• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Editorial 24 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amagambo ya Donatien Kabuga umuhungu wa Felien Kabuga ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ashimangira ko umwana na se bahuje ibitekerezo bipfuye.

Ni amagambo ari muri videwo uyu mwene Kabuga yashyize ku mbuga nkoranyambaga nk’uhagarariye umuryango wose, ahamagarira abantu kuza kwifatanya na bo mu myigaragambyo bateganyije kuzakora uyu munsi tariki 24 Ugushyingo 2022.

Muri iyi videwo uyu Donatien Kabuga yumvikana avuga amagambo arimo agashinyaguro no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Aho gukoresha ijambo ‘Jenoside,’ akoresha ‘événement’, ijambo rusange bakoresha bagaragaza ko hari “ikintu runaka” cyabaye mu bihe byatambutse.

Ntabwo uyu muhungu atandukanye na se Felicien Kabuga, uhakana uruhare yagize kuri Jenoside, nyamara hari abatangabuhamya bagaragaje ko yatanze inkunga y’amafaranga n’ibikoresho  byifashishijwe mu mugambi wo kurimbura Abatutsi, ibyo umuhungu we yita ‘événement’

Gukoresha iri jambo, byumvikanisha kwambura uburemere Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyihakana no gukomeretsa abagizwe impfubyi n’abapfakazi muri Jenoside,  se ashinjwa gutera inkunga, dore ko mu minsi 100 abarenga miliyoni bari bamaze kwicwa urw’agashinyaguro, Kabuga abigizemo uruhare rukomeye.

Umutangabuhamya mu rubanza rwa Kabuga, akaba n’umwe mu bahoze mu mutwe w’urubyiruko rw’ishyaka rutwitsi CDR, aherutse guhamiriza urukiko ko kwijandika muri Jenoside yakorewe Abatutsi yabikomoye kuri  RTLM, radiyo Félicien Kabuga ashinjwa gutera inkunga.

Ikindi uyu Donatien Kabuga asabira imyigaragambyo, ni ukuba imitungo ya se yarafatiriwe.

Amategeko y’u Rwanda ateganya ko imitungo y’ukurikiranyweho ibyaha ishobora gufatirwa cyangwa gutambamirwa, mu gihe mu byo uregwa akurikiranyweho harimo n’indishyi. 

Uretse imitungo itimukanwa ifatirwa n’amafaranga ari kuri konti ashobora gufatirwa mu gihe cy’iminsi 60, ku mpamvu zitangwa n’ubugenzacyaha cyangwa ubushinjacyaha. 

Icyakora kuri Kabuga byo birihariye, kuko yatorotse ubutabera akamara igihe kinini yihishahisha mu mahanga, imitungo ye ikaba yarafatwaga nk’itakigira nyirayo. 

Nk’uko Prof. Gregory H. Stanton, umuhanga mu mateka ya Jenoside yabivuze, guhakana no gupfobya  Jenoside, nicyo cyiciro cyayo cya nyuma. Muri iki cyiciro, abakoze Jenoside bagerageza uko bashoboye ngo bagoreke amateka bagahindura abarokotse Jenoside abicanyi, nk’aho aribo bayikoze. Ngibi ibyo mwene Kabuga arimo gukora, agamije gusibanganya no kwikiza ipfunwe ry’ibyo se yakoze. Uko iyo myigaragambyo yabo yagenze tuzabigarukaho mu nkuru yacu itaha.

 

2022-11-24
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Editorial 05 May 2020
Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Editorial 15 Sep 2018
Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Editorial 08 Nov 2023
Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Editorial 15 Apr 2018
Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Editorial 05 May 2020
Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Editorial 15 Sep 2018
Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Editorial 08 Nov 2023
Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Editorial 15 Apr 2018
Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Editorial 05 May 2020
Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Editorial 15 Sep 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru