• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abaturage ba Rusheshe barashima serivisi nziza bahabwa na Polisi

Abaturage ba Rusheshe barashima serivisi nziza bahabwa na Polisi

Ubwanditsi 04 Mar 2016 Amakuru

​Abaturage batuye Rusheshe, mu Murenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro bishimiye serivisi nziza bahawe n’imodoka ya Polisi ishinzwe kwakira no gukemura ibibazo by’abaturage ibasanze hafi y’aho batuye (Police Station Mobile Van), aho bakanguriwe akamaro ko gukumira ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kwirinda ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu ndetse n’ibindi byaha muri rusange.

SP Modetse Mbabazi yasabye aba baturage gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha kugeza aho ubushobozi bwabo bugarukira cyangwa bagasaba inzego zibishinzwe kubagoboka. Aha abaturage banaboneyeho kugeza kuri polisi ibibazo byabo n’ibyifuzo.

SP Mbabazi yagize ati”Abanyarwanda ubu basigaye bazi akamaro ko gufatanya n’inzego z’umutekano mu gukumira ibyaha no gutangira amakuru ku gihe, ibi bifasha cyane izo inzego kandi mugomba gukomerezaho ntimugacike intege.”

SP Modeste yabakanguriye kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge kuko ari byo nyirabayazana y’ibyaha bitandukanye, yanabonye n’umwanya wo kubabwira bimwe mu biyobyabwenge bikunze gukoreshwa harimo nk’urumogi, kanyanga, inzoga z’inkorano zizwi ku mazina ya muriture, ibikwangari n’ibindi.

Yagize ati” ingaruka zo gukoresha ibiyobyabwenge ntabwo zikora ku babinywa gusa, zigera no ku muryango nyarwanda muri rusange, niyo mpamvu tubasaba kugira umuhate mu kubirwanya mwivuye inyuma duhereye ku rubyiruko kuko arirwo rubikoresha cyane”

SP Mbabazi avuga ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko ariyo soko y’ubujura n’ihohotera, yongera abasaba ko bagomba guhuriza imbaraga hamwe bagahashya ibi byaha bivuye imuzi. Yongeyeho ko bagomba kumenyesha inzego z’umutekano aho ibyo biyobyabwenge bikorerwa ndetse n’ababicuruza.

SP Mbabazi kandi yari aherekejwe na IP Angelique Mukamwezi wo mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nawe wasabye abaturage ba Rusheshe gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina batangira amakuru ku gihe kugira ngo abakora icyi cyaha bakurikiranwe ndetse bahanwe n’amategeko.

Nsabiyumva Damien, umuturage wa Rusheshe yashimye serivisi zitangwa n’imodoka ya Polisi yakira ibibazo by’abaturage asaba abaturage bagenzi be kuba abafatanyabikorwa beza ba Polisi mu gukumira ibyaha.

Mu bibazo byatanzwe n’abaturage Polisi yabijeje ko hagiye gukorwa iperereza, naho ibindi bigashyikirizwa inzego bireba.

RNP

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ubwanditsi 03 Nov 2022
Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Ubwanditsi 09 Feb 2022
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ubwanditsi 05 Mar 2021
Turaburira umukobwa wa Rashid uri hagati y’ibirura bibiri, Nahimana na Ntwali Williams

Turaburira umukobwa wa Rashid uri hagati y’ibirura bibiri, Nahimana na Ntwali Williams

Ubwanditsi 07 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027
Amakuru

Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027

RUSHYASHYA 20 May 2026
Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania
Amakuru

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago
Amakuru

Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago

Ubwanditsi 08 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru