• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 15 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatanu, itariki 13 Mata, mu rwuri rw’uwahoze ari umuyobozi wa CNDP, Gen Laurent Nkunda, ahitwa Kasanguru muri Teritwari ya Masisi, ngo havumbuwe ibikoresho bya gisirikare birimo za bombe n’amasasu byari bihishe munsi y’ubutaka nk’uko amakuru ava mu gisirikare cya Congo, FARDC, avuga.

Ngo hari ahagana saa munani kuri uyu wa Gatanu ubwo hakorwaga umukwabu wo gusaka intwaro zihishe muri uru rwuri ruherereye Kasunguru, ahitwa Nyamitaba, mu birometero nka 50, mu burengerazuba bwa Goma.

Aha rero ngo hakaba hasanzwe za bombe n’andi masasu byasanzwe ahantu hamwe hafi y’urugo rwa Gen. Laurent Nkunda nk’uko amakuru ava mu nzego z’umutekano avuga.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko abasirikare bose ba FARDC bari bari muri iki gikorwa bahise basubira I Goma n’ibyo bikoresho bya gisirikare byavumbuwe.

Ngo ni nyuma y’aho umuyobozi gakondo wo muri aka gace witwa Mwami Kaembe, yari yamenyesheje inzego z’umutekano muri Werurwe ko hari ubuhisho bw’intwaro bwinshi mu gace abereye umuyobozi.

Gen. Laurent Nkunda wahoze ari umuyobozi w’umutwe wa CNDP

Nk’uko bitangazwa n’uyu Mwami Kaembe, ngo ibikoresho byavumbuwe ni bikeya ugereranyije n’ibihishe muri uru rwuri, aho avuga ko hari ubundi buhisho bw’intwaro bwa CNDP, ngo hakaba hakenewe ubundi bushobozi nk’ibyuma byabugenewe byo kuvumbura ahantu hose hahishe intwaro.

Ku rundi ruhande ariko nk’uko bitangazwa na sosiyete sivile muri Masisi, ngo abaturage benshi ba Bashali, aho uyu mwami gakondo ayobora, batunze intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

2018-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Ubwanditsi 05 Jan 2022
N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 16, 20188:21 am -

    INTWARO SE WAGIZENGO SI NYINSHI ZIHISHWE MU MITUNGO YA BAMWE MUBAHOZE ARI INYESHYAMBA NDETSE N’ABANDI BAKIRI MURI GOUVERNEMENT ?

    aha twavuga mubahoze ari CNDP( Laurent Nkunda,Ntaganda jean bosco etc..), Mayimayi( General Mundosi,General Padiri etc..),Nyatura bitwaga kera abacombatants( General rutambuka, General Bisangwa, etc..), n’abandi benshi kabisa bafite ububiko bw’amasasu hariya muri congo .

    Nyagasani yitabarire abanyekongo

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango
INKURU NYAMUKURU

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?
Mu Mahanga

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Lubumbashi: Hari  Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi
POLITIKI

Lubumbashi: Hari Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi

Ubwanditsi 07 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru