• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida

RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida

Editorial 01 Aug 2018 POLITIKI

Jean Pierre Bemba, Umunyapolitiki uherutse kugirwa umwere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), yasesekaye i Kinshasa muri Repubulika iharanira Demikarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu, aho agiye gutanga kandidatire mu matora ya Perezida ategerejwe mu mpera z’uyu mwaka.

Bemba w’imyaka 55 uheruka muri iki gihugu mu myaka 11 ishize, yageze ku kibuga cy’indege cya N’djili saa 9h30. Yari yahagurutse mu Bubiligi mu gicuku cyo ku wa 31 Nyakanga.

Akimara kugera i Kinshasa, Bemba yabwiye abanyamakuru ati “Ndishimye cyane kongera kugaruka mu gihugu cyanjye.”

Bemba yageze ku kibuga cy’indege asanga imbaga y’abamushyigikiye baje kumwakira, biganjemo abambaye imyenda, imiringa n’ibindi biriho ibirango n’amafoto ye.

Bemba ufite imvugo zumvikanisha ko akunda igihugu cye, mbere yo gufata indege yanditse ubutumwa kuri twitter ati “Mu nzira yerekeza ku butaka bw’abakurambere, igihugu cyanjye.”

Umwe mu banyamuryango b’ishyaka rye witwa Toussaint Bodongo, yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza ko uyu munsi ari umwe mu yari itegerejwe na benshi.

Ati “Abanye-Congo bamaze igihe bategereje igihe nk’iki… Bemba ashobora kuzazana igisubizo twifuriza Congo.”

Yijejwe umutekano

Umwe mu bakomeye mu ishyaka rya Jean Pierre Bemba, MLC, yatangaje ko Guverinoma ya Kinshasa yijeje ko umutekano we uzaba ucunzwe ku buryo buhambaye, ndetse ko yagenewe abapolisi 10 bo kumurinda kuva akigera ku kibuga cy’indege i Kinshasa.

AFP yo yatangaje ko uretse iryo tsinda ry’abapolisi 10 bamurinda, ku biro by’ishyaka rye aho azaruhukira hoherejwe n’irindi ry’abapolisi benshi bagomba kubungabunga umutekano.

Bemba agiye gutanga kandidatire mu matora ya Perezida agamije gushaka uzasimbura Joseph Kabila, wafashe ubutegetsi mu 2001 ndetse no mu 2006 agatsinda amatora ahigitse Bemba.

Kugeza ubu Perezida Kabila utemerewe n’Itegeko Nshinga kongera kwiyamamaza, nta jambo na rimwe aratangaza ko aziyamamaza cyangwa ataziyamamaza.

2018-08-01
Editorial

IZINDI NKURU

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Editorial 09 Mar 2018
Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Editorial 13 Jan 2020
Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Editorial 18 Sep 2019
Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Editorial 10 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball
Amakuru

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Editorial 16 Apr 2022
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Editorial 02 Apr 2019
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede
Amakuru

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Editorial 27 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru