• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abaturage ba Rusheshe barashima serivisi nziza bahabwa na Polisi

Abaturage ba Rusheshe barashima serivisi nziza bahabwa na Polisi

Ubwanditsi 04 Mar 2016 Amakuru

​Abaturage batuye Rusheshe, mu Murenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro bishimiye serivisi nziza bahawe n’imodoka ya Polisi ishinzwe kwakira no gukemura ibibazo by’abaturage ibasanze hafi y’aho batuye (Police Station Mobile Van), aho bakanguriwe akamaro ko gukumira ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kwirinda ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu ndetse n’ibindi byaha muri rusange.

SP Modetse Mbabazi yasabye aba baturage gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha kugeza aho ubushobozi bwabo bugarukira cyangwa bagasaba inzego zibishinzwe kubagoboka. Aha abaturage banaboneyeho kugeza kuri polisi ibibazo byabo n’ibyifuzo.

SP Mbabazi yagize ati”Abanyarwanda ubu basigaye bazi akamaro ko gufatanya n’inzego z’umutekano mu gukumira ibyaha no gutangira amakuru ku gihe, ibi bifasha cyane izo inzego kandi mugomba gukomerezaho ntimugacike intege.”

SP Modeste yabakanguriye kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge kuko ari byo nyirabayazana y’ibyaha bitandukanye, yanabonye n’umwanya wo kubabwira bimwe mu biyobyabwenge bikunze gukoreshwa harimo nk’urumogi, kanyanga, inzoga z’inkorano zizwi ku mazina ya muriture, ibikwangari n’ibindi.

Yagize ati” ingaruka zo gukoresha ibiyobyabwenge ntabwo zikora ku babinywa gusa, zigera no ku muryango nyarwanda muri rusange, niyo mpamvu tubasaba kugira umuhate mu kubirwanya mwivuye inyuma duhereye ku rubyiruko kuko arirwo rubikoresha cyane”

SP Mbabazi avuga ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko ariyo soko y’ubujura n’ihohotera, yongera abasaba ko bagomba guhuriza imbaraga hamwe bagahashya ibi byaha bivuye imuzi. Yongeyeho ko bagomba kumenyesha inzego z’umutekano aho ibyo biyobyabwenge bikorerwa ndetse n’ababicuruza.

SP Mbabazi kandi yari aherekejwe na IP Angelique Mukamwezi wo mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nawe wasabye abaturage ba Rusheshe gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina batangira amakuru ku gihe kugira ngo abakora icyi cyaha bakurikiranwe ndetse bahanwe n’amategeko.

Nsabiyumva Damien, umuturage wa Rusheshe yashimye serivisi zitangwa n’imodoka ya Polisi yakira ibibazo by’abaturage asaba abaturage bagenzi be kuba abafatanyabikorwa beza ba Polisi mu gukumira ibyaha.

Mu bibazo byatanzwe n’abaturage Polisi yabijeje ko hagiye gukorwa iperereza, naho ibindi bigashyikirizwa inzego bireba.

RNP

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena

Ubwanditsi 16 Mar 2023
Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Ubwanditsi 18 Dec 2024
Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FIFA yageze mu Rwanda
IMIKINO

Perezida wa FIFA yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13
Amakuru

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Ubwanditsi 09 Mar 2024
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 17 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru