• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Umutoza wa Rayon Sports Minnaert yakiriye Djoliba yitegura abakeba APR FC

Umutoza wa Rayon Sports Minnaert yakiriye Djoliba yitegura abakeba APR FC

Editorial 16 Mar 2018 IMIKINO

Nyuma y’imyaka isaga ibiri batandukanye, umutoza w’ikipe ya Rayon Sports; Ivan Minnaert yongeye guhura n’ikipe yahoze atoza ya AC Djoliba, ayiha ikaze mbere y’uko aba banya-Mali bahura n’abakeba ba Rayon Sports; APR FC , muri CAF Confederation Cup.

APR FC izakira AC Djoliba mu mukino wo kwishyura wa 1/16 cya CAF Confederation Cup kuri uyu wa Gatandatu, umukino uzabera kuri Stade Amahoro i Remera guhera saa 15:30.

Iyi kipe yo muri Mali yaraye igeze i Kigali, aho ije guhagarara ku gitego 1-0 yatsinze mu mukino ubanza wabaye mu minsi 10 ishize i Bamako.

AC Djoliba de Bamako yaraye igeze i Kigali gukina na APR FCAC Djoliba de Bamako yaraye igeze i Kigali gukina na APR FC

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, umutoza wa Rayon Sports, Ivan Jacky Minnaert yashyize hanze ifoto ye yongeye guhura na bamwe mu bo bakoranye muri iyi kipe yatoje hagati y’Ukwakira 2014 n’Ugushyingo 2015, aho yayisanganiye kuri Grand Legacy Hotel bacumbitsemo.

Nyuma yo kongera kugirwa umutoza wa Rayon Sports ku nshuro ya kabiri mu ntagiriro z’uku kwezi, Ivan Minnaert yaje bwa mbere muri Rayon Sporrs tariki ya 13 Ugushyingo 2015 avuye muri Djoliba, gusa ntiyahatinze kuko tariki ya 26 Gashyantare 2016 yahise yerekeza muri AFC Leopards yo muri Kenya.

Ivan Minnaert yaje muri Rayon Sports bwa mbere mu 2015 avuye muri Djoliba /Foto:Hardy Uwihanganye- RuhagoYacuIvan Minnaert yaje muri Rayon Sports bwa mbere mu 2015 avuye muri Djoliba /Foto:Hardy Uwihanganye- RuhagoYacu
Minnaert yagiye guha ikaze no kuganira n'iyi kipe yabereye umutoza mbere yo kuza mu Rwanda

Minnaert yagiye guha ikaze no kuganira n’iyi kipe yabereye umutoza mbere yo kuza mu Rwanda
Umutoza wa Rayon Sports yashyize hanze ifoto mu ijoro ryakeye

Umutoza wa Rayon Sports yashyize hanze ifoto mu ijoro ryakeye

Ivan Minnaert akomeje gutegura umukino wo kwishyura ikipe ye ya Rayon Sports izahuramo na Mamelodi Sundowns ku Cyumweru muri Afurika y’Epfo, muri 1/16 cya CAF Champions League.

Rayon Sports irasabwa gutsinda cyangwa kunganya uyu mukino, ariko yinjije byibuze igitego kugira ngo yizere gukora amateka yo kuba ikipe ya mbere igeze mu matsinda y’iri rushanwa nyafurika.

Minnaert ntabwo azareba uko ikipe yabereye umutoza izaba yesurana n’ikipe ya APR FC bahanganye hano mu Rwanda dore ko biteganyijwe ko iyi kipe yambara ubururu n’umweru abereye umutoza, ihaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu saa Tatu za mu gitondo (09:00), yerekeza muri Afurika y’Epfo mu gihe umukino uzaba ku Cyumweru saa 19:00.

2018-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Editorial 30 Jan 2018
Ibimenyetso 10 bica amarenga ya kanseri

Ibimenyetso 10 bica amarenga ya kanseri

Editorial 19 Feb 2016
CHAN 2016: Cameroun yabimburiye izindi kipe kugera mu Rwanda

CHAN 2016: Cameroun yabimburiye izindi kipe kugera mu Rwanda

Editorial 05 Jan 2016
Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Editorial 22 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Editorial 11 Mar 2020
CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée
IMIKINO

CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

Editorial 08 Jul 2019
Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke,  ku mupaka w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke, ku mupaka w’u Rwanda

Editorial 13 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru