• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Ubwanditsi 12 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abahanga mu gukemura amakimbirane bavuga ko udashobora kubona igisubizo utazi neza inkomoko n’ imiterere yacyo.

Abasesenguzi b’intambara nabo bungamo, bakemeza ko gutsinda umwanzi bibanzirizwa no kumva neza uwo ariwe n’icyateje iyo ntambara.

Ibyo utabizi, hama hamwe ukubitwe n’inkuba itagira amazi.

Iyo urebye imiterere y’intambara ica ibintu cyane cyane mu burasirazuba bwa Kongo, wibaza niba abategetsi b’icyo gihugu bazi, cyangwa bashaka kumva neza ko ikibazo cyabo gifite imizi mu miyoborere mibi ya Kongo, uko ingoma zagiye zisimburana. Ngiyi intandaro ya mbere yo kunanirwa kwikura ahakomeye.

Mu buswa bukabije, abategetsi ba Kinshasa banze kwemera ko umutwe wa M23 ugizwe n’Abakongomani barambiwe imiyoborere idahwitse, itagishobora kwihanganirwa.
Kuba iyo leta itumva cyangwa yirengagiza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo ubwabo, byatumye itabasha kugishakira umuti, ahubwo ihitamo kukigereka ku mahanga kandi ariyo yakayifashije kugikemura.

Kubera ko abaturage batotezwa biganjemo abavuga ikinyarwanda, leta ya Kongo yumva byoroshye kuvuga ko ingorane zayo ziterwa n’u Rwanda.

Nyamara burya ntushobora guhisha ukuri abantu bose n’igihe cyose. Iki kinyoma cyanze gufata, kugeza ubwo umuryango mpuzamahanga ugaragarije Perezida Tshisekedi ko ikibazo cya leta ye na M23 kidashobora gukemurwa n’intambara, ko ahubwo umuti urambye wava mu biganiro hagati y’abahanganye ku rugamba.

Kubera ubushishozi hafi ya ntabwo,Tshisekedi yananiwe kwakira uku kuri, ngo anywe uyu muti ushobora kuba usharira, ariko wavura ikimungu Kongo imaranye igihe. Nguko uko yafashe n’ibindi bihugu byose byo mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba (uretse u Burundi) abyongera ku Rwanda, maze urutonde rw’abo Tshisekedi yita “abanzi” rurushaho kuba rurerure. Ingabo uwo muryango wari wohereje kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa Kongo ziswe”ibyitso by’u Rwanda na M23″, zihambirizwa igitaraganya, maze zisimbuzwa iza SADC zo zifatwa nk’inkoramutima za Kongo-Kinshasa.

Nk’aho umubare w’abanzi Tshisekedi ashaka utaruzura, ubu ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Ubwongereza, Ubufaransa n’Umuryango w”Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, noneho nibyo bigezweho!

Birazira kuba byareruriye Tshisekedi, ko nta yandi mahitamo afite uretse gushyikirana na M23. Magingo aya ibintu byadogereye mu mijyi hafi ya yose muri Kongo, cyane cyane mu murwa mukuru Kinshasa, aho imodoka, amazu, ambasade z’ibyo bihugu, birimo gutwikwa, umuntu wese ukekwa ko yaba abikomokamo akaba ari mu y’abagabo, yitwa”icyitso cy’uRwanda na M23″.

Ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, nazo ntizirebwa neza n’ubwo ntako zitagize ngo zihohore ku butegetsi. Zageze n’aho zivanga mu mirwano, zimisha ibisasu ku birindiro bya M23, nyamara Ntamunoza Tshisekedi ntibyamubujije gushumuriza abaturage MONUSCO, izira ko yananiwe gutsinsura abarwanyi kabuhahriwe ba M23.

Abakurikiranira hafi intambara ya Kongo bose bamaze kugaragaza ko ibiganiro ariyo nzira rukumbi yo guhagarika ubushyamirane buhitana abantu batabarika, abandi bagata ibyabo, imitungo igatikira. Kubyirengagiza bisaba ubwiyahuzi nk’ubwa Tshisekedi, nyamara binaboneka ko nta mbaraga za gisirikari yifitiye. Abamushuka ngo bazamurwanirira nabo ni amaco yo kwisahurira, kuko nk’uko byumvikana, nta munyamahanga watega agatwe ngo aramenera Abanyekongo amaraso, kubera ibibazo banze kwikemurira.

Imivuno yose Tshisekedi yagerageje yaramupfubanye. Burya rero koko ngo ntawe unanira umushuka.Tshisekedi nawe yumvira abamuroha, akananira abamuhana.

Ikindi ngo”usenya urwe umutiza umuhoro”. Ubwo twateguraga iyi nkuru umudepite w’Umufaransa wo mu ishyaka”La France Insoumise”(rihanganye n’iriri ku butegetsi aho mu Bufaransa) yahamagariraga Abanyekongo gukaza umurego muri ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Uretse ko twanamenye ko Depite anafite inkoko muri Kongo, mu by’ukuri ninde ufite igihombo mu kwiteranya n’isi yose uretse Abakongomani?

Kutamenya ko umwanzi we nyakuri ari imyumvire ye iciriritse, ahubwo abamugira inama nzima akaba ari bo yita abanzi, nta handi bimuganisha uretse ku gutsindwa ruhenu, kandi kwa vuba cyane.

2024-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Ubwanditsi 30 Jul 2021
Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho
Amakuru

Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho

Ubwanditsi 09 Mar 2021
UBUSESENGUZI: Mpaga ya Libya yemejwe na CAF isobanuye iki k’u Rwanda mu kujya muri CAN 2025?
Amakuru

UBUSESENGUZI: Mpaga ya Libya yemejwe na CAF isobanuye iki k’u Rwanda mu kujya muri CAN 2025?

Ubwanditsi 29 Oct 2024
Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa
UBUKUNGU

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru