• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Editorial 23 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Alex Gisaro ni Umunyamulenge rukumbi uri muri guverinoma ya Kongo-Kinshasa, akaba ari Minisitiri w’Ibikorwa remezo.

Abakurikiranira hafi politiki yo muri Kongo, bahamya ko uwo mwanya Bwana Gisaro awukesha kugambanira benewabo b’Abanyamulenge, ari naho bakuye kumwita” Bangamwabo”.

Koko kandi, mu gihe nyamara Abanyamulenge batabarizwa n’isi yose kubera ivangura n’ihohoterwa bakorerwa n’ubutegetsi bubita” Abatutsi b’Abanyarwanda”, Alex Gisaro we ntasiba kumviksna mu materaniro akomeye no mu itangazamakuru mpuzamahanga, avuga ko “nta kibazo na kimwe Abanyamulenge bafite muri Kongo, kuko bahabwa uburenganzira nk’ubw’abandi Bakongomani, ibibazo bihari bikaba biterwa n’uRwanda”.

Burya rero ubugambanyi burashyira bukagaruka nyirabwo, cyane cyane iyo bwagize ingaruka nko kumena amaraso y’inzirakarengane, gushwiragiza abantu ku maherere, gusambanya abagore ku ngufu, n’ubundi bugome bukorerwa Abakongomani bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ubu rero imwe mu nkuru zigezweho muri Kongo ni umugambi w’abadepite wo kwirukana Alex Gisaro kuri uwo mwanya wa Minisitiri, ndetse Perezida w’umutwe w’abadepite, Vital Kamerhe, akaba yatumije inteko rusange kuri uyu wa mbere tariki 25/11/2024, ngo itorere icyemezo cyo kwambura icyizere(kwirukana) Minisitiri Alex Gisaro.

Icyifuzo cyo kuvana icyizere kuri Minisitiri Gisaro, cyashyizweho umukono n’abadepite 58 biganjemo abo mu ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi, ari naryo Alex Gisaro akomokamo. Ibi bikaba bisobanuye ko uyu mugambanyi afite ibyago byinshi byo kwerekwa umuryango usohoka muri guverinoma ya Judith Suminwa Tuluka, yanarusimbuka kandi, ibibi birenze ibi bikaba bimutegereje mu gihe kiri imbere.

Mu birego bituma Minisitiri Gisaro asabirwa gukurwaho icyizere, harimo kuba ngo yarananiwe nibura gusana imihanda yo mu murwa mukuru Kinshasa, ku buryo ubuzima busa n’ubwahagaze ku bakoresha ibinyabiziga.

Uretse ko hari abagira bati” Gisaro nawe yajya yabona”, kubera gucinya inkoro no kugambanira abandi Banyamulenge, ubundi abasesenguzi bavuga ko kuba Kongo itagira imihanda mizima n’ibindi bikorwa-remezo bitabazwa gusa Minisitiri Gisaro, kuko ari zimwe mu ngaruka za ruswa no kutita ku nyungu za rubanda bimaze imyaka itabarika byarahawe intebe muri icyo gihugu.

Biravugwa kandi ko amafaranga yo gusana iyo mihanda ndetse no guhanga imishya yasohotse mu isanduku ya Leta akaboneza mu mifuka y’inkoramutima za Perezida Tshisekedi, ariko nyakamwe Alex Gisaro utagira ijambo,(uretse iryo kugambana) akaba adashobora gutinyuka ngo atunge agatoki aho ayo mamiliyari yarengeye.

Nguwo Gisaro uvuga ko Abanyamulenge n’abandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda batigeze bimwa uburenganzira bwabo, ko ahubwo uRwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo byabo.

Uretse kuba”mpemukendamuke”, ibi byose Alex Gisaro abivuga atayobewe ko kuba muri guverinoma ya Kongo ari Umunyamulenge, hari intagondwa z’Abakongomani zibibonamo”igitutsi” ku gihugu cyabo. Baraje babimwereke rero!

2024-11-23
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Editorial 28 Jun 2016
FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

Editorial 24 Mar 2022
Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali  Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 07 Apr 2019
Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Editorial 11 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo rya Rushyashya.net  rigenewe abasomyi
Mu Mahanga

Itangazo rya Rushyashya.net rigenewe abasomyi

Editorial 01 Sep 2016
Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko
Mu Rwanda

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Editorial 14 Aug 2019
Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije
Mu Mahanga

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Editorial 14 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru