• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Editorial 01 Apr 2018 Mu Mahanga

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Amnesty International) watangaje ko guha ibihugu byo ku mugabane wa Afurika abimukira bazaturuka muri Israel, bitubahirije amategeko mpuzamaganga.

Amnesty yabitangaje ibi mu gihe urukiko rw’ikirenga rwo muri Israel rurimo gusuzuma icyemezo cyo kohereza impunzi z’Abanyafurika basaga ibihumbi 40, byari bitegenyijwe ko gitangira kuri uyu wa 1 Mata 2018.

Nk’uko tubikesha inkuru ya The Eastafrican, itangazo rya Amnesty International rigira riti “Amasezerano hagati ya Israel n’ibihugu bya Afurika anyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, nkuko bitemewe kwimura impunzi zitabyishyakiye. Ntibyemewe kwimurira umuntu ahantu ashobora guhura n’ibibazo birimo gucirwa urubanza cyangwa ahantu ashobora guhungabanyirizwa uburenganzira cyangwa aho atarindwa nyuma yo koherezwa.”

U Rwanda na Uganda ni bimwe mu bihugu byakunze kuvugwa ko bishobora kwakira abo bimukira ariko bikabihakana.

By’umwihariko, mu ntangiriro z’uyu mwaka, u Rwanda rwemeje ko nta gahunda ifatika ihari yo kubakira kuko nta masezerano ayo ari yo yose cyangwa ibiganiro impande zombi zirimo kugirana kuri iyi ngingo.

Ku ruhande rwa Uganda na yo bivugwa ko izakira abimukira bazirukanwa na Israel, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Henry Okello Oryem, yabwiye Reuters ko nta masezerano iki gihugu gifitanye na Israel yerekeye icyo gikorwa.

Umuyobozi muri Amnesty ushinzwe ishami ry’ubuvugizi n’ubushakashatsi mu Burengerazuba bwo hagati, Philip Luther, avuga ko kurekera abimukira muri Israel cyangwa kubimurira mu kindi gihugu kitagaragaza uko bazafashwa bishobora kubangamira uburenganzira bwabo.

Yagize “Iyo Politiki yashyira impunzi mu kaga gakomeye kuko bashobora kuzasubizwa mu bihugu baturutsemo.”

Amnesty n’indi miryango irengera impunzi iri gushyira igitutu kuri Guverinoma ya Israel iyisaba gukomeza gucumbikira izo mpunzi ariko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko Abanyafurika bagiye koherezwa mu bihugu bibashaka atari ubuhungiro bakayo.

Gusa mu cyumweru gishize, impunzi zirenga 25,000 zituruka muri Sudani na Eritrea zakoze imyigaragambyo zamagana icyemezo cyo gukurwa muri Israel.

Amnesty International ivuga ko Israel yateganyije gushishikariza impunzi koherezwa muri Afurika, izemeye zigategerwa indege ndetse zigahabwa amadolari 3,500 ariko impunzi zikagaragaza impungenge ko zishobora gufungwa cyangwa zikimwa uburenganzira n’ibindi bigenerwa impunzi birimo kurindwa.

2018-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Editorial 12 Jun 2019
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Editorial 21 May 2025
Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Editorial 17 May 2016
U Bufaransa: Umunyarwanda mu Mujyi wa Nantes agiye gushyikirizwa urukiko ashinjwa gutuka abashinzwe umutekano

U Bufaransa: Umunyarwanda mu Mujyi wa Nantes agiye gushyikirizwa urukiko ashinjwa gutuka abashinzwe umutekano

Editorial 24 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi barindwi batawe muri yombi
ITOHOZA

Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Editorial 27 Apr 2017
Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose  bagatsinda umukino wa mbere
IMIKINO

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose bagatsinda umukino wa mbere

Editorial 14 Jan 2016
CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.
Amakuru

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Editorial 22 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru