• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Editorial 16 Dec 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuva muri 2023, abayobozi b’Uburundi bagiranye amasezerano na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo yo koherezayo ingabo mu kurwanya umutwe wa M23, akaba amasezerano ataravuzweho rumwe, aho bivugwa ko perezida Ndayishimiye ahabwa arenga ibihumbi bitanu by’amadorari kuri buri musirikare woherejweyo.

Si amafranga arya wenyine, kuko n’umugaba wingabo z’Uburundi Prime Niyongabo, nawe yahawe isoko ryo kuvura abasirikare bakomerekeye ku rugamba, aho boherezwa mu bitaro bye bwite, aho kujyanwa ku bitaro bya gisirikare bya Kamenge nkuko bisanzwe nkuko tubikesha ikinyamakuru Sarambwe.com.

Amakuru Rushyashya yamenye, Centre Medico-Chirurgical de Kinindo (CMCK), bikaba aribyo bitaro bya Prime Niyongabo, nibyo byakira abakomerekeye ku rugamba, amafaranga ubusanzwe yahabwaga ibitaro bya gisirikare, akisanga mu mufuka wa Niyongabo, dore ko nibyo bitaro binacungwa bya hafi ni umugore we.

Umwe mu basesenguzi ba politike muri aka karere waganiriye na Rushyashya, ahamya ko uku gushakira amafaranga mu basirikare b’Abarundi haba abazima cyangwa inkomere, biri mu bituma intambara muri Kongo itarangira, aho batsinda babona amafaranga, ariko nanone banatsindwa bakigwizaho andi biciye mu nkomere.

Ibi byose byo kwigwizaho amafaranga binyuze mu gushora abasirikare b’Abarundi mu ntambara itari ngombwa muri Kongo, biri kuba mu gihe Uburundi bwongeye kugarizwa n’ikibazo kibura by’ibitoro ndetse n’amadevize muri rusange, tutibagiwe nibindi byemezo byagiye bifatwa ngo bashimishe ubahemba Tshisekedi birimo nko gufunga umupaka ubuhuza n’u Rwanda, bikomeje gukenesha no kubeshaho nabi abarundi.

2025-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Editorial 12 Dec 2020
Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Editorial 18 Dec 2024
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Editorial 06 Aug 2020
Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Editorial 02 May 2019

Igitekerezo kimwe

  1. TzwSVsOw
    December 28, 20257:01 pm -

    1

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru