• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Ubwanditsi 04 Jan 2018 Mu Rwanda

Umugabo witwa Musangabatware arashinjwa kwica umugore we Marie Mushimiyimana amuteye inkota mu nda nyamara atwite inda y’amezi arindwi. Uyu mugore yari yarahunze uyu mugabo waje avuye ku Gisenyi akamusanga i Ntarama mu Bugesera aho yamuhungiye amwicisha inkota. Agerageje kwiyica na we biranga.

Musangabatware yitemye ingoto ngo yiyice ariko ntibyamuhira ubu ari kuvurirwa i Kigali

Uyu mugore yishwe kuwa kabiri w’iki cyumweru tariki 02 Mutarama 2018. Bamwe mubo mu muryango bavuga ko yari yarahunze uyu mugabo kubera amakimbirane akomeye n’umugabo we.

Nyuma yo kumenya aho umugore we yamuhunguye, Musangabatware ukomoka i Musebeya muri Nyamagabe mu gitondo cyo kuwa kabiri ngo yageze i Ntarama aho Marie yamuhungiye arakomanga undi afungura atazi uwo akinguriye.

Ageze mu nzu ngo yamwicishije inkota yari yitwaje ayimusogota mu gihimba, atagize impuhwe z’uko atwite inda y’amezi arindwi. Abica bombi.

Umwe mu batabaye yavuze  ko abantu bahise batabara ari benshi bumvise Marie atabaje, Musangabatware asumbirijwe n’abaturage ahita yikegeta ingoto na ya nkota ngo yiyahure ariko biba iby’ubusa ntiyapfa ahubwo arafatwa.

Ubu uyu mugabo ari kuvurirwa mu bitaro bimwe mu mugi wa Kigali.

Mukantwari Berthilde Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurengew a Ntarama yavuze ko ubu bwicanyi bwabaye kuwa kabiri ndetse uyu mugabo koko akagerageza kwiyica yiciye ingoto bikanga.

Mushimiyimana Marie yari yarahunze umugabo we kubera amakimbirane mu rugo rwabo

Mushimiyimana Marie yari yarahunze umugabo we kubera amakimbirane mu rugo rwabo

Mukantwari avuga ko bataramenya neza niba uyu mugabo n’uyu mugore bari baratandukanye byemewe n’amategeko kuko umugore yapfuye umugabo na we akaba yaritemye ingoto atavuga.

Marie Mukeshimana w’imyaka 38 wari wararokotse Jenoside agasigarana n’umuvandimwe we umwe gusa, we n’umwana yari atwite bashyinguwe ejo hashize kuwa gatatu.

Marie na Musangabatware bari bafitanye abana batanu atwite inda ya gatandatu.  Babaga i Mushubi muri Nyamagabe.

Umuyobozi w’Umurenge wa Ntarama avuga ko Marie yabanaga n’abana babiri be, akaba yari afite akaduka yashinze aha i Ntarama abana be niko bararagamo we akarara mu rugo. Aba bana bakaba baratashye bukeye basanga inkuru mbi iwabo.

 

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
Burundi ivuye muri EAC ntabwo byaba bitunguranye

Burundi ivuye muri EAC ntabwo byaba bitunguranye

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Polisi yaburijemo ubujura bwa Televiziyo nini enye, inafata bane mu bakekwaho kuziba

Polisi yaburijemo ubujura bwa Televiziyo nini enye, inafata bane mu bakekwaho kuziba

Ubwanditsi 04 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero
Mu Rwanda

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru
INKURU NYAMUKURU

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 Oct 2019
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside
Mu Mahanga

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru