• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Editorial 09 Oct 2017 Mu Mahanga

Donald Trump yongeye kugaragaza ko ibiganiro n’igihugu cya Koreya ya Ruguru nta kizavamo ariko ko we azi ikizakemura ibibazo by’iki gihugu.

N’ubwo Donald Trump perezida wa Amerika ateruye ku mugaragaro ngo avuge ko hari ibitero bitegurwa, amagambo yanditse kuri Twitter ye benshi bahamya ko nta kindi asobanuye uretse intambara irimo gutegurwa n’iki gihugu mu rwego rwo guhagarika Koreya ya Ruguru mu ikorwa ry’ibisasu kirimbuzi.

Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 7 Ukwakira 2017 ni bwo Donald Trump perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika abinyujije kuri Twitter yongeye gushimangira ko imishyikirano igihugu cye kirimo kugirana na Leta ya Koreya ya Ruguru ntacyo iteze kugeraho ibi akabishingira ku kuba mu myaka 25 yose ishize bagerageje kuganira n’iki gihugu ariko bikaba iby’ubusa.

Trump yagizea ati: “Abaperezida n’ubutegetsi bwabo bamye baganira na Koreya ya ruguru mu myaka 25 yo se ishize, bakagirana amasezerano, amafaranga atagira ingano yaratanzwe… gusa ibi byose ntacyo byagezeho, Koreya ya Ruguru yagiye iribata aya masezerano yose mu kanya nk’ako guhumbya. Mbiseguyeho, gusa hari ikintu kimwe cyonyine kizarangiza iki kibazo.”

Ubwo abanyamakuru bamubazaga icyo yashakaka kuvuga kizarangiza ikibazo cya Koreya ya ruguru, Trump yirinze kuvuga byinshi maze agira ati: “Muzakimenya mu minsi ya vuba cyane”.

Si ubwa mbere Trump yendereza Koreya ya Ruguru na perezida wa yo yahimbye akabyiniriro ka “Little Rocket man”abinyujije kuri Twitter iki gihugu kikaba gikomeje gucura ibisasu kirimbuzi ndetse n’ibyambukiranya imigabane.

-8276.jpg

Nyuma y’uko abwiye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru mu muryango w’abibumbye ko we ndetse na Perezida we batazamara igihe kirekire, ku wa Kane taliki ya 5 Ukwakira Trump yari yavuze ko Leta zunze ubumwe za Amerika zizakora ibyo zigomba gukora. Ibi abakurikirira hafi iki kibazo bakavuga ko bica amarenga y’intambara ishobora kwaduka hagati ya Amerika na Koreya ya Ruguru.

Trump yagize ati: “Ntidushobora kwemera ko umunyagitugu aza gutera ubwoba igihugu cyacu cyangwa incuti zacu arimo adukangisha kumena amaraso y’abantu. Tuzakora ibyo tugomba gukora kugirango ibi bitabaho kandi ndabizeza ko ibi bizakorwa igihe bizaba ari ngombwa.”

Aya magambo Donald Trump akaba yarayavugiye mu nama yari yahuje abasirikare bakuru b’igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika yabaye ku wa Kane. Akaba yarongeyeho ko Leta zamubanjirije zatsinzwe kuri iki kibazo ariko we ngo ntateze gutsindwa.

2017-10-09
Editorial

IZINDI NKURU

Dr. Agnes Binagwaho yabonye akazi yishimiye Rwinkwavu

Dr. Agnes Binagwaho yabonye akazi yishimiye Rwinkwavu

Editorial 19 Sep 2016
Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Editorial 24 Aug 2021
U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Editorial 10 Oct 2021
Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Editorial 08 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi
ITOHOZA

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Editorial 07 Jan 2019
Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA
Mu Rwanda

Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Editorial 29 Mar 2018
Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho
Amakuru

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Editorial 31 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru