• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘

Paul Kagame yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘

Editorial 26 Jul 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’ikiruhuko gito cy’iminsi ibiri atiyamamaza Paul Kagame , kuri uyu wa Gatatu yasubukuye ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru niy’Uburengerazuba mu turere twa Rubavu na Nyabihu.

Muri iki gitondo ibikorwa byo kwiyamamaza byabereye i Busogo kuri sitade ya Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ryayo ryigisha ubuhinzi n’ubworozi.

Ibyo bikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame byabereye kuri sitade iherereye mu mudugudu wa Gahanga , Akagari ka Gisesero, umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze.

Ibihumbi n’ibihumbi by’Abanyamuryango ba FPR baturutse hirya nohino mu mirenge 15, igize akarere ka Musanze bararata ibigwi by’umuryango FPR-Inkotanyi, babifashijwemo n’abahanzi batandukanye barimo Intore Tuyisenge igira iti: TORA KAGAME .

Kuri iyo sitade hahuriye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi babarirwa mu bihumbi n’ibihumbi hamwe n’andi mashyaka bafatanyije mu kwamamaza umukandida Paul Kagame.

Umukandida wa RPF Paul Kagame ati : abo mu majyaruguru oyeeee, PFR oyeeee, mwaje muri benshi bishimishije ntabwo ari igitangaza abanyamusanze dusanzwe dufitanye igihango.

Ejo hashize nagombaga kuza sinabishobora ijwi ryange ryari ryabuze narihase, sinagera iminsi ibiri ntaraza kuvugana n’inshuti zanjye, uko mungana n’ikimenyetso cy’ingufu uhereye aha, ni ikimenyetso cy’ingufu za FPR- inkotanyi.

Kagame yakomeje agira ati “Uko mungana mutya, nk’ikimenyetso cy’ubumwe navugaga, nta kibazo gishobora kutunanira kugikemura… n’uwashaka kutunaniza ntaho yabona ahera. Duhereye kuri izo mbaraga n’ubushake, twebwe dukomeze inzira yacu yo kwiyubaka, y’amajyambere, yo kwiha umutekano.”

Ati :“ Hanyuma rero, imyaka irindwi izaba ikurikira, twubake amajyambere, twubake amashuri, twubake andi mashuri, duhe abanyarwanda bose amashanyarazi abagereho. Bambwiye ko abatuye hejuru muri iriya misozi amashanyarazi atarabegera, arabageraho vuba, vuba cyane. Hanyuma ayo mashanyarazi usibye kutumurikira mu ngo, adufashe kubaka inganda n’ibindi byose twifuza.”

Yasabye abaturage kumutora n’ubwo azi neza ko azatsinda 100%, kugira ngo bakomeze inzira yo kubaka amajyambere, umutekano, kubana neza n’ibindi abanyarwanda bifuza.

Ati “biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo. Itariki iratinze ngo mu gitondo kare twazindutse bizajye kugera mu masaa tanu twabirangije… si byo?

-7366.jpg

-7367.jpg

-7368.jpg

-7362.jpg

-7360.jpg

-7364.jpg

-7354.jpg

-7353.jpg

-7355.jpg

2017-07-26
Editorial

IZINDI NKURU

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Editorial 07 Jun 2018
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Editorial 18 Oct 2023
Urubyiruko ruratungwa agatoki  kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko ruratungwa agatoki kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 07 Apr 2017
Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Editorial 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imirimo yo gusana  Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Imirimo yo gusana Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera

Editorial 20 Apr 2019
Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.
Amakuru

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Editorial 03 Mar 2021
Perezida Kagame yemeza ko Afurika ikeneye Ishoramari ku Burayi kuruta Inkunga-  [ Video ]
POLITIKI

Perezida Kagame yemeza ko Afurika ikeneye Ishoramari ku Burayi kuruta Inkunga- [ Video ]

Editorial 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru