• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Huye : Hasobanuwe iby’Urupfu rwa Ntaganda wakoreraga Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage

Huye : Hasobanuwe iby’Urupfu rwa Ntaganda wakoreraga Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage

Editorial 09 Feb 2017 ITOHOZA

Umurambo wa Ntaganda Jean Pierre wakoraga mu Ngoro y’imibereho y’Abanyarwanda i Huye, wasanzwe mu ishyamba ry’iyi ngoro mu Karere ka Huye.

Ubuyobozi bw’Ingoro ndangamurage z’u Rwanda, buvuga ko Ntaganda Jean Pierre wari Umukozi wabwo bagasanga yapfuye, ngo yari asanzwe agaragaza ibimenyetso byo guhinduka mu kazi, aho hari igihe cyageraga akigunga.

Mu kiganiro Kayonga Gabriel uyobora ishami rishinzwe Imicungire y’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru yavuze ko iperereza rikomeje ku cyateye urupfu rw’uyu mukozi.

Yagize ati “Ntaganda yari umukozi muri ba bandi bongererwa amasezerano ya buri mwaka, ku bijyanye n’urupfu rwe kugeza ubu kuvuga ko yishwe sinabihamya gusa biri mu bako ya Polisi, twamusanze mu ishyamba rya Huye yapfuye, twamubuze ku mugoroba wo ku wa mbere, nyuma yaho umugore we aje ku wa kabiri avuga ko umugabo we atatashye, natwe twahise tubwira Polisi batangira gushakisha.”

“Bashakishije mu mashyamba basanga yapfuye, mu byagaragaye ni uko nta kimenyetso yari afite ko yishwe, ibyo bahasanze ni ibikoresho by’umuti ashobora kuba yaranyweye, hari umuti wica imungu kandi n’agacupa karimo ubusa, hari kandi n’akantu wari urimo, nta gikomere na kimwe yari afite.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko uyu mukozi yari amaze iminsi ngo agaragaza ibimenyetso byo kwigunga, no guhinduka mu mibereho ye mu kazi.

Yunzemo ati “Ntaganda Jean Pierre yari amaze iminsi arwaye kuko yari avuye n’i Ndera, ni yo mpamvu twaketse ko binashoboka ko yakwiyambura ubuzima, yari amazeyo iminsi (i Ndera). Uburyo yari amaze iminsi ni uko byagaragara ko atishimye mu kazi, yari umukozi mwiza ariko wabonaga buri munsi agenda ahinduka, arwara ibifu, mu mutwe n’ibindi.”

Kayonga avuga ko Ntaganda yari umukozi muri iki kigo kuva mu myaka 10 ishize, akaba yari atuye mu Karere ka Huye Umurenge wa Tumba , afite abana bane n’umugore.

-5701.jpg

Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage i Huye

2017-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Editorial 02 May 2017
Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Editorial 12 Jan 2017
Rudasingwa akomeje guterana amagambo na Kayumba

Rudasingwa akomeje guterana amagambo na Kayumba

Editorial 27 Jan 2017
Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Editorial 07 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes
Mu Rwanda

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Editorial 20 Aug 2017
Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]
ITOHOZA

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Editorial 21 Sep 2017
2015: RNC yaranzwe no guhuzagurika, amacakubiri, ubusambanyi, kwikanga baringa no kugaragaza cyane  inyota y’ubutegetsi
ITOHOZA

2015: RNC yaranzwe no guhuzagurika, amacakubiri, ubusambanyi, kwikanga baringa no kugaragaza cyane inyota y’ubutegetsi

Editorial 01 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru