• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba

FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba

Administrator 29 Jan 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, yatangaje ko ubufatanye buri hagati y’iri huriro n’u Rwanda butagamije gufashanya mu ntambara, ahubwo bushingiye ku kurinda umutekano w’abaturage n’inyungu rusange z’ibihugu bihuriye ku mipaka, cyane cyane mu guhangana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR umaze imyaka myinshi uhungabanya umutekano w’akarere k’Ibiyaga Bigari.

Ibi Nangaa yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Goma, aho yasobanuye ko gukorana n’igihugu gihana imbibi na Congo bitandukanye no kugiha ubufasha bwa gisirikare.
Yagize ati:
“Ese gukorana bivuze gufasha? Oya. Dukorana n’u Rwanda, ariko tunakorana na Uganda. Dufite ikibazo gihuriweho cy’umutekano, cyane cyane ku mutwe wa FDLR ukomeje guhungabanya akarere.”

Nangaa yavuze ko FDLR ari umutwe ufite intego yo guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda, kandi ukomeje no kwica abaturage muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ati:
“FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke. Gusenya uwo mutwe bireba Congo, bireba u Rwanda natwe bikatureba.”
Yavuze kandi ko kuva AFC/M23 yafata Umujyi wa Goma, abarwanyi ba FDLR benshi bafashwe bagashyikirizwa inzego zibishinzwe, ibyo bikaba bigaragaza ubufatanye mu gucunga umutekano w’akarere.

Ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibice igenzurwa na AFC/M23, ubucuruzi n’ingendo byakomeje nk’ibisanzwe, aho abantu barenga ibihumbi 40 bambuka imipaka buri munsi binyuze kuri Grande Barrière, Petite Barrière, Rusizi na Bugarama.
Nangaa yavuze ko ibi bisaba ubufatanye mu by’umutekano ku mpande zombi, kuko hari abakozi b’inzego z’abinjira n’abasohoka ku ruhande rw’u Rwanda n’abo ku ruhande rwa AFC/M23 bagomba gukorana.

Mu cyumweru gishize, Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yatangarije abadepite bo muri Washington D.C. ko u Rwanda rukorana na AFC/M23 mu rwego rw’umutekano.
Yasobanuye ko impamvu nyamukuru ari ukurinda Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwibasirwa n’imitwe irimo FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na FARDC.

Ambasaderi Mukantabana yagize ati:
“U Rwanda rukorana na AFC/M23 kubera impamvu z’umutekano. Ibi tubivuga mu mucyo kugira ngo hubakwe icyizere.”
Aya magambo yahise atuma bamwe mu bayobozi ba Leta ya Congo, u Burundi n’itangazamakuru mpuzamahanga batangaza ko u Rwanda rwemeye ku mugaragaro gufasha AFC/M23, ibintu u Rwanda rwakomeje guhakana kenshi mu bihe byashize.
Mu mwaka ushize, AFC/M23 yafashe Umujyi wa Goma nyuma y’imirwano ikomeye yari ihanganyemo n’ingabo za RDC, iz’igihugu cya Afurika y’Epfo, Tanzania, Malawi, MONUSCO ndetse n’imitwe ya Wazalendo. Nyuma y’ibyumweru bike, yafashe n’Umujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ibi birego n’ibisobanuro bigaragaza ko ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo kidashobora gusobanurwa mu buryo bworoshye, kuko gifitanye isano n’amateka maremare y’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.

FDLR igizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba imaze imyaka irenga 30 ikorera ku butaka bwa Congo, aho yakomeje kwica abaturage, gufata abagore ku ngufu, gusahura no guhungabanya umutekano w’akarere.
Kuba uyu mutwe ukomeje kubaho ni imwe mu mpamvu nyamukuru zituma umutekano w’u Rwanda, uwa Congo n’uw’akarere kose uhora mu kaga.
Impuguke mu by’umutekano zigaragaza ko igihe cyose FDLR ikiriho kandi igafatanya n’imitwe imwe ishyigikiwe n’inzego za Leta ya Congo, amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC azakomeza kuba inzozi.

Ni muri urwo rwego AFC/M23 ivuga ko ubufatanye n’ibihugu bihana imbibi na Congo butagamije politiki y’intambara, ahubwo bugamije kurinda abaturage, ubucuruzi n’umutekano w’akarere, mu gihe igisubizo kirambye cy’iki kibazo kigomba kuboneka binyuze mu gukuraho burundu imitwe y’iterabwoba nka FDLR.

2026-01-29
Administrator

IZINDI NKURU

AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

Editorial 22 Dec 2022
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021
Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Editorial 18 Oct 2016
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Editorial 13 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports
Amakuru

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Editorial 26 Feb 2024
Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame
POLITIKI

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Editorial 25 Sep 2016
Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi
Mu Mahanga

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Editorial 01 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru