• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ese abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Ese abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Editorial 07 Feb 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’ubwicanyi bwa bereye i ndera abantu bakomeje kwibaza niba ari abacengezi baba bongoye gutera igihugu nkibyabaye hagati ya 1996- 97 mu ntara y’Amajyaruguru.

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ifunze abantu 13 bakurikiranweho kugira uruhare muri ubu bugizi bwanabi bwo gutemagura abaturage bo mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.

Abagizi ba nabi bateye ingo zitandukanye zo mu midugudu ine yo mu tugali dutatu, bakomeretsa abantu, ndetse n’abandi bahururaga, mu ijoro ryo kuri uyu wa 1 Gashyantare 2015.

Ikigaragara ni uko abo bagizi na nabi batari bagamije kwiba kuko aho bageze hose nta kintu bibye, nk’uko bitangazwa n’abaturage .

Bavuga ko abo bantu batemaga bakoresheje imihoro, abandi bagakoresha za ferabeto n’inyundo zihonda amabuye, bakabikubita abo muri izo ngo cyo kimwe n’abazaga baje gutabara.

Nyuma y’iri sanganya, polisi yahise ikora umukwabo w’abadafite ibyangombwa, ita muri yombi ababarirwa muri 38, ariko abakekwaho uruhare muri ibyo bikorwa ni 13, nk’uko Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Elias Mwesigye abitangaza.

-1991.jpg

ACP Elias Mwesigye

ACP Mwesigye avuga ko aba bagizi ba nabi bagerageje no gufata ku ngufu umukobwa, ariko bateshwa n’abashinzwe umutekano bataragera ku ngingo.

Akimana Rachel watemaguwe amaboko n’itako utuye mu Kagari ka Kibenga avuga ko mu masaha ya saa yine z’ijoro yari yicaye mu ruganiriro yumva abantu bakubise urugi barinjira bahita bamutemagura

“Uko nabibonye nabonye atari abajura, kuko abajura baba bagenzwa ahanini no kwiba ariko aba bo batemanaga gusa.”

Hagumakubaho Jean de Dieu utuye mu Mudugudu wa Buhoro we avuga ko yari agiye gutabara umuturanyi we wari watewe, ahageze bahita bamutemagura mu mutwe.

Uku ni ko yabibwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe, aho yari ari mu kigo nderabuzima cya Rubungo, ati “Twumvise induru turahurura, tugeze hanze tuhasanga abantu tugira ngo ni abo duhururanye, dusanga ahubwo tuguye mu gico cy’abo bagizi ba nabi, bahita bantemagura mu mutwe no ku maboko.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Rubungo, Mukamana Josiane, avuga ko bakiriye inkomere 9.

Babiri muri abo icyenda bidatinze boherejwe ku bitaro bya Kibagabaga kuko bari barembye, umwe baramuvura arataha, nk’uko Mukamana akomeza abitangaza.

Inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’ibanze, igipolisi n’igisirikari, babyutse bakoresha inama abaturage ku biro by’Umurenge wa Ndera ndetse no ku Mulindi, baganira kuri iki kibazo.

Ubuyobozi bushimangira ko usibye abakomerekejwe, nta muntu n’umwe wasize ubuzima muri icyo gitero.

Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Elias Mwesigye, yijeje abaturage ko Polisi igiye guhiga bukware abo bajura, aho yemeza ko intambara y’ibisambo atari yo yabananira.

Ntiyumva impamvu ibi biba kandi hari inzego zitandukanye zicunga umutekano zirimo abapolisi bakorera ku murenge, DASSO, inkeragutabara ndetse n’abandi bashinzwe amarondo, ati “twakozwe n’isoni.”

Hari abavuga ko abagabye icyo gitero ari ibisambo, ariko umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali, Brig. Gen. Denis Rutaha, ntabyumva kimwe na bo.

-1992.jpg

Brig. Gen. Denis Rutaha Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali na Minisitiri James Kabarebe

Yagize ati “Ibisambo ni ibitwara imitungo ariko aba bantu ukuntu nababonye, ntabwo ari imitungo bashaka gusa barashaka n’amaraso y’Abanyarwanda. Abantu badatinya kuvusha amaraso, n’uko mutabonye abantu batemwe, uretse ko ari Imana yatumye bariho bari kuba batakiriho. Mubite ibisambo mubite iki twe hari uko twababonye.”

Ni mu gihe abayobozi batandukanye bagaragaje ko insoresore zirirwa zinywa urumogi zinakina urusimbi muri uyu Murenge wa Ndera ari zo ziri inyuma y’iki kibazo.

-1989.jpg

-1988.jpg

-1987.jpg

Abaturage batemwe n’abagizi banabi

-1990.jpg

Abaturage bakoreshwa inama y’umutekano

2016-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Editorial 05 May 2018

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Editorial 30 Jul 2025
Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza  mu nkiko

Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza mu nkiko

Editorial 19 Jan 2016
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Editorial 23 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo
Mu Mahanga

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Editorial 25 Jan 2017
Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye
POLITIKI

Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye

Editorial 01 Nov 2018
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.
Amakuru

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Editorial 14 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru