• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hasenywe inzengero z’inzoga zitemewe zatahuwe mu karere ka Gatsibo

Hasenywe inzengero z’inzoga zitemewe zatahuwe mu karere ka Gatsibo

Editorial 06 Jul 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gatsibo yatahuye inzengero z’inzoga zitemewe mu Rwanda kuko zitujuje ubuziranenge; zahise zisenywa, ndetse n’inzoga zafashwe zirangizwa.

Mu gitondo cyo ku itariki 5 z’uku Kwezi ni bwo Polisi yatahuye izo nzengero mu kagari ka Gitura, ho mu murenge wa Rugarama.

Rumwe rwari urwa Mutabazi Alexandre wengaga iyitwa Inkumburwa . Bivugwa ko yavangaga umutobe w’imineke, isukari n’amazi.

Uyu yafatanywe amacupa 1 200 y’iyi nzoga . Mu nzu ye Polisi yahafatiye kandi amajerikani 13 yifashishaga mu kuyenga.

Polisi muri aka karere yafatanye kandi Uzamukunda Fidele amacupa 2 500 y’iyitwa Soma Usubire ikorwa mu ruvange rw’umutobe w’imineke, isukari, amasaka n’amazi.

Aba bombi bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore mu gihe iperereza rikomeje ngo bakorerwe ibisabwa mbere yo gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, , Inspector of Police (IP) Jean Bosco Dusabe yavuze ko iri fatwa riri muri gahunda y’imikwabu izakomeza ikaba izibanda ku bacuruza, abakora , abakwirakwiza n’abanywa ibiyobyabwenge n’ibindi binyobwa bitemewe; inzererezi bivugwa ko inyinshi zikora ubujura ndetse n’ibinyabiziga bikora nta byangombwa bijyanye n’ibyo bikora.

IP Dusabe agira ati:” Uretse aba bagabo babiri, twafashe n’abandi icyenda bakekwaho ubujura butandukanye kandi twafashe na moto umunani zafashwe nta bwishingizi zigira mu gihe n’abazitwaye nta mpushya zo gutwara bigiriraga.”

Philip Nzayire, ushinzwe kwemeza ubuziranenge mu kigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge(RSB) yagize ati:” Ibi binyobwa bishobora kugira ingaruka zitandukanye, haba ku mubiri no mu buzima bw’ababinywa.”

Yagize ati:” N’iyo baba bavuga ko ari ibikoresho by’umwimerere bakoresha, ntawe ukwiye kubyizera igihe bitarakorerwa isuzuma. Hamwe na hamwe, twanasanze ibyo bita iby’umwimerere aba atari nabyo.”

Nzayire yongeyeho ati:” Usanga ibyo bita umutobe w’ibitoki biba bidataze ku kigero cyemewe, ntibaba bafite uburyo bwo gusukura amazi kandi usanga bayavangamo ibindi bintu birimo amatafari cyangwa ibisigazwa by’isukari iva mu bisheke n’ibindi,..ni ibinyobwa bitera indwara ababinywa.”

Itegeko rigena imikoreshereze y’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu Rwanda mu ngingo yaryo ya 564 ivuga ko ikinyobwa cyose kirengeje mirongo ine na gatanu ku ijana bya alukoro cyangwa icyo ari cyo cyose kitujuje ubuziranenge bwo kunyobwa kizafatwa nk’ikiyobyabwenge.

Nzayire kandi ati:” Uburyo burimo gukoreshwa mu kubirwanya, harimo gukorana na Polisi y’u Rwanda n’inzego z’ibanze , kugirango turinde abaturage ibihombo biva mu mafaranga babishoramo cyangwa atangwa n’abivuza kandi bishobora no kubaviramo gutakaza ibyo bakoraga cyangwa bakabura ubuzima.

Asoza, Nzayire yagiriye inama abishora muri ubwo bucuruzi bugayitse, ko hari uburyo bwo kwibumbira mu makoperative , aho bashobora kubonera inkunga ya Leta, y’amafaranga n’ibitekerezo , bagashobora gukora ibinyobwa byemewe bifitiye akamaro bo ubwabo ndetse n’abanyarwanda muri rusange aho baba bari no muri gahunda ya Made in Rwanda nk’uko tubigirwamo inama n’ubuyobozi bw’igihugu.

Hagati aho, IP Dusabe yavuze ati:” Ibikorwa byo gufata abakekwaho ibyaha bitandukanye cyangwa ibindi binyuranyije n’amategeko cyangwa se bihungabanya ituze ry’abaturage bizakomeza. Icyiza ni uko byifujwe kandi bikagirwamo uruhare n’abaturage bo baduha amakuru adufasha kugirango bigende neza.”

Ubwanditsi

2017-07-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Editorial 01 Jun 2021
Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Editorial 19 Aug 2016
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Editorial 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%
Mu Rwanda

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Editorial 07 Aug 2017
Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira
Mu Rwanda

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Editorial 21 Jul 2017
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango
Mu Rwanda

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Editorial 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru