• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Editorial 17 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 Kanama 2021 nibwo Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yemereye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ko bemerewe gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya kabiri mu bagabo ndetse n’ikiciro cya mbere ndetse n’icyakabiri mu bagore mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

Aya marushanwa agiye gukinwa nyuma y’ubusabe bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho mu kwezi kwa Kamena 2021 bandikiye Minisiteri ya Siporo bayisaba ko basubukura ibi byicior byombi biheruka kugaragara mu marushanwa ya 2019-2020, ni nyuma yaho mu Rwanda ndetse no hirya no hino ku isi icyirezo cya Koronavirusi cyari kibasiye isi muri rusange bityo amarushanwa yo muri ibyo byiciro byombi ntiyaba.

Mu ibaruwa Minisiteri ya Siporo yandikiye FERWAFA, yemereraga iri shyirahamwe gusubukura amarushanwa mu byiciro bitandukanye. Aha ni naho ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ribinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter banditse bavuga ko bemerewe gusubukura amarushanwa.

Bagize bati “Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021).”

FERWAFA kandi yaboneyeho gutangaza ko mu gihe cya vuba, baza gushyura hanze uko amakipe azahura muri ayo marushanwa, bati “mu minsi mike cyane, tuzatangaza ingengabihe y’ayo marushanwa kimwe n’ingamba zivuguruye zo kwirinda COVID-19 zizakurikizwa.”

Hari amakuru ikinyamakuru RUSHYASHYA cyamenye ko amakipe 15 yo mu kiciro cya kabiri ariyo yari yiyandikishije ngo azahatanire gukina imikino izabazana mu kiciro cya mbere hashakishwa amakipe abiri azasimbura ikipe ya Sunrise FC ndetse na AS Muhanga yamanutse mu kiciro cya kabiri cya 2021-2022.

Mu minsi ishize nibwo hari amakuru yavugaga ko iki kiciro kitazakinwa kuko hari hamazwe gutangaza ko ikiciro cya mbere cya 2021-2022 kizatangira ku itariki ya 16 Ukwakira 2021, bityo bamwe bagaheraho bavuga ko ikiciro cya kabiri cy’umwaka wa 2020-2021 kitazakinwa bityo ko AS Muhanga na Sunrise zo zizaguma mu kiciro cya mbere.

Ibi byatumye ku ruhande rwa Sunrise FC yiyongerera imbaraga, aho yari imaze kongerera amasezerano y’imyaka ibiri abakinnyi bayo babibiri Twagirimana Innocent uzwi nka Kavatiri na Wanji Pius, iyi kipe kandi yanaguze Rucogoza Dhijad wakinaga muri Bugesera FC.

Ku ruhande rwa AS Muhanga nyuma yaho yari yatandukanye na Nduwantare Ismael nk’umutoza wayo mukuru, iyi kipe nayo yari mu nzira zo kwiyubaka ishaka umutoza mukuru. Amakuru yavaga muri iyi kipe ngo nuko Thierry Hitimana na Kayiranga Babptiste aribo iyi kipe yarimo ishaka kureba ko umwe muribo bakorana mu gihe iyi kipe yaba igumye mu kiciro cya mbere.

2021-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Editorial 21 Mar 2019
Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda  biguru ntege

Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda biguru ntege

Editorial 28 May 2017
Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Editorial 21 Mar 2021
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Editorial 14 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda  kwimurirwa mu bindi bihugu
Mu Mahanga

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda kwimurirwa mu bindi bihugu

Editorial 13 Feb 2016
Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe
Mu Rwanda

Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe

Editorial 26 Mar 2017
Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.
INKURU NYAMUKURU

Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Editorial 28 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru