• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Editorial 29 Dec 2017 ITOHOZA

Mu minsi ishize nibwo u Rwanda rwandikiye Uganda ruyisaba ibisobanuro ku itabwa muri yombi rya hato na hato rikomeje gukorerwa Abanyarwanda baba cyangwa bagenda muri Uganda ntirubimenyeshwe, ndetse no ku gukorana na RNC, u Rwanda rwita umutwe w’iterabwoba.

Usibye ibi, imiryango y’aba Banyarwanda bafatwa ikomeje kwitabaza inzego zitandukanye ivuga ko itazi aho abantu babo bafungiye, ndetse bafite n’impungenge z’uko aho bari bari gukorerwa iyicarubozo n’ibindi bikorwa bitari ibya kimuntu.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Uganda, NTV, yemeye ko minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda yakiriye iyi baruwa isaba ibisobanuro y’u Rwanda, ndetse avuga icyo bateganya gukora ku bivugwa n’imiryango y’aba bantu bagiye batabwa muri yombi.

Kuri iki kibazo cyo kumenya aho aba bafungiye, Brig Karemire yagize ati: “Ku bijyanye n’aba bantu bivugwa ko babuze n’abunganizi babo, ubu dushobora gufatanya n’izindi nzego z’umutekano mu kumenya aho bari, ibibazo baba bafite..hanyuma harebwe ko babona ubutabera bakwiriye.”

Bamwe muri aba banyarwanda bafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda ariko hatazwi neza aho baherereye, harimo James Bayingana, Lando Alice Kabano, Vianney Byaruhanga, Herbert Munyangaju, Freddy Turatsinze, Jessica Muhongerwa, Vanessa Gasaro, Diane Kamikazi na Diane Kamashazi.

Aba biyongeraho abandi nka Rene Rutagungira wafashwe ku ikubitiro, ndetse na Fidele Gatsinzi uherutse kugarurwa mu Rwanda agaragaza ibimenyetso by’iyicarubozo yakorewe mu byumweru bibiri bisaga yari afunze.

Abo mu miryango y’aba bafunze bavuga ko abantu babo bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse batemererwa kubonana nabo kimwe n’abanyamategeko babo.

Umwe muri aba banyamategeko witwa Gawaya Tegule yagize ati: “Umwuka utari mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda ntukwiye gutera guhonyora uburenganzira bwa muntu. Nk’uko twabivuze, bwana Gatsinzi Fidele ubwo namusuraga, ntiyashoboraga gutambuka, ntiyashoboraga kuvuga nyuma y’ibyumweru bibiri afunze. Ibi si ibya kimuntu. Ibintu bamukoreye si ibya kimuntu.”

Igipolisi cya Uganda cyo kivuga ko nta muntu n’umwe muri aba bavugwa batawe muri yombi uri muri kasho zacyo.

Umuvugizi w’iki gipolisi, Emilian Kayima, yagize ati: “Nta raporo iyo ari yo yose igaragaza ko hari station ya polisi muri iki gihugu ifite aba bantu bivugwa ko batawe muri yombi.”

Ibi bikaba ari ibintu bikomeje kugaragaza umwuka utari mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda watangiye kugaragara mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi rya Rene Rutagungira, kuri ubu ukurikiranweho ibyaha byo gushimuta no gucyura ku ngufu Lt Joel Mutabazi. Itabwa muri yombi ryakurikiwe n’irindi ryinshi ry’Abanyarwanda bafatwa bashinjwa ibyaha by’ubutasi no guhungabanya umutekano wa Uganda.

 

2017-12-29
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul

Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul

Editorial 19 Jun 2018
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023
Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Editorial 17 Apr 2017
U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Editorial 15 Sep 2016
Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo  n’ ibitabo by’indirimbo
Mu Rwanda

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Editorial 13 Oct 2017
Tembera urwimisozi 1000. [Rwanda]- Mu mafoto 60 aboneka gake, tujyane gusura umuryango w’ingagi wa Sabyinyo
UBUKERARUGENDO

Tembera urwimisozi 1000. [Rwanda]- Mu mafoto 60 aboneka gake, tujyane gusura umuryango w’ingagi wa Sabyinyo

Editorial 27 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru