• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Editorial 13 Mar 2017 Mu Rwanda

Ange Kagame, ubuheta bwa Perezida Paul Kagame, asanga urubyiruko rukwiye guhabwa umwanya uhagije mu rugamba rwo kurandura burundu icyorezo cya Sida.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rigaragaza ko Sida ari indwara iri mu za mbere zihitana abantu benshi ku Isi, ariko kubera imbaraga zigenda zishyirwa mu kuyirwanya harimo n’imiti igabanya ubukana bwa virusi iyitera ikwirakwizwa, bagiye bagabanuka kuko nko mu 2014 bari miliyoni 1.2, bagabanutseho 28.5% ugereranyije na 2009 na 41.4% mu 2005.

Mu nyandiko ye igaragara ku rubuga rwa The Global Fund, Ange Kagame avuga ko yavutse mu myaka ya za 90, igihe umugabane wa Afurika wari mu bihe bitoroshye by’ubukungu, intambara n’indwara z’ibyorezo.

-6062.jpg

Ange Kagame

Gusa mu ntangiro z’ikinyagihumbi gishya, Afurika yafashe umurongo wo kwimika amahoro, kurwanya ibyorezo, kuzahura ubukungu n’ibindi bikorwa byazamuye ubuzima bwa miliyoni z’abaturage.

Binyuze mu bufatanye bwa za guverinoma, imiryango itandukanye ndetse n’ibindi bigo by’iterambere, Afurika ngo iri kugenda ibona impinduka zifatika.

Yagize ati “Ariko kuri bagenzi banjye, urubyiruko rw’abasore n’inkumi bavutse muri ya myaka y’ibihe byo kwishakisha kimwe n’abato kuri twe, hari byinshi bikituzitira. Ubu kuri uyu mugabane Sida iri mu ndwara za mbere zihitana ingimbi n’abangavu bafite hagati y’imyaka 10-19.”

“Virusi itera Sida iri guhitana ubuzima bw’abakiri bato, noneho ku gipimo giteye inkeke, abagore n’abakobwa bari mu kigero cyanjye hagati y’imyaka 15 na 24 basaga 7500, bazandura Virusi itera Sida muri iki cyumweru. Mu bihugu yiganjemo cyane, abakobwa biharira hejuru ya 80% by’ingimbi n’abangavu bandura iyi virusi. Ku cyorezo dushobora kwirinda kandi tukivuza, ibi ntabwo bikwiriye.”

Ange Kagame usanzwe unaharanira kongerera ubushobozi abakobwa n’abagore, avuga ko kugira ngo icyo kintu kivanweho bisaba ko hagira igikorwa kandi vuba mu kurwanya iyi Virusi.

-6059.jpg

Ange na Perezida Kagame muri Maison Blanche

Ati “Guverinoma n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakwiye kudufasha bitari mu kurwanya Virusi itera Sida gusa, ahubwo no mu zindi nzego z’iterambere nk’uburezi, amahirwe mu bukungu n’ubuzima bw’imyororokere. Nk’abangavu n’abagore bakiri bato bafite ubushobozi, ntabwo tuzatsinda Virusi itera Sida gusa, ahubwo tuzanigeza ku buzima buteye imbere kimwe n’abazadukomokaho.”

Ange Kagame avuga ko abakobwa bakwiye gufashwa kuguma mu mashuri bakabona uburezi bwiza, kugira ngo bagire ubushobozi bwo guhangana n’ubuzima baba bagomba kunyuramo.

Yakomeje agira ati “Izo gahunda byaragaragaye ko zigira uruhare mu kugabanya uko abakobwa bandura Virusi itera Sida, kandi zikagira uruhare runini mu bagore n’abakobwa n’aho batuye. Nk’urugero kuri buri mwaka w’amasomo, ibyo umukobwa aba agomba kwinjiza byiyongeraho 10 ku ijana; aba afite amahirwe yo kuzashyingirwa igihe kigeze; kuzagira umuryango ufite ubuzima bwiza no kuzihitiramo igihe n’impamvu zo kugira umuryango.”

Iyo abakobwa bafite ubumenyi bihitiramo neza

Kugira ngo abagore n’abakobvwa babashe kugera ku ntego zabo bazira ubwandu bwa Virusi itera Sida, Ange Kagame avuga ko guverinoma, imiryango itandukanye n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakwiye kugira uburyo buhamye babafashamo.

Ati “Bakwiye gukuraho imbogamizi zose abakobwa bahura nazo ku kugira uruhare muri politiki, kandi bakumva ibyo abakobwa n’abagore bato bakeneye kugira ngo batekane kandi babeho nk’uko babyifuza.”

-6060.jpg

Ange na Mama we Jeannette Kagame

“Mu gihe ubwandu bwa Sida bwo hejuru bwaba buri mu bakiri bato kandi bari no kwiyongera by’umwihariko muri Afurika; urugamba rwo gutsinda Sida ku Isi ntirushoboka batabigizemo uruhare. Igihe kirageze ngo urubyiruko rushyirwe ku isonga mu gushaka igisubizo. Ibyo bivuze kurenga kugira uruhare mu igenamigambi rya gahunda zihari no kuzishyira mu bikorwa gusa, ahubwo bakagira uruhare no mu gufata ibyemezo.”

Ange Kagame avuga ko uyu munsi urubyiruko rufite ubumenyi, ubushake n’imbaraga mu ruganba rwo kurwanya Sida, urugero ku bikorwa byarwo kuri uyu mugabane bikaba byagaragarira nko muri Afurika y’Epfo, aho abagore bakiri bato bibumbira muri ‘Rise Clubs’, bagahanahana ubumenyi kuri Virusi itera Sida.

Muri Kenya ho abagore bakiri bato bari kwihangira amatsinda yo kuzigama hagamijwe gukemura ibibazo by’ubukungu bituma bamwe bishora mu nzira zituma bandura virusi itera Sida.

Ati “Mu Rwanda, igihugu kizwiho guha agaciro ihame ry’uburinganire no guteza imbere ibikorwa byo kongerera ubushobozi urubyiruko mu nzego zose z’iterambere, porogaramu zifasha urubyiruko n’abagore ziri gutanga umusanzu ukomeye.”

Yatanze urugero ku bikorwa bihuriweho n’inzego zitandukanye byafashije igihugu kugabanya ubwandu bwa virusi itera Sida yahererekanywaga hagati y’umubyeyi n’umwana, bukava ku 10% bukagera kuri 1.8% mu myaka 10 ishize.

Ange Kagame avuga ko uyu ari umwanya w’urubyiruko rugahaguruka rukunga imbaraga mu za guverinoma zitandukanye n’abandi bafatanyabikorwa mu kurwanya icyorezo cya Sida.

-6061.jpg

Aha Ange yari kumwe na se mu mwiherero i Gabiro

Umuryango w’Abibumbye uheruka kwiha intego ko bitarenze mu 2020, 90% by’ababana na Virusi itera Sida bagomba kuba bazi ko bayifite, 90% bafata imiti igabanya ubukana bwayo, naho 90 % by’ abari ku miti igabanya ubukana bakagera ku rwego Virusi itera Sida itagitembera mu maraso yabo. Ibyo bijyana n’uko mu 2030 Sida izaba itakiri ikibazo gihangayikishije Isi.

2017-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Editorial 30 Jan 2025
S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

Editorial 27 Jun 2017
FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Editorial 19 Nov 2021
Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Editorial 24 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka
Amakuru

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Editorial 19 Aug 2021
Bujumbura: Havumbuwe  inzu  ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016
ITOHOZA

Bujumbura: Havumbuwe inzu ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016

Editorial 05 Dec 2018
Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Editorial 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru