• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Editorial 24 Aug 2017 Mu Rwanda

Iyo uvuze umutekano muke abantu bumva intambara ibuza abaturage amahoro, ituze, ubwisanzure, umudendezo n’ukwishyira ukizana. Ibindi abantu bahurizaho bitera umutekano muke ni itoteza, ihohotera, ibura cyangwa ubwisanzure buke mu gutanga ibitekerezo, ibura ry’ubutabera, ukutubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, imvururu, amakimbirane, n’ibindi.

Abatuye agace cyangwa igihugu kirangwamo umutekano muke ntibatera imbere kubera ko iyo batahunze bahora bikanga icyabagirira nabi; bityo ntibabashe gukora. Dufashe urugero rw’igihugu kirimo intambara, abagituye bahorana ubwoba bwo kwicwa, gukomeretswa, kuva cyangwa kuvanwa mu byabo, guhohoterwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi, gufatwa ku ngufu, n’ibindi.

Inzego z’Ubuyobozi z’igihugu kidafite umutekano ziba zidakomeye. Nta cyizere abaturage bazigirira kubera ko mu bigaragarira amaso nta cyo ziba zibagezaho. Ikindi ni uko nta wagishoramo imari bitewe n’uko aba atekereza ko isaha iyo ari yo yose ibikorwa bye bishobora gusenywa maze agahomba cyangwa akaba yagirirwa nabi.

Ubukungu bwa bimwe bihugu bwasubiye inyuma bitewe n’umutekano muke uterwa ahanini n’intambara, imyigaragambyo n’imvururu za Politiki.

Abaterankunga ntibirirwa batekereza ku gihugu kitarimo umutekano. Mu igenabikorwa ryabo bakirenza amaso; ndetse bamwe mu bakozi b’imwe mu Miryango idaharanira inyungu y’ubutabazi batinya kujya mu bihugu bifite umutekano muke kubera gutinya kugirirwa nabi dore ko hari aho imwe mu mitwe yitwaje intwaro ibashimuta yarangiza igasaba ingurane ishingira akenshi ku mafaranga ndetse hari n’ubwo ibica.

Abanyarwanda turi abahamya b’ingaruka z’umutekano muke ku iterambere ry’igihugu n’abagituye. Uwavuga ko nta mutekano na muke igihugu cyari gifite igihe Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga ntiyaba yibeshye. Ibyo bihe by’umutekano muke igihugu cyaciyemo byagize ingaruka zikomeye ku bukungu bwacyo.

Intambara, invururu, n’ibindi biterwa na byo si byo byonyine biteza umutekano muke. Hari ibindi bibuza abantu ituze n’amahoro. Aha twatanga urugero rw’inzara, indwara n’ubukene. Usibye kwiyumanganya no kwihagararaho, mu kuri umuntu ushonje cyangwa ubabajwe n’umubiri nta mutekano aba afite haba mu ntekerezo ndetse no mu mubiri.

Iterambere rugezeho uyu munsi rurikesha kuba rufite Ubuyobozi bwiza n’umutekano uhamye.

Raporo z’Imiryango Mpuzamahanga itandukanye zakozwe mu myaka ishize zashyize U Rwanda mu bihugu bifite umutekano usesuye aho ugenda nta cyo wikanga na gito haba ku manywa ndetse na nijoro.

Ihuriro Mpuzamahanga ryita ku bukungu (World Economic Forum) muri Raporo yaryo yiswe ‘The Travel & Tourism Competitiveness Report 2017’ ryashyize U Rwanda ku mwanya wa cyenda mu bihugu birangwamo umutekano ku Isi.

Raporo ikorwa n’iri Huriro iba ikubiyemo uko igihugu gihagaze mu nzego zinyuranye hagamijwe gufasha inzego z’ubukerarugendo mu bihugu gutera imbere.

Muri iyi raporo (ya World Economic Forum) yasohotse ku itariki 5 Mata uyu mwaka U Rwanda rwahawe amanota 6.39; rukaba ari cyo gihugu rukumbi cyo ku Mugabane wa Afurika kiza mu icumi bya mbere dore ko ikigerageza kuza hafi ari Maroc iri ku mwanya wa 20 n’amanota 6.14.

Na none raporo y’Ikigo Gallup yo mu mwaka wa 2015 yashyize U Rwanda ku mwanya wa gatanu mu bihugu byo ku Mugabane wa Afurika nk’ahantu abantu bashobora kugenda mu masaha y’ijoro nta cyo bikanga.

Kuba U Rwanda rutekanye biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo kuba inzego zarwo z’umutekano zikora kinyamwuga no kuba kandi zirangwa n’umurava n’ubwitange. Ikindi ni uko izo nzego zirimo Polisi zikorana neza n’abaturage hagamijwe iterambere ryabo n’igihugu muri rusange.

Abaturage bagira uruhare runini mu kubungabunga umutekano binyuze mu gutangira ku gihe amakuru atuma inzego zibishinzwe zikumira igishobora kubuza rubanda ituze n’amahoro.

Bamwe mu baturage bateye intambwe bashyiraho amahuriro yo gukumira ibyaha. Mu babikoze harimo Abanyeshuri, abatwara abagenzi kuri moto n’amagare, Abakaraningufu n’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu gukumira ibyaha. Kuri aba hiyongeraho Abayobozi mu nzego zitandukanye (iza Leta n’izigenga) biyemeje kuba Abambasaderi ba Polisi nk’Urwego rwa Leta zushinzwe by’umwihariko umutekano w’abantu n’ibyabo.

Polisi irashima ubufatanye bw’izindi nzego n’abaturage mu gukumira ibyaha n’ikindi cyose cyahungabanya umutekano. Nubwo ariko bimeze bityo nta kwirara kugomba kubaho; ahubwo uko gushyira hamwe hagamijwe ineza y’igihugu n’abagituye gukwiye gukomeza.

Ndahamya ko buri wese yemera ko hataboneka Umupolisi cyangwa Umusirikare wo kuba ahantu hose ngo aharindire umutekano. Ibyo biha buri wese umukoro wo kuba ijisho ry’umutekano aho ari hose. Icyo buri Munyarwanda n’utuye U Rwanda basabwa ni ukwirinda icyaha aho kiva kikagera no gutangira ku gihe amakuru atuma gikumirwa no gufata uwagikoze cyangwa abagikoze.

Usibye inshingano zayo z’ibanze zo kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo; Polisi y’u Rwanda igira uruhare mu bikorwa by’iterambere ry’igihugu n’abagituye. Mu byo ikora harimo koroza imiryango itishoboye iyiha inka, kuyishyurira umusanzu w’ubwisungane bwo kwivuza, kuyubakira no kuyisanira amazu no gutera inkunga y’amafaranga abatwara abagenzi kuri moto, Abarobyi n’ibindi byiciro by’Abanyarwanda.

Ibi Polisi y’u Rwanda ibikora kubera ko izirikana ko ubukene ari imbogamizi ikomeye ku mutekano urambye kuko butera bamwe kwiba no gukora ibindi binyuranije n’amategeko bihungabanya umutekano.

-7730.jpg

Ni muri urwo rwego buri mwaka igira ukwezi kwahariwe ibikorwa byayo aho ikora ibikorwa bitandukanye biteza imbere abaturage.

Mu byo yakoze mu Kwezi kwayo k’uyu mwaka kwasojwe kuya 16 Kamena harimo kugeza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku ngo zisaga 3400 n’Ibigo nderabuzima 20, kugeza amazi meza ku miryango isaga 600; hakiyongeraho kwishyurira umusanzu w’ubwisungane bw’ubwishingizi bwo kwivuza imiryango isaga 700.

Yagiranye kandi ibiganiro n’abaturage basaga 16,000 n’abanyeshuri bagera ku 92,000 byibanze ku kubakangurira kwirinda ibyaha; kandi yafatanyije n’izindi nzego ndetse n’abaturage gukora ibikorwa by’iterambere bitandukanye birimo guhanga imihanda no gusana ibiraro.

Zirikana ko umutekano ari ishingiro ry’iterambere rirambye ry’igihugu n’abagituye; bityo dufatanye gukumira icyawuhungabanya.

Source : RNP

2017-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]

Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]

Editorial 16 Jul 2017
Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Editorial 12 Aug 2017
Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Editorial 25 Jan 2022
Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Editorial 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN
Amakuru

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Editorial 17 Sep 2021
Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga  kubera kwishongora (ikimenyetso)
IMIKINO

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga kubera kwishongora (ikimenyetso)

Editorial 01 Jul 2016
‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu
INKURU NYAMUKURU

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Editorial 29 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru