• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Editorial 08 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Loni irasaba ko hakorwa iperereza nyaryo nyuma yaho Umuryango Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu “Human Rights Watch” ushyize mu majwi  Leta ya Joseph Kabila gukoresha bamwe mu barwanyi ba M23 kugirango agume ku butegetsi mu Ukuboza 2016.

Umuvugizi wa Monusco, Charles Bambara avuga ko Perezida wa Congo-Kinshasa, Joseph Kabila ashobora kuba yarakoresheje aba barwanyi ba M23 nk’ abacanshuro mu kiganiro na RFI.

Ibi bije bishimangira raporo HRW yise « Mission spéciale » ku itariki 4 Ukuboza 2017, yavugaga ko hari abasirikare bakuru ba FARDC bakoresheje ingabo zisaga 200 za M23 mu kurwanya abigaragambyaga barwanya Joseph Kabila i Kinshasa muri 2016.

 Iyi raporo ya Human Rights Watch yemeza kandi ko aba barwanyi ba M23 bakoreshejwe mu guhosha imyigaragambyo yaguyemo abantu 62 ku itariki 19 na 20 Ukuboza 2016.

Ida Sawyer, uyobora HRW muri Afurika yo Hagati agira ati “Amakuru ya mbere twabonye mu Ukuboza 2017 yavugaga ko hari amanama hagati y’ abayobozi bo muri Kivu y’ Amajyarugu yavugwagamo Joseph Kabila ashaka gukoresha M23 mu kumurinda”.

Akomeza avuga ko na nyuma yaho bagiye babona amakuru ku mpande zose yemeza ko Kabila yakoresheje abarwanyi ba M23.

Muri iki cyegeranyo cyayo, HRW  ivuga ko yakusanyije ubuhamya bw’ abantu 120 batandukanye barimo n’ abarwanyi 13 ba M23, abanyepolitiki ndetse n’abasirikare ba Leta

Leta ya Congo-Kinshasa yikomye HRW

Kuri iyi ngingo, Minisitiri w’ uburengenzira bwa muntu muri Congo-Kinshasa, Marie-Ange Mushobekwa, yagize ati “Birababaje cyane gutekereza ko RDC yakenera gukoresha M23 mu kurinda umutekano wayo mu gihe ifite ingabo ndetse na polisi”.

Yakomeje avuga ko umuryango HRW utangaza raporo zidafite inshingiro ahubwo zikurikije amahame nshingiro y’ imikorere yayo n’ingungu zayo bwite (méthodologie fondamentale).

M23 ishinjwa gukoreshwa na Joseph kabila

Kimwe n’ inkuru ishinja Kabila gukoresha M23 mu gutatanya abigaragambyaga i Kinshasa mu Ukuboza 2017,  M23 yahakanye yivuye inyuma kugira uruhare mu gitero  cyabereye i Beni kuwa 22 Kamena 2017. 

Muri iki gitero haguyemo inyeshamba 13 hakomereka benshi ndetse hanagwamo abasirikare 3 ku ruhande rwa Leta ya Congo-Kinshasa(FARDC).

M23 yashinjije abarwanyi ba Maï Maï , ADF ndetse na  FDLR kuba nyuma y’ icyo gitero gikomeye cyabereye i Beni.

Umutwe witwara gisirikare wiyise MNR niwo waje kwigamba iki gitero nubwo kugeza magingo aya M23 ishyirwa mu majwi gukorana n’ amatsinda atandukanye y’ inyeshamba mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, Umuyobozi Mukuru mu Biro bya Perezida wa M23 , Elie Mutela akomeza abihakana.

2017-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo

Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo

Editorial 27 Aug 2018
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Editorial 23 Jun 2019
Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Editorial 07 Jun 2021
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Editorial 04 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro
POLITIKI

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Editorial 23 Jul 2018
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza
UBUKUNGU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Editorial 18 Jul 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru