswe na Apotre Paul Gitwaza bumusaba kurwanya aba Bishops batandukanye barimo Bishop Djessa Okitambo,Bishop Dieudonne Vuningoma,Bishop Pierre Kaberuka,Richald Muya ,na Bishop Theodore Safari bose batakibarizwa muri iri torero.

-8423.jpg

-8420.jpg

Ngiyi inyandiko ifatwa nk’igihuha n’ubuyobozi bwa Zion Temple

Iyi nyandiko kandi irimo ugushimira ku Muyobozi wa Zion Temple Celebration Centre ashimira cyane FPR ngo kuba yaramutabaye igahararana nawe mu kuva mu bibazo bitandukanye ngo n’ibirego yari ashinjwa mu minsi ishize,ibi byose iri torero ryabiteye utwatsi rivuga ko ntaho bahuriye nabyo kandi ko bo ntaho bahurira n’imitwe ya politiki n’amashyaka.Bakomeza bavuga ko itorero ndetse na minisiteri rishamikiyeho ari umuryanyo ushingiye ku idini bityo ko ntaho bahuriye n’ibyanditswe muri iyi baruwa ,ibaruwa banavuga ko ari mpimbano bishingiye ku mpamvu zikurikira:

-249.png

-248.png

1. Cachet yashyizwe kuri uru rwandiko ni mpimbano, higanwe iya AWM/ZTCC nyamara siyo neza iyo ubyitegereje,

2. Uru rwandiko ntirugira Reference number nkuko andi mabaruwa asohoka mu muryango wa AWM/ZTCC asanzwe agira reference number.

3. Hakoreshejwe headed paper yahinduwe mu mwaka w’i 2015, ndetse urebye neza ku mpera z’urupapuro ahagaragara Arrêté Ministeriel yo 2002 mu gihe iyakoreshwaga muri icyo gihe yari Arrêté Ministeriel yo mu 2014,

4. Ugereranije n’amataliki uru rwandiko rwandikiweho(2), Apostle Dr. Paul Gitwaza yari ari mu Rwanda aho yari ayoboye igiterane cyiswe IGITONDO CY’UMUZUKO kuva kuwa 24 kugeza kuwa 29/04/2016. Ikigaragara nuko hakoreshejwe electronic signature ya Apostle Dr. Paul GITWAZA (ishobora gufotorwa aho ariho hose ku nzandiko yasinye) mu gihe muri ayo ma taliki yari ari mu Rwanda aho yagombaga kurushyiraho umukono,

5. Ku bamenyereye amabaruwa ashyirwaho umukono na Apostle Dr. Paul GITWAZA bazi uburyo atinda ku myandikire mu buryo twemeza ko atari umwimerere w’urwandiko rwashizweho umukono cyangwa rwanditswe nawe. Ingero ni nyinshi, dutanze rumwe; aho uwarwanditse yagaragaye nk’uwutandikira ikigo(institution) aho agira ati:”Ndabizeza cyaneeee…” ( igika cya 5),

6. Umwanditsi warwo yanditse avuga ko Apostle yasabaga ko bamwirukanira abo yise aba kongomani (igika cya 2) nyamara kuri liste yagaragaje aba kongomani 2 n’abanyarwanda 3. Mu bashyizwe kuri liste haragaragaraho Bishop Safari Théodore nyamara aracyari muri Zion Temple Celebration Center,

7. Authentic Word Ministries/Zion Temple Celebration Center ntiragaragara na rimwe mu irondabwoko nkuko hagaragazwa ko ikibazo ari abakomongomani. AWM/ZTCC ni umuryango mpuzamahanga mu buryo ubarizwamo amoko n’abenegihugu b’ibihugu bitandukanye (multicultural organisation),

8. Uru rwandiko rwandikwa nta makimbirane yari bwagaragare muri AWM/ZTCC mu buryo hari bwandikwe ibaruwa yo kwikiza aba Bishops bagaragara ku ibaruwa. Ahubwo ni mu gihe aribo bari abayobozi bungirije ba Apostle Dr. Paul GITWAZA,

9. Hambere hari ababanje gukwirakwiza ibinyoma by’uko Apostle akorana n’imitwe nka RNC na FDLR, none ubu birahindutse ngo akorana n’ishyaka FPR,

10. Mu rwandiko hagaragayemo amazina ya Pastor Jean Paul Ngenzi na Christian Ibambasi nk’abantu bagombaga gukurikirana dossier. Aba bombi muri icyo gihe nta rwego rw’ubuyobozi bari bafite muri Authentic Word Ministries ku buryo bari bafite ububasha bwo gukurikirana dossier z’ubuyobozi za AWM/ZTCC,

11. Umuryango AWM/ZTCC ni umuryango ushingiye ku idini ukorera ku butaka bw’u Rwanda kubw’uburenganzira Leta y’u Rwanda yabuhaye binyuze mu kigo cy’imiyoborere mu Rwanda, Rwanda Governance Board. Ni umuryango utemerewe no gukorana n’amashyaka cyangwa imitwe ya politike (organisation apolitique). AWM/ZTCC ntifite ububasha bwo kwandikirana cyangwa gukorana n’ amashyaka cyangwa imitwe ya politike.

-8422.jpg

Itangazo rigenewe abanyamakuru

Umuvugizi wa Zion Temple Bwana Floribert mu itangazo yageneye abanyamakuru yavuze ko abanyamauryango ba Zion Temple na Authentic Word Ministries ndetse n’inshuti zabo bakwiye kwima agaciro ibi byavuzwe haruguru.Iri torero si ubwa mbere haje amakuru y’ibihuha kuko hari n’andi makuru yarishinjaga gukorana na FDRL n’indi mitwe irwanya Leta nkuko n’Umuvugiz waryo yabigarutseho.

2017-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Ubwanditsi 22 Dec 2021
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Ubwanditsi 29 Apr 2021
FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2025
Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Ubwanditsi 07 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO:  Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS
Amakuru

AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

Ubwanditsi 19 Oct 2022
Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi
Mu Mahanga

Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Ubwanditsi 10 May 2016
Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo
IMIKINO

Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 06 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru