• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko abayobozi b’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC) batangaza ko bagiye gukora iperereza ku kibazo cy’ubwumvikane buke bumaze iminsi burangwa hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Ibi bitangazwa n’umuhuza w’ibiganiro hagati ya leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo akaba na minisitiri w’ingabo mu gihugu cya Uganda bwana Crispus Kiyonga,aho atangaza ko mu minsi iri imbere abayobozi b’ibihugu bihuriye muri uyu muryango bagomba kwicara bagashaka umuti kuri iki kibazo.

Iyo ukurikiye itangazamakuru ryo mu Burundi, hamwe n’amagambo avugwa na bamwe mu barwanya Leta y’ u Rwanda, ubona ko hari umugambi ukomeye wo guharabika Leta y’u Rwanda no gushinja u Rwanda kuba rufasha abashaka guhirika ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza. Kandi aba bose harimo n’abashatse gukora Coup d’etat mugihe cya Godefroid Niyombare baboneka cyane muri Uganda, Kenya na Congo kinshasa ndetse n’Ububiligi naho mu Rwanda hakaba impunzi z’abarundi ziba mu nkambi ya Mahama na Gashora mu Bugesera aho bashyikira mbere yo guhabwa ibyangombwa.

Iyi ikaba ari imwe mu mpamvu zituma Uburundi bwikoma u Rwanda kuko u Rwanda rwabashije gucumbikira abarundi bahunze umutekano muke wakuruwe na manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza.

Nta mpunzi y’umurundi ikurwa mu nkambi ngo ijyanwe mu myitozo ya gisilikare nkuko bivugwa n’abacancuro babazungu n’imiryango mpuzamahanga isanzwe yanga u Rwanda.

-1747.jpg

Abakuru b’Ibibihugu bya EAC

Igitangaje ni uko k’umunsi w’ejo abanyamakuru bo mugihugu cyabaturanyi babarundi, bafatanyije nabamwe mubayobozi babo bihandagaje bavuga ko mumyenda ya gisirikare yafashwe, ngo harimo niyigisirikare cyu Rwanda! Ibi kandi bigashimangirwa nabamwe mubanyarwanda bahunze igihugu babitewe nibyaha bitandukanye baba barakoreye abanyarwanda nigihugu cyabo.

Uretse ko u Rwanda ntamwanya rugita kumuntu uwariwe wese, usebya u Rwanda, kuko ageraho akabona ko yibeshya, mumyambaro yafatiwe i Burundi yose bari bafatamo isa niyigisirikare cy’u Rwanda ? Nibarebe mubyahi byose bafashe barebe ko harigisa niyi !

-1745.jpg

Umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda

-1746.jpg

Imyenda yafashwe yeretswe abanyamakuru

Leta y’u Burundi ikwiye gushyira mugaciro ikarekera aho gukomeza kwikoma igihugu cy’u Rwanda, ahubwo ikareba uburyo yakemura ibibazo by’umutekano muke na Politiki mbi byugarije igihugu byakuruwe na manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza n’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane zitabarika. Aho buri munsi imirambo y’abana, abasore n’inkumi, abakecuru n’abasaza itoragurwa ku muhanda ikajya kujugunywa mubyobo rusange byacukuwe n’imbonerakure zifatanyije n’Igipolisi cy’Uburundi.

Umwanditsi wacu

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2021
Impaka ndende no gutakamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara rwarangiye mu ijoro

Impaka ndende no gutakamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara rwarangiye mu ijoro

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Ubwanditsi 30 Jul 2021
Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Ubwanditsi 29 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 01 Jul 2018
Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo
Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ubwanditsi 26 Apr 2016
Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru
ITOHOZA

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 14 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru