• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

  • Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle   |   30 May 2025

  • AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ?    |   29 May 2025

  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Editorial 23 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Muri iki cyumweru, urukiko rukuru rwa gisirikari rwasubukuye urubanza mu mizi ku bantu basaga 32 baregwa ibyaha birimo iterabwoba, barimo abasirikare batanu mu Ngabo z’u Rwanda nubwo umwe aburanishwa adahari kuko atarafatwa. Mu bari imbere y’urukiko harimo itsinda ry’abantu 25 barangajwe imbere na Rtd Major Mudathiru Habib, baregwa kwinjira mu mutwe w’ingabo utemewe; kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho; kugirana umubano na Leta y’amahanga hagambiriwe gushoza intambara, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gucura umugambi wo gukora icyaha cy’iterabwoba. Mudathiru n’itsinda rye bafatiwe mu mirwano yaberaga muri Kongo ubwo umutwe yari ayoboye wa P5 waguwe gitumo n’ingabo za Kongo FARDC.

Mu iburanisha ryo kuwa mbere abaregwa batangiye kwiregura. Rtd  Maj  Mudathiru Habib yireguye ku cyaha kimwe cyo kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, avuga ko acyemera ndetse agisabira imbabazi.

Mudathiru yabwiye urukiko ko ubwo yashakaga ibyangombwa byo kuba impunzi muri Uganda yafashijwe n’abarimo uwitwa Rasta uba i Kampala, ndetse ngo muri icyo gihe yanahuye na Joel Mutabazi wahamijwe ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi ubutegetsi bw’igihugu n’abayobozi barwo.

Yakomeje kuri icyo cyaha cyo kwinjira mu mutwe utemewe, ati “Nibyo icyo cyaha ndacyemera kandi ndagisabira imbabazi.”

Rtd Maj Mudathiru avuga ko yasohotse mu Rwanda mu 2013, atanga impamvu z’uko agiye gusura umuryango kuko ababyeyi be ariho baba, ahitwa Kasese. Aho kugaruka mu Rwanda, ngo yahise ajya kwaka icyangombwa cy’ubuhunzi, ndetse aza kujyanwa  mu nkambi ya Arua.

Yabwiye urukiko ati “Nashatse icyemezo cy’ubuhunzi kuko nashakaga kureba uko najya hanze.” Gusa mu biganiro yagiranaga n’abayobozi ba RNC baje kumwumvisha kubasanga, aza no kuva mu nkambi yiyemeza kujya mu mashyamba. Asohotse ngo yajyanywe na Sunday Charles mu rugo rwa Richard Mateka, umuhungu wa Maj Gen John Mateka wo mu Ngabo za Uganda, amarayo ibyumweru bibiri. Uwo muhungu ngo ni umucuruzi wa zahabu. Hari mbere yo kwerekeza ku mupaka wa Kikagati.

Mudathiru avuga ko n’isezerano bari barahawe n’u Burundi ryaje gukoreshwa, kuko mu Ugushyingo yagiye kwivuza muri icyo gihugu abanje gusaba uruhushya Col Nyamusaraba, abimenyesha Kayumba na we amuharurira amayira mu Burundi. Yakomeje ati “Uwo mutwe wari ufite imirongo ugenderaho, ugamije kuzahirika ubutegetsi buriho.”

Mudathiru yabwiye urukiko ko uyu mutwe wa P5 yawusobanukiwe neza ageze mu Burundi, ariko umucamanza amubaza inshuro nyinshi uburyo nk’umuntu wari  umusirikare  mukuru, wari unazi Kayumba neza, yajya muri Congo anakoresheje ibyangombwa by’ibihimbano, atazi neza umutwe agiyemo. Mudathiru avuga ngo yahasanze abasirikare nka 30,nyuma hatangira koherezwa abandi, barimo abahageze mu Ukuboza 2017.

Rtd Maj Mudathiru avuga ko baje gutarwa n’abapolisi babajyana muri serivisi zishinzwe ibyangombwa, aho bagiye mu biro bakamaramo amasaha arenga arindwi. Mudathiru avuga ko mu Burundi bahamaze igihe gisaga ukwezi, maze bafata ubwato bw’igisirikari cy’u Burundi banyura muri Tanganyika berekeza mu mashyamba ya Congo. Mudathiru avuga ko ajya kujya muri P5, yavuganye na Maj Robert Higiro ari nawe wamugejejeho igitekerezo cy’umutwe barimo gushinga, ndetse ngo Kayumba  Nyamwasa aza kumutumaho Ben Rutabana ko mu Bijabo muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hariyo ibikorwa by’umutwe bashinze, amusaba kuwujyamo ngo awubere umuyobozi, urusheho kugira imbaraga.

Yagiye muri Congo afashijwe na bamwe mu basirikare ba Uganda anyuze ku mupaka wa Kikagati uhuza Uganda na Tanzania, kuri uwo mupaka bamushyikiriza icyangombwa cyari mu mazina ya Mugume Patrick, yagombaga gukoresha ku rugendo muri Tanzania, akomereza mu Burundi. Yajyanye n’uwitwa Sibo Charles wari ushinzwe ibikorwa bya gisirikari mu mutwe wa P5 akaba yaraje no gusiga agatwe ku rugamba. Yabwiye urukiko ko atazi uko ibyo byangombwa byabonetse, ko byabazwa Capt Sunday Charles ukora mu rwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, CMI, wabibazaniye.

2020-07-23
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Editorial 06 Apr 2018
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Editorial 30 Mar 2020
Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Editorial 16 Sep 2018
Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Editorial 06 Jul 2023
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Editorial 06 Apr 2018
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Editorial 30 Mar 2020
Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Editorial 16 Sep 2018
Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Editorial 06 Jul 2023
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Editorial 06 Apr 2018
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Editorial 30 Mar 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru