• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Polisi yasabwe gusubiza bimwe mu bibazo by’ingenzi bijyanye n’iyicwa rya Patrick Karegeya, birimo icyakozwe mu guta muri yombi  abacyekwaho ubwo bwicanyi,  imyaka isaga itanu yishwe mu ijoro ryo rishyira ku wa 1 Mutarama 2014.

Karegeya wari impunzi akaba yari amaze kuba umwe muri ba Mafia bakorana n’imitwe y’ibyihebe mu bucuruzi bw’intwaro na magendu yakoranaga n’abacuruzi b’ibiyobyabwenge kabuhariwe, yishwe arikumwe n’umukobwa mu cyumba cya Hotel Mischelangelo muri Afurika y’Epfo.

Mu iburanisha ryo kuwa mbere tariki ya 21 Mutarama 2019,  byagaragaye ko uru rubanza rukirimo imbogamizi nyinshi ngo abacyekwa babe bafatwa.

Nk’uko BBC ibitangaza mu rukiko hasomwe ibaruwa yasomwe n’umucamanza, ntabwo yari bwigere itangazwa ndetse ngo ntiyari yarigeze inakomozwaho n’ubushinjacyaha mu maburanisha yabanje, iyo baruwa ikaba igaruka ku mazina y’ababa barishe Karegeya.

Muri iyo baruwa, ububushinjacyaha butangaza ko bwafashe icyemezo cyo kutabakurikirana kubera ko bavuye muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2014.

Iyo baruwa ngo ica amarenga ko abashinjacyaha baretse gukurikirana dosiye y’iyicwa rya Karegeya kubera ko nta masezerano yo guhererekanya abacyekwaho ibyaha ari hagati y’Afurika y’Epfo n’u Rwanda, mu gihe abacyekwaho kumwica baba ariho bahise bajya.

Karegeya wafatwaga nk’inkingi ya mwamba muri RNC iyoborwa na Kayumba Nyamwasa, nawe wahunze igihugu akaba yarakatiwe n’inkiko za gisilikare gufungwa imyaka 20.

Urupfu rwa Karegeya, rwakurikiwe n’umwijima mu mubano wa Afurika y’Epfo n’u Rwanda, abayobozi b’icyo gihugu barwitirira abantu boherejwe n’u Rwanda.

Patrick Karegeya

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Busingye Johnston, yatangarije Jeune Afrique ko u Rwanda rutegereje kureba uko Afurika y’Epfo izitwara mu kibazo cya Col. Karegeya.

Min.Busingye Johnston

Abajijwe niba u Rwanda rwiteguye gukorana na Afurika y’Epfo mu iperereza nirukenerwa, yasubije ati “Iki kirego gishingiye ku mpamvu za politiki. Ibyo mu Rwanda tuzi kuri Karegeya bitandukanye n’ibiri kuganirirwa muri ruriya rukiko. Hano yahamijwe uruhare mu bitero bya gerenade zahitanye ubuzima bwa benshi.”

“Tuzareba uko Afurika y’Epfo izitwara. Nk’uko ubizi, umubano wacu ntumeze neza cyane. Aya madosiye y’ubutabera ntakwiye guhumanya umubano wacu mu bya dipolomasi, ariko imikoranire igomba kubaho ku mpande zombi. Twe twasabye kohererezwa Kayumba Nyamwasa ariko ntacyo byatanze.”

Guverinoma ya Afurika y’Epfo umwaka ushize yahamagaje  Ambasaderi wayo mu Rwanda, George Nkosinati Twala, ku mpamvu zitaramenyekana kugeza ubu mu gihe ibihugu byombi byari mu nzira zo kuvugurura umubano.

Ambasaderi George Nkosinati Twala

Twala  yari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Rwanda kuva mu 2012. yahamagajwe n’igihugu cye mu gihe hari hateganyijwe gutangira ibiganiro bigamije kuvugurura umubano w’ibihugu byombi.

Ndivhuwo Mabaya, umuvugizi wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Afurika y’epfo, yabwiye BBC ko leta y’Afurika y’epfo yahamagaje ambasaderi wayo mu Rwanda, George Nkosinathi Twala, kugira ngo bajye inama. Yanavuze ko yahamagaje n’ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’epfo, Vincent Karega.

Ndivhuwo Mabaya yavuze ko leta yatangiye ibikorwa byo gusubukura umubano hagati y’ibihugu byombi, ikaba ari imwe mu mpamvu zo guhamagaza ambasaderi wabo mu Rwanda.

Ariko yanavuze ko minisiteri y’ububanyi n’amahanga yababajwe n’amagambo yo gusebanya  ngo yanditswe ku mbuga nkoranyambaga n’amagambo yakoreshejwe n’umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Afurika y’Epfo, Lindiwe Sisulu

Yavuze ko amagambo yakoreshejwe n’umutegetsi wo mu Rwanda “atemewe” kandi “agomba guhagarara”Yavuze ko Afurika y’epfo yifuza kugirana umubano mwiza n’u Rwanda ariko bigakorwa hadakoreshejwe gusebanya ku mbuga nkoranyambaga no gukoresha amagambo adakoreshwa mu mibanire y’ibihugu cyangwa diplomasi (diplomacy).

Agatotsi hagati y’Afurika y’epfo n’u Rwanda katewe nuko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’icyo gihugu, Lindiwe Sisulu, yiyemereye mu kiganiro n’abanyamakuru , umwaka ushize  mu kwezi  kwa cumi na kumwe  ko yabonanye na Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, wahungiye muri icyo gihugu.

Iyo nama ya Kayumba na Minisitiri Sisulu yarakaje u Rwanda, bituma Olivier Nduhungirehe, umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, yandika ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter amagambo yababaje Afurika y’epfo.

Olivier Nduhungirehe

Perezida Paul Kagame yari aherutse kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ubwo bari bahuriye muri Argentine aho bombi bitabiriye inama y’ibihugu 20 bikize ku Isi.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda (ibumoso) na Perezida Cyril Ramaphosa w’Afurika y’epfo (iburyo) bavuga ko bashaka gusubukura umubano hagati y’ibihugu byombi

Muri Werurwe Perezida Cyril Ramaphosa yatangaje ko ikibazo cy’Abanyarwanda bagorwa no kubona viza zo kujya muri Afurika y’Epfo kigiye kuba amateka nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame gusa ntibirakorwa.

2019-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2019
FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

Ubwanditsi 22 Dec 2025
U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

RUSHYASHYA 07 Apr 2026
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Ubwanditsi 30 Apr 2022

3 Ibitekerezo

  1. Isi
    January 27, 201910:14 am -

    Ibyaba bagabo nanubu ntimuramenya ubucuti bali bafitanye na zuma?
    Ni Congo Rdc. Aba bagabo bajyanye amatiku hariya ndetse karegeya yali yarigize umujyanama wa Joseph Kabila igihe Cyimvururu zinyeshyamba bavugaga ko zifashwa nu Rwanda. Murumva ko abanzi be bali benshi najye nkumwe ukomoka Masisi kdi nzi ibyo FDLR ya Kabila ikora , iyo nza kubona Karegeya sino kumuniga gusa nali kumushahura ibishahu bye nkabitumira mugore we kwi posita. Kuko uretse amaby…a ye ubwonko bwe umuryango we ntacyo bwabamarira…

    Subiza
    • Sunday
      January 28, 201910:57 am -

      Iyingoma yanyu izandikwaho ibibi byinshi. Ngitango kwicya abantu niko kazi kabazanye

      Subiza
  2. Ntareyekanwa
    January 27, 201911:10 am -

    U Rwanda ruracyafite abantu bagitekereza kwica kweli?

    Rwose sinzi uko navuga wowe wiyise isi ariko ntabwo nabura kukubwirako kurata cg kwirata kwica ari ubuswa bukomeye pe!

    Gusa Imana ijye iduha kwihangana twiyubakire igihugu uko bimeze kose ubundi abanyarwanda turyame kdi dutekane mu gihugu kizira urwango,matiku ndetse n’irindakoko ryashinze imizi mu mitima ya benshi.

    Gusa nabwira abayobozi ndetse n’inzego iki kibazo bireba ko batatinya gufatanya na Afrique du Sud mu rwego rwo kudufasha kwikuraho iki cyasha mbona batangiye kutugerekaho.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   
Amakuru

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022
Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame
POLITIKI

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru