• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Editorial 04 Aug 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje indorerezi zisaga 1800 ziri gukurikirana imigendekere y’amatora mu Rwanda, umubare munini ukaba ugizwe n’indorerezi zaturutse imbere mu gihugu, mu miryango itari iya leta.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, yatangaje ko izi ndorerezi byitezwe ko nyuma zizagaragaza uko zabonye amatora.

Yagize ati “Twakiriye indorerezi zirenga 1800, muri zo abarenze 400 ni abaturuka hanze y’igihugu. Abo rero bazadufasha gukurikirana amatora uko agenze.

Tubategerejeho kuzatubwira ibyiza babonye mu matora, yewe n’ibikwiriye kunonosorwa kugira ngo bizadufashe mu gutegura neza amatora ari imbere.”

Indorerezi zihari zirimo iz’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Imiryango itari iya leta, ihuriro nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki yemewe mu gihugu, abanyamadini n’amatorero, Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) n’abandi.

Mu nama iheruka guhuza NEC n’izi ndorerezi, Prof Mbanda yababwiye ko batemerewe gukora ibikorwa byatuma amatora atagenda neza, nko kuyivangamo no gusuzugura abayayobora cyangwa abayobozi b’inzego z’ibanze.

-7471.jpg

Yagize ati “Mubujijwe gukora ibyatuma amatora atagenda neza. Ntimwemerewe kwinjira mu bwihugiko bw’amatora, mushobora kwinjira mu cyumba cy’amatora ariko igihe cy’amatora ntawinjira mu bwihugiko bw’amatora keretse ukuriye icyumba.”

Mu bindi zabujijwe kandi harimo kwinjirana mu cyumba cy’itora intwaro iyo ari yo yose, gukorera hanze y’ifasi, gutanga amabwiriza arebana n’amatora, kwitwaza cyangwa kwambara ibimenyetso bigaragaza umutwe wa politiki uwo ari wo wose, gutangaza ibyavuye mu matora mbere y’uko bikorwa na komisiyo y’igihugu y’amatora.

2017-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Editorial 16 Apr 2021
Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Editorial 12 Apr 2018
U Bufaransa: Perezida Macron yikomye umufotozi amushinja kwinjira mu buzima bwe

U Bufaransa: Perezida Macron yikomye umufotozi amushinja kwinjira mu buzima bwe

Editorial 16 Aug 2017
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Editorial 14 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gambia : Iperereza ryahishuye ibyo Yahya Jammeh akekwaho kwiba igihugu.
Mu Rwanda

Gambia : Iperereza ryahishuye ibyo Yahya Jammeh akekwaho kwiba igihugu.

Editorial 06 Jun 2017
Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro
Mu Mahanga

Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Editorial 21 Jan 2016
Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.
Mu Rwanda

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Editorial 06 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru