• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Editorial 13 Mar 2017 Mu Rwanda

Ange Kagame, ubuheta bwa Perezida Paul Kagame, asanga urubyiruko rukwiye guhabwa umwanya uhagije mu rugamba rwo kurandura burundu icyorezo cya Sida.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rigaragaza ko Sida ari indwara iri mu za mbere zihitana abantu benshi ku Isi, ariko kubera imbaraga zigenda zishyirwa mu kuyirwanya harimo n’imiti igabanya ubukana bwa virusi iyitera ikwirakwizwa, bagiye bagabanuka kuko nko mu 2014 bari miliyoni 1.2, bagabanutseho 28.5% ugereranyije na 2009 na 41.4% mu 2005.

Mu nyandiko ye igaragara ku rubuga rwa The Global Fund, Ange Kagame avuga ko yavutse mu myaka ya za 90, igihe umugabane wa Afurika wari mu bihe bitoroshye by’ubukungu, intambara n’indwara z’ibyorezo.

-6062.jpg

Ange Kagame

Gusa mu ntangiro z’ikinyagihumbi gishya, Afurika yafashe umurongo wo kwimika amahoro, kurwanya ibyorezo, kuzahura ubukungu n’ibindi bikorwa byazamuye ubuzima bwa miliyoni z’abaturage.

Binyuze mu bufatanye bwa za guverinoma, imiryango itandukanye ndetse n’ibindi bigo by’iterambere, Afurika ngo iri kugenda ibona impinduka zifatika.

Yagize ati “Ariko kuri bagenzi banjye, urubyiruko rw’abasore n’inkumi bavutse muri ya myaka y’ibihe byo kwishakisha kimwe n’abato kuri twe, hari byinshi bikituzitira. Ubu kuri uyu mugabane Sida iri mu ndwara za mbere zihitana ingimbi n’abangavu bafite hagati y’imyaka 10-19.”

“Virusi itera Sida iri guhitana ubuzima bw’abakiri bato, noneho ku gipimo giteye inkeke, abagore n’abakobwa bari mu kigero cyanjye hagati y’imyaka 15 na 24 basaga 7500, bazandura Virusi itera Sida muri iki cyumweru. Mu bihugu yiganjemo cyane, abakobwa biharira hejuru ya 80% by’ingimbi n’abangavu bandura iyi virusi. Ku cyorezo dushobora kwirinda kandi tukivuza, ibi ntabwo bikwiriye.”

Ange Kagame usanzwe unaharanira kongerera ubushobozi abakobwa n’abagore, avuga ko kugira ngo icyo kintu kivanweho bisaba ko hagira igikorwa kandi vuba mu kurwanya iyi Virusi.

-6059.jpg

Ange na Perezida Kagame muri Maison Blanche

Ati “Guverinoma n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakwiye kudufasha bitari mu kurwanya Virusi itera Sida gusa, ahubwo no mu zindi nzego z’iterambere nk’uburezi, amahirwe mu bukungu n’ubuzima bw’imyororokere. Nk’abangavu n’abagore bakiri bato bafite ubushobozi, ntabwo tuzatsinda Virusi itera Sida gusa, ahubwo tuzanigeza ku buzima buteye imbere kimwe n’abazadukomokaho.”

Ange Kagame avuga ko abakobwa bakwiye gufashwa kuguma mu mashuri bakabona uburezi bwiza, kugira ngo bagire ubushobozi bwo guhangana n’ubuzima baba bagomba kunyuramo.

Yakomeje agira ati “Izo gahunda byaragaragaye ko zigira uruhare mu kugabanya uko abakobwa bandura Virusi itera Sida, kandi zikagira uruhare runini mu bagore n’abakobwa n’aho batuye. Nk’urugero kuri buri mwaka w’amasomo, ibyo umukobwa aba agomba kwinjiza byiyongeraho 10 ku ijana; aba afite amahirwe yo kuzashyingirwa igihe kigeze; kuzagira umuryango ufite ubuzima bwiza no kuzihitiramo igihe n’impamvu zo kugira umuryango.”

Iyo abakobwa bafite ubumenyi bihitiramo neza

Kugira ngo abagore n’abakobvwa babashe kugera ku ntego zabo bazira ubwandu bwa Virusi itera Sida, Ange Kagame avuga ko guverinoma, imiryango itandukanye n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakwiye kugira uburyo buhamye babafashamo.

Ati “Bakwiye gukuraho imbogamizi zose abakobwa bahura nazo ku kugira uruhare muri politiki, kandi bakumva ibyo abakobwa n’abagore bato bakeneye kugira ngo batekane kandi babeho nk’uko babyifuza.”

-6060.jpg

Ange na Mama we Jeannette Kagame

“Mu gihe ubwandu bwa Sida bwo hejuru bwaba buri mu bakiri bato kandi bari no kwiyongera by’umwihariko muri Afurika; urugamba rwo gutsinda Sida ku Isi ntirushoboka batabigizemo uruhare. Igihe kirageze ngo urubyiruko rushyirwe ku isonga mu gushaka igisubizo. Ibyo bivuze kurenga kugira uruhare mu igenamigambi rya gahunda zihari no kuzishyira mu bikorwa gusa, ahubwo bakagira uruhare no mu gufata ibyemezo.”

Ange Kagame avuga ko uyu munsi urubyiruko rufite ubumenyi, ubushake n’imbaraga mu ruganba rwo kurwanya Sida, urugero ku bikorwa byarwo kuri uyu mugabane bikaba byagaragarira nko muri Afurika y’Epfo, aho abagore bakiri bato bibumbira muri ‘Rise Clubs’, bagahanahana ubumenyi kuri Virusi itera Sida.

Muri Kenya ho abagore bakiri bato bari kwihangira amatsinda yo kuzigama hagamijwe gukemura ibibazo by’ubukungu bituma bamwe bishora mu nzira zituma bandura virusi itera Sida.

Ati “Mu Rwanda, igihugu kizwiho guha agaciro ihame ry’uburinganire no guteza imbere ibikorwa byo kongerera ubushobozi urubyiruko mu nzego zose z’iterambere, porogaramu zifasha urubyiruko n’abagore ziri gutanga umusanzu ukomeye.”

Yatanze urugero ku bikorwa bihuriweho n’inzego zitandukanye byafashije igihugu kugabanya ubwandu bwa virusi itera Sida yahererekanywaga hagati y’umubyeyi n’umwana, bukava ku 10% bukagera kuri 1.8% mu myaka 10 ishize.

Ange Kagame avuga ko uyu ari umwanya w’urubyiruko rugahaguruka rukunga imbaraga mu za guverinoma zitandukanye n’abandi bafatanyabikorwa mu kurwanya icyorezo cya Sida.

-6061.jpg

Aha Ange yari kumwe na se mu mwiherero i Gabiro

Umuryango w’Abibumbye uheruka kwiha intego ko bitarenze mu 2020, 90% by’ababana na Virusi itera Sida bagomba kuba bazi ko bayifite, 90% bafata imiti igabanya ubukana bwayo, naho 90 % by’ abari ku miti igabanya ubukana bakagera ku rwego Virusi itera Sida itagitembera mu maraso yabo. Ibyo bijyana n’uko mu 2030 Sida izaba itakiri ikibazo gihangayikishije Isi.

2017-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019
Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Editorial 04 Oct 2018
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Editorial 21 Sep 2021
Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Editorial 27 Feb 2017
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019
Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Editorial 04 Oct 2018
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Editorial 21 Sep 2021
Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Editorial 27 Feb 2017
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019
Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Editorial 04 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru