• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR

Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR

Editorial 19 Oct 2017 Mu Rwanda

Itorero Zion Temple Celebration Centre rurinubira inyandiko iri kunyuzwa ku mbuga nkoranyambaga igaragara ko yanditswe n’umuyobozi mukuru wa Zion Temple Celebration Centre ku isi.Apostle Paul Gitwaza.

Muri iyi baruwa harimo ubutumwa bwandikiwe umunyamabanga mukuru w’umuryango FPR bwanditswe na Apotre Paul Gitwaza bumusaba kurwanya aba Bishops batandukanye barimo Bishop Djessa Okitambo,Bishop Dieudonne Vuningoma,Bishop Pierre Kaberuka,Richald Muya ,na Bishop Theodore Safari bose batakibarizwa muri iri torero.

-8423.jpg

-8420.jpg

Ngiyi inyandiko ifatwa nk’igihuha n’ubuyobozi bwa Zion Temple

Iyi nyandiko kandi irimo ugushimira ku Muyobozi wa Zion Temple Celebration Centre ashimira cyane FPR ngo kuba yaramutabaye igahararana nawe mu kuva mu bibazo bitandukanye ngo n’ibirego yari ashinjwa mu minsi ishize,ibi byose iri torero ryabiteye utwatsi rivuga ko ntaho bahuriye nabyo kandi ko bo ntaho bahurira n’imitwe ya politiki n’amashyaka.Bakomeza bavuga ko itorero ndetse na minisiteri rishamikiyeho ari umuryanyo ushingiye ku idini bityo ko ntaho bahuriye n’ibyanditswe muri iyi baruwa ,ibaruwa banavuga ko ari mpimbano bishingiye ku mpamvu zikurikira:

-249.png

-248.png

1. Cachet yashyizwe kuri uru rwandiko ni mpimbano, higanwe iya AWM/ZTCC nyamara siyo neza iyo ubyitegereje,

2. Uru rwandiko ntirugira Reference number nkuko andi mabaruwa asohoka mu muryango wa AWM/ZTCC asanzwe agira reference number.

3. Hakoreshejwe headed paper yahinduwe mu mwaka w’i 2015, ndetse urebye neza ku mpera z’urupapuro ahagaragara Arrêté Ministeriel yo 2002 mu gihe iyakoreshwaga muri icyo gihe yari Arrêté Ministeriel yo mu 2014,

4. Ugereranije n’amataliki uru rwandiko rwandikiweho(2), Apostle Dr. Paul Gitwaza yari ari mu Rwanda aho yari ayoboye igiterane cyiswe IGITONDO CY’UMUZUKO kuva kuwa 24 kugeza kuwa 29/04/2016. Ikigaragara nuko hakoreshejwe electronic signature ya Apostle Dr. Paul GITWAZA (ishobora gufotorwa aho ariho hose ku nzandiko yasinye) mu gihe muri ayo ma taliki yari ari mu Rwanda aho yagombaga kurushyiraho umukono,

5. Ku bamenyereye amabaruwa ashyirwaho umukono na Apostle Dr. Paul GITWAZA bazi uburyo atinda ku myandikire mu buryo twemeza ko atari umwimerere w’urwandiko rwashizweho umukono cyangwa rwanditswe nawe. Ingero ni nyinshi, dutanze rumwe; aho uwarwanditse yagaragaye nk’uwutandikira ikigo(institution) aho agira ati:”Ndabizeza cyaneeee…” ( igika cya 5),

6. Umwanditsi warwo yanditse avuga ko Apostle yasabaga ko bamwirukanira abo yise aba kongomani (igika cya 2) nyamara kuri liste yagaragaje aba kongomani 2 n’abanyarwanda 3. Mu bashyizwe kuri liste haragaragaraho Bishop Safari Théodore nyamara aracyari muri Zion Temple Celebration Center,

7. Authentic Word Ministries/Zion Temple Celebration Center ntiragaragara na rimwe mu irondabwoko nkuko hagaragazwa ko ikibazo ari abakomongomani. AWM/ZTCC ni umuryango mpuzamahanga mu buryo ubarizwamo amoko n’abenegihugu b’ibihugu bitandukanye (multicultural organisation),

8. Uru rwandiko rwandikwa nta makimbirane yari bwagaragare muri AWM/ZTCC mu buryo hari bwandikwe ibaruwa yo kwikiza aba Bishops bagaragara ku ibaruwa. Ahubwo ni mu gihe aribo bari abayobozi bungirije ba Apostle Dr. Paul GITWAZA,

9. Hambere hari ababanje gukwirakwiza ibinyoma by’uko Apostle akorana n’imitwe nka RNC na FDLR, none ubu birahindutse ngo akorana n’ishyaka FPR,

10. Mu rwandiko hagaragayemo amazina ya Pastor Jean Paul Ngenzi na Christian Ibambasi nk’abantu bagombaga gukurikirana dossier. Aba bombi muri icyo gihe nta rwego rw’ubuyobozi bari bafite muri Authentic Word Ministries ku buryo bari bafite ububasha bwo gukurikirana dossier z’ubuyobozi za AWM/ZTCC,

11. Umuryango AWM/ZTCC ni umuryango ushingiye ku idini ukorera ku butaka bw’u Rwanda kubw’uburenganzira Leta y’u Rwanda yabuhaye binyuze mu kigo cy’imiyoborere mu Rwanda, Rwanda Governance Board. Ni umuryango utemerewe no gukorana n’amashyaka cyangwa imitwe ya politike (organisation apolitique). AWM/ZTCC ntifite ububasha bwo kwandikirana cyangwa gukorana n’ amashyaka cyangwa imitwe ya politike.

-8422.jpg

Itangazo rigenewe abanyamakuru

Umuvugizi wa Zion Temple Bwana Floribert mu itangazo yageneye abanyamakuru yavuze ko abanyamauryango ba Zion Temple na Authentic Word Ministries ndetse n’inshuti zabo bakwiye kwima agaciro ibi byavuzwe haruguru.Iri torero si ubwa mbere haje amakuru y’ibihuha kuko hari n’andi makuru yarishinjaga gukorana na FDRL n’indi mitwe irwanya Leta nkuko n’Umuvugiz waryo yabigarutseho.

2017-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Editorial 24 Jul 2025
BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Editorial 31 Aug 2018
Perezida Paul Kagame  yakomoje ku gitero cyagabwe  mu Karere ka Rusizi

Perezida Paul Kagame yakomoje ku gitero cyagabwe mu Karere ka Rusizi

Editorial 26 Jun 2017
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Editorial 19 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga
Mu Rwanda

Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga

Editorial 30 May 2017
Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’
Amakuru

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Editorial 07 Jul 2023
Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika
UBUKUNGU

Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Editorial 13 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru