• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Editorial 02 Jul 2017 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba na Polisi y’u Rwanda kuwa gatanu tariki ya 30 Kamena bwagiranye ikiganiro n’abanyamakuru b’Ibitangazamakuru bakorera muri iyi Ntara bungurana ibitekerezo ku mikorere n’imikoranire y’izi nzego.

Ibi biganiro byabereye mu kigo cya Leta kigisha imyuga n’ikoranabuhanga (IPRC) mu ntara y’Iburengerazuba kiri mu karere ka Karongi, byari bifite insanganyamatsiko igira iti:”Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza”.

Mu ijambo rye, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyi Ntara Habiyaremye Pierre Célestin wari uhagarariye Intara muri ibi biganiro, yavuze ko imikoranire myiza y’Itangazamakuru n’inzego z’ibanze ari ingenzi mu gutuma habaho imiyoborere myiza igamije iterambere rirambye ry’igihugu n’abaturage.

Yavuze ati:”Ibiganiro nk’ibi byerekana imikoranire myiza hagati y’inzego zikorera abaturage kandi biba ari ngombwa ngo izi nzego zikomeze kubungabunga umutekano w’abaturage.”

Yakomeje avuga ati:”Ibiganiro nk’ibi kandi bituma hatabaho icyuho hagati y’ubuyobozi n’abaturage kuko ibyo ubuyobozi bushaka kugeza ku baturage itangazamakuru ribibagezaho byihuse, dore ko umuyobozi atagera kuri buri muturage byihuse kandi bigatuma abakorera inzego zitandukanye bagera ku mihigo biyemeje bikanatuma abazigize bakorana neza.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege, yavuze ko Itangazamakuru ari Umufatanyabikorwa ukomeye mu kubumbatira no gusigasira umutekano binyuze mu ruhare rigira mu gukangurira abaturarwanda kwirinda ibyaha, ikaba ariyo mpamvu habaho ibiganiro nk’ibi, ndetse kuva mu mwaka wa 2011 izi nzego zombi zikaba zihura buri gihembwe.

Yavuze ati:”Polisi n’Itangazamakuru twese dufite inshingano zimwe kandi tugomba kugeza ku baturage ibyo dukora kuko nibo dukorera.”

Yakomeje avuga ko gukorera ibiganiro nk’ibi mu Ntara bigamije kurushaho kwegera abafatanyabikorwa ba Polisi.

Yavuze ati:”Kuba dufata umwanya tugakorera ibi biganiro mu Ntara, ni ukugirango turusheho kwegera abafatanyabikorwa bacu ngo turusheho gufatanya gukangurira umuryango nyarwanda kwirinda ibyaha kuko twese ntawe ugira inyungu mu ikorwa ryabyo, kandi tukanawushishikariza kwitabira ibikorwa by’iterambere.”
Yibukije abari mu biganiro uburyo Polisi y’u Rwanda imenyekanisha ibyo ishinzwe n’ibyo ikora; aho yavuze ko mu byo ikoresha harimo Urubuga rwayo rwa Murandasi n’Imbuga nkoranyambaga nkaTwitter na Facebook; kandi ko yashyizeho imirongo ya telefone itishyurwa itangirwaho amakuru.

Umuyobozi w’agatenyo w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) yavuze ko inzego nyinshi zikorera mu Rwanda zose zihuriye ku gukorera abaturage aho yavuze ati:”Itangazamakuru, Polisi y’u Rwanda n’Inzego z’ibanze, twese dukorera abaturage. Ntidushobora rero gukora ngo dusenyereze umugozi umwe tutagirana ibiganiro.”

Yakomeje avuga ati:”Hari ibintu byinshi bihuza Polisi y’u Rwanda n’Itangazamakuru niyo mpamvu ibiganiro nyunguranabitekerezo nk’ibi biba ari ngombwa.”

Abanyamakuru banaboneyeho umwanya wo kubaza ibibazo ahanini bishingiye ku mikoranire hagati yabo na Polisi ndetse n’inzego z’ibanze bahabwa ibisubizo bibanyuze.

Ibi biganiro byari byari byanitabiriwe kandi n’umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, n’abayobozi ba Polisi mu turere (DPCs) twose tugize iyi Ntara.

2017-07-02
Editorial

IZINDI NKURU

Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Editorial 07 Aug 2017
Uwitwa Sebarera uherutse gutanga amakuru ku byo yakoze muri Jenoside, yiyahuye

Uwitwa Sebarera uherutse gutanga amakuru ku byo yakoze muri Jenoside, yiyahuye

Editorial 11 Apr 2018
UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Editorial 04 Sep 2017
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Editorial 05 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana
UBUKUNGU

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019
Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Editorial 06 Dec 2019
Perezida Kagame  yatangije  Inama y’Igihugu y’Umushyikirano avuga aho ubuzima bw’Igihugu buhagaze
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame  yatangije  Inama y’Igihugu y’Umushyikirano avuga aho ubuzima bw’Igihugu buhagaze

Editorial 18 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru