• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Editorial 10 Oct 2022 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tariki 10 Ukwakira buri mwaka, isi yose izirikana abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, bagashishikarizwa kwivuza, kuko iyo bavuwe hakiri kare barakira. Ikibazo ariko ni uko kenshi ufite uburwayi bwo mu mutwe atabimenya, bikaba bibi kurushaho iyo abandi babimubwira agahakana.

Buri wese kandi afite inshingano zo kwita ku bafite ibibazo byo mu mutwe. Niyo mpamvu uyu ari umwanya mwiza wo gutabariza Umunyarwanda David Himbara wasariye ku mabarabara yo muri Amerika, kubera ibiyobyabwenge byamurenze.

uburwayi bwa Himbara bugaragarira mu binyabasazi yirirwamo ku mbuga nkoranyambaga, yiyita “impuguke” mu bukungu, ariko wareba ibyo yandika ukibaza niba ahubwo  yaranakandagiye mu ishuri.  

Umurwayi wo mu mutwe ashobora kwiyita”umudereva w’indege” kandi ataranayikandagiramo. Yakwiyita“Musenyeri”kandi ataranabatijwe. Muri make umusazi agira ibyo asarana, nk’uko Himbara yasaranye kwiyita impuguke mu bukungu, akabivanga no kwibasira uRwanda asesengura ubukungu bwarwo mu buryo bwe bwa gisazi.

Ikikwereka ko Himbara yacanganyukiwe, uyu munsi avuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwazambye kubera”imiyoborere mibi”, ejo akaza akubwira ko ubukungu bw’uRwanda bwazamutse kubera “ibyo ruvana mu bikorwa bya gisirikari rurimo mu bihugu binyuranye”. 

Dore nk’ubu Himbara aratayanjwa ngo uRwanda rukijijwe n’amafaranga ruhabwa na Repubulika ya Santarafurika, Mozambike n’ahandi rufite ingabo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano.

Bwana Himbara, waba warasomye nibura ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikari uRwanda rwagiranye n’ibyo bihugu? Wabonye iyihe ngingo ivuga ko u Rwanda ruzohereza ingabo muri Santarafurika, Mozambike cyangwa muri Benin, rukazahabwa ingurane y’amafaranga cyangwa iy’amasoko nk’uko ubikwiza ku mbuga nkoranyambaga?

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame, ntawema gusobanura ko ibibazo by’Abanyafrika bizakemurwa nabo ubwabo, ari nayo u Rwanda rwiyemeje gutanga umusanzu warwo, nta kindi kiguzi rubitegerejemo. Yavuze kenshi ko u Rwanda rwatereranywe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Isomo rwakuyemo rero ni ukudatererana abandi bari mu kaga, ari nayo mpamvu rwohereza ingabo zarwo hirya no hino, nta yindi nyungu rubifitemo uretse kubona nta maraso y’inzirakarengane ameneka. Intumva nka Himbara nizo zonyine zitabikozwa, ariko biranumvikana kuko kugirira abandi impuhwe bikorwa n’abafite umutima wa kimuntu.

Perezida wa Mozambike, Fillip Nyusi, nta munsi adashimira  abapolisi n’abasirikari b’u Rwanda ubwitange buziranga mu kugarura amahoro mu ntara ya Cabo Delgado yamaze imyaka myinshi mu maboko y’ibyihebe. Imvune bahura nayo wayishyura amafaranga angahe murwayi Himbara?

Kuva ingabo z’u Rwanda zagera muri Repubulika ya Santarafurika ibintu byasubiye mu buryo, ndetse Perezida Faustin-Archange Touadéra n’abaturage ayoboye, bavuga ko nta kiguzi babonera ubuhanga n’umurava biranga ababashubije ubuzima.

Bwana Himbara David, uretse n’ubusazi, unafite ipfunwe ko u Rwanda rutera imbere atabigizemo uruhare. Iri terambere niba ariryo rigusaza rero, urakomerewe kuko Abanyarwanda biyemeje kuvana amaboko mu mifuka bagakora, aho gutungwa n’ibisabano nkawe.

Ujya gukira uburwayi araburata, Bwana Himbara. Kuri iyi tariki tuzirikana abafite ibibazo byo mu mutwe, nawe emera ko urwaye, kandi uzavurwa ukire.

Ikindi reka urumogi kuko narwo ari intandaro y’ibibazo ufite, kandi uce ukubiri no gusebya Igihugu cyakubyaye, kuko gutatira igihango byakuviriyemo umuvumo, nawo ukuviramo ibisazi. 

 

2022-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Editorial 01 Aug 2016
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Editorial 01 Mar 2024
Kamonyi:Umugore yatezwe igico n’abagabo batanu bamufata ’ku ngufu’

Kamonyi:Umugore yatezwe igico n’abagabo batanu bamufata ’ku ngufu’

Editorial 28 Mar 2017
Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Editorial 12 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome
ITOHOZA

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Editorial 04 Dec 2018
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana
Mu Rwanda

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Editorial 21 Jul 2016
Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria
IMIKINO

Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria

Editorial 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru