• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Editorial 09 Sep 2022 Amakuru, Mu Rwanda, UBUREZI

Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umuco wo gusoma. Umuyobozi mukuru wa REB (Rwanda Education Board) yakanguriye abana b’inshuke gukunda gusoma ibitabo, kugira ngo bazigirire akamaro ndetse bakagirire n’igihugu muri rusange.

Byavugiwe mu munsi mpuzamahanga wahaiwe gusoma no kwandika wabaye none tariki ya 8 Nzeri 2022 byahuriranye no gutangiza ukwezi ko gusoma.Umuhango wabereye mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Munini, wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barangajwe imbere n’umuyobozi mukuru wa’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze muri ( REB). Muri uyu muhango abayobozi basuye amashuri y’inshuke ategura abana ndetse akanabakundisha gusoma.

Umuyobozi w’Ubunyamabanga bukuru bwa SOMA RWANDA Musafiri Patrick yashishikarije abantu kurushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari,kuko no mu rugo iwawe hashobora kuba isomero bitewe nuko ababyeyi bashishikariza abana babo gutira ibitabo bakabisomera mu rugo. Ati “nka SOMA RWANDA Turashishikariza abarimu gusomera no gukundisha abanyeshuri gusoma, kandi umwana yanataha bakamushishikariza gucyura igitabo agakomeza gusomera mu rugo afatanije n’ababyeyi”.

Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage mu Karere ka Nyaruguru Byukusenge Assumpta , avuga ko kuba umunsi mpuzamahanga wizihirijwe mu karere kabo ari byiza cyane kuko nabo bari basanzwe bigisha abantu bakuru gusoma kuko bashaka ko abantu bakuru babimenya bityo abato nabo bakabikundishwa.

Ubusanzwe SOMA RWANDA ni urubuga abafatanyabikorwa mu burezi bahuriraho kugira ngo bungurane ibitekerezo ku buryo bateza imbere umuco wo gusoma, ubuyobozi bukaba bugizwe na minisiteri y’uburezi, USAID, hamwe na Save children international. Naho abanyamuryango bakaba bagizwe n’ibigo by’amashuri,imishinga myinshi itandukanye bireba ibijyanye n’uburezi hamwe no kumenya kwandika no gusoma.

Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze ( REB) Bwana Ndagijimana Nelson, arashishikariza abanditsi b’ibitabo gukora mu nganzo bityo begere urwego rwa REB bagerageze guhana umurongo kugira ngo bandike ibitabo byinshi bifasha abanyeshuri gusoma.

Agira ati “udasomye ntumenya ibirimo kuba,iyo udasomye ntabwo wunguka ubwenge cyangwa hari amakuru uba utari kubona, ni umwanya mwiza wo gushishikariza buri muntu wese dore ko ari umunsi mpuzamahanga wo gusoma bityo aho turi mu miryango yacu, habeho ahantu ho gusomera ibitabo”.

2022-09-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United  batandukanye n’iyo kipe

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United batandukanye n’iyo kipe

Editorial 01 Nov 2022
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Editorial 09 Sep 2021
Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Editorial 20 Oct 2018
Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda

Umunyabugenge François Graner yitabaje urukiko nyuma yo kwangirwa kugera ku nyandiko z’ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda

Editorial 28 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Monaco Cosmetics na monaco Cafe bakomeje kubagezeho Product zabo zidasanzwe
HIRYA NO HINO

Monaco Cosmetics na monaco Cafe bakomeje kubagezeho Product zabo zidasanzwe

Editorial 23 Jan 2018
Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.
Amakuru

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Editorial 05 Oct 2024
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Editorial 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru