• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 15 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatanu, itariki 13 Mata, mu rwuri rw’uwahoze ari umuyobozi wa CNDP, Gen Laurent Nkunda, ahitwa Kasanguru muri Teritwari ya Masisi, ngo havumbuwe ibikoresho bya gisirikare birimo za bombe n’amasasu byari bihishe munsi y’ubutaka nk’uko amakuru ava mu gisirikare cya Congo, FARDC, avuga.

Ngo hari ahagana saa munani kuri uyu wa Gatanu ubwo hakorwaga umukwabu wo gusaka intwaro zihishe muri uru rwuri ruherereye Kasunguru, ahitwa Nyamitaba, mu birometero nka 50, mu burengerazuba bwa Goma.

Aha rero ngo hakaba hasanzwe za bombe n’andi masasu byasanzwe ahantu hamwe hafi y’urugo rwa Gen. Laurent Nkunda nk’uko amakuru ava mu nzego z’umutekano avuga.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko abasirikare bose ba FARDC bari bari muri iki gikorwa bahise basubira I Goma n’ibyo bikoresho bya gisirikare byavumbuwe.

Ngo ni nyuma y’aho umuyobozi gakondo wo muri aka gace witwa Mwami Kaembe, yari yamenyesheje inzego z’umutekano muri Werurwe ko hari ubuhisho bw’intwaro bwinshi mu gace abereye umuyobozi.

Gen. Laurent Nkunda wahoze ari umuyobozi w’umutwe wa CNDP

Nk’uko bitangazwa n’uyu Mwami Kaembe, ngo ibikoresho byavumbuwe ni bikeya ugereranyije n’ibihishe muri uru rwuri, aho avuga ko hari ubundi buhisho bw’intwaro bwa CNDP, ngo hakaba hakenewe ubundi bushobozi nk’ibyuma byabugenewe byo kuvumbura ahantu hose hahishe intwaro.

Ku rundi ruhande ariko nk’uko bitangazwa na sosiyete sivile muri Masisi, ngo abaturage benshi ba Bashali, aho uyu mwami gakondo ayobora, batunze intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

2018-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025
Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.

Byamenyekanye: James Duddrigde, Minisitiri w’Ubwongereza washimagije cyane amatora yo muri Uganda , ngo yaba avugishwa n’akayabo ka ruswa yahawe n’ibyegera bya  Perezida Museveni.

Ubwanditsi 29 Jan 2021
Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ubwanditsi 14 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 16, 20188:21 am -

    INTWARO SE WAGIZENGO SI NYINSHI ZIHISHWE MU MITUNGO YA BAMWE MUBAHOZE ARI INYESHYAMBA NDETSE N’ABANDI BAKIRI MURI GOUVERNEMENT ?

    aha twavuga mubahoze ari CNDP( Laurent Nkunda,Ntaganda jean bosco etc..), Mayimayi( General Mundosi,General Padiri etc..),Nyatura bitwaga kera abacombatants( General rutambuka, General Bisangwa, etc..), n’abandi benshi kabisa bafite ububiko bw’amasasu hariya muri congo .

    Nyagasani yitabarire abanyekongo

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhamya bwa Ange  wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside
HIRYA NO HINO

Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi
SHOWBIZ

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
RGB
KWAMAMAZA

RGB

Ubwanditsi 25 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru