• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Ubwanditsi 04 Jan 2018 Mu Rwanda

Umugabo witwa Musangabatware arashinjwa kwica umugore we Marie Mushimiyimana amuteye inkota mu nda nyamara atwite inda y’amezi arindwi. Uyu mugore yari yarahunze uyu mugabo waje avuye ku Gisenyi akamusanga i Ntarama mu Bugesera aho yamuhungiye amwicisha inkota. Agerageje kwiyica na we biranga.

Musangabatware yitemye ingoto ngo yiyice ariko ntibyamuhira ubu ari kuvurirwa i Kigali

Uyu mugore yishwe kuwa kabiri w’iki cyumweru tariki 02 Mutarama 2018. Bamwe mubo mu muryango bavuga ko yari yarahunze uyu mugabo kubera amakimbirane akomeye n’umugabo we.

Nyuma yo kumenya aho umugore we yamuhunguye, Musangabatware ukomoka i Musebeya muri Nyamagabe mu gitondo cyo kuwa kabiri ngo yageze i Ntarama aho Marie yamuhungiye arakomanga undi afungura atazi uwo akinguriye.

Ageze mu nzu ngo yamwicishije inkota yari yitwaje ayimusogota mu gihimba, atagize impuhwe z’uko atwite inda y’amezi arindwi. Abica bombi.

Umwe mu batabaye yavuze  ko abantu bahise batabara ari benshi bumvise Marie atabaje, Musangabatware asumbirijwe n’abaturage ahita yikegeta ingoto na ya nkota ngo yiyahure ariko biba iby’ubusa ntiyapfa ahubwo arafatwa.

Ubu uyu mugabo ari kuvurirwa mu bitaro bimwe mu mugi wa Kigali.

Mukantwari Berthilde Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurengew a Ntarama yavuze ko ubu bwicanyi bwabaye kuwa kabiri ndetse uyu mugabo koko akagerageza kwiyica yiciye ingoto bikanga.

Mushimiyimana Marie yari yarahunze umugabo we kubera amakimbirane mu rugo rwabo

Mushimiyimana Marie yari yarahunze umugabo we kubera amakimbirane mu rugo rwabo

Mukantwari avuga ko bataramenya neza niba uyu mugabo n’uyu mugore bari baratandukanye byemewe n’amategeko kuko umugore yapfuye umugabo na we akaba yaritemye ingoto atavuga.

Marie Mukeshimana w’imyaka 38 wari wararokotse Jenoside agasigarana n’umuvandimwe we umwe gusa, we n’umwana yari atwite bashyinguwe ejo hashize kuwa gatatu.

Marie na Musangabatware bari bafitanye abana batanu atwite inda ya gatandatu.  Babaga i Mushubi muri Nyamagabe.

Umuyobozi w’Umurenge wa Ntarama avuga ko Marie yabanaga n’abana babiri be, akaba yari afite akaduka yashinze aha i Ntarama abana be niko bararagamo we akarara mu rugo. Aba bana bakaba baratashye bukeye basanga inkuru mbi iwabo.

 

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ntegereje cyane uruzinduko rw’akazi rw’umuvandimwe wanjye Perezida Paul Kagame” Perezida Lungu

“Ntegereje cyane uruzinduko rw’akazi rw’umuvandimwe wanjye Perezida Paul Kagame” Perezida Lungu

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Police HC yinjiye muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika y’i Burasirazuba imaze gutsinda Nyuki HC

Police HC yinjiye muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika y’i Burasirazuba imaze gutsinda Nyuki HC

Ubwanditsi 03 Dec 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 26 Jun 2024
Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 09 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha  no kubungabunga umutekano wo mu muhanda
Amakuru

Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha no kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 07 Oct 2016
‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’
INKURU NYAMUKURU

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda
UBUKERARUGENDO

Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru