• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2

Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2

Editorial 03 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Moses Nakintije Ssekibogo ni amazina yiswe n’ababyeyi bamwibarutse, naho ku mazina yiyise ari nayo yamenyekanyeho cyane kuva yatangira ibikorwa bifite aho bihuriye n’umuziki ni Mowzey Radio, ni umugande, yabonye izuba tariki 25 Mutarama 1985, akaba yitabye Imana tariki ya 1 Gashyantare 2018.

Radio yinjiye mu muziki akora wenyine mbere yo guhuza imbaraga n’umuvandimwe wa Dr Jose Chameleone, ari we  Douglas Sseguya uzwi nka Weasel Manizo, mu ndirimbo yakoze wenyine twavuga nka “Tuja Kuba Wamu” mu mwaka wa 2004 ubwo yigaga muri kaminuza ya Makerere mu bijyanye na Social Sciences mbere y’uko ayoboka inzu itunganya umuziki ya ‘The Leone Island Music Empire muri 2005’.

Muri 2005 yakoraga nk’umwikirizi (backup singer) wa  Chameleone aho yabifatanyaga na mugenzi we Weasel baririmbanaga kugeza ubu.

Bakoranaga bya hafi na Dr.Chameleone

Jennifer na Sweety Lady ni indirimbo yashyize Radio ku rundi rwego kuko zakiriwe neza mu matwi y’abafana be impande n’impande kugeza ubwo mu Kwakira 2007 ubwo Chameleone yamujyanaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa nk’ibisanzwe yabaga ari kumwe na Weasel kuko bafashaga Chameleone ku rubyiniro.

Mbere yo kugaruka muri Uganda habayeho kutumvikana hagati yabo na Chameleone ku masezerano y’imikoranire bahera ko bamwigumuraho batangiza ikitwa “Goodlyfe Crew” yaje no gukundwa kub uryo bwabatunguye ku ndirimbo yabo “Nakutadata” ntibatindiganyije bahise bayikurikiza indi bise “Ngamba”.

Radio mu mwaka wa 2005, ubwo yigaga muri Kaminuza ya Makerere yamenyanye n’umukobwa w’umunyarwanda, Mbabazi Lilian. Kimwe mu bintu byatumye umubano wabo ukomera ni uko bose bahise bayoboka umuziki nyuma yo kuba bari basanzwe bigana mu ishuri rimwe bakomeje no kubonana cyane mu kazi k’umuziki dore ko uyu Mbabazi yaririmbaga mu itsinda rya Blue3.

Nk’uko bitangazwa na Mbabazi Liliane ngo Radio avuka ku babyeyi badahuje ubwenegihugu kuko ngo se umubyara avuka i Burundi naho nyina avuka muri Uganda akaba ari naho uyu Radio yakuriye kugeza itariki ya yashiriyemo umwuka.

 

Mbabazi Liliane, umunyarwandakazi wabyaranye na Radio

Tariki 1 Gashyantare 2018 ni bwo inkuru y’incamugongo yageze mu binyamakuru ko umuhanzi wari ukunzwe mu itsinda rya GoodLyfe Mowzey Radio yapfuye  nyuma yo gukubitirwa bikomeye akajyanwa mu bitaro bya Case Hospital ari naho yaguye.

Ubwo umurambo wa Radio wari ujyanwe mu kiliziya 

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Gashyantare 2018, kuri Paruwasi ya Rubaga, nibwo habereye amasengesho yo gusabira Radio, agashyingurwe ku wa Gatandatu tariki ya 3 Gashyantare iwabo mu cyaro ahitwa Kagga muri Nakawuka muri district ya Wakiso.

Goodlyfe ryari itsinda rimaze kwiyegurira imitima ya benshi

Radio and Weasel bari bagize itsinda GoodLyfe bakoze indirimbo nyinshi zakunzwe nka: “Ability”, “Akapapula”, “Bread and Butter”, “Hellenah” ft David Lutalo, Juice Juicy, Lwaki Onnumya, Magnetic, Tukikole Neera, Mr DJ, Mukama Talya Mandazi, Ngenda Maaso, Nyambula, Nyumbani, Obudde, Potential, Sitaani, Zuena, and “Neera” n’izindi nyinshi.

2018-02-03
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Editorial 31 Mar 2020
RDC: Barasaba ko Laurent Nkunda na Sultani Makenga bohererezwa Congo nk’uko byagenze kuri Col Tshibangu

RDC: Barasaba ko Laurent Nkunda na Sultani Makenga bohererezwa Congo nk’uko byagenze kuri Col Tshibangu

Editorial 08 Feb 2018
Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.

Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.

Editorial 09 Aug 2018
Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Editorial 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka
INKURU NYAMUKURU

Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Editorial 18 Nov 2019
Aloys Ntiwiragabo ari mu bantu bahinduye Rouen indiri y’Interahamwe, Ingabire Victoire niho yaherewe amabwiriza ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009
INKURU NYAMUKURU

Aloys Ntiwiragabo ari mu bantu bahinduye Rouen indiri y’Interahamwe, Ingabire Victoire niho yaherewe amabwiriza ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Editorial 28 Jul 2020
Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 29 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru