• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko abayobozi b’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC) batangaza ko bagiye gukora iperereza ku kibazo cy’ubwumvikane buke bumaze iminsi burangwa hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Ibi bitangazwa n’umuhuza w’ibiganiro hagati ya leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo akaba na minisitiri w’ingabo mu gihugu cya Uganda bwana Crispus Kiyonga,aho atangaza ko mu minsi iri imbere abayobozi b’ibihugu bihuriye muri uyu muryango bagomba kwicara bagashaka umuti kuri iki kibazo.

Iyo ukurikiye itangazamakuru ryo mu Burundi, hamwe n’amagambo avugwa na bamwe mu barwanya Leta y’ u Rwanda, ubona ko hari umugambi ukomeye wo guharabika Leta y’u Rwanda no gushinja u Rwanda kuba rufasha abashaka guhirika ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza. Kandi aba bose harimo n’abashatse gukora Coup d’etat mugihe cya Godefroid Niyombare baboneka cyane muri Uganda, Kenya na Congo kinshasa ndetse n’Ububiligi naho mu Rwanda hakaba impunzi z’abarundi ziba mu nkambi ya Mahama na Gashora mu Bugesera aho bashyikira mbere yo guhabwa ibyangombwa.

Iyi ikaba ari imwe mu mpamvu zituma Uburundi bwikoma u Rwanda kuko u Rwanda rwabashije gucumbikira abarundi bahunze umutekano muke wakuruwe na manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza.

Nta mpunzi y’umurundi ikurwa mu nkambi ngo ijyanwe mu myitozo ya gisilikare nkuko bivugwa n’abacancuro babazungu n’imiryango mpuzamahanga isanzwe yanga u Rwanda.

-1747.jpg

Abakuru b’Ibibihugu bya EAC

Igitangaje ni uko k’umunsi w’ejo abanyamakuru bo mugihugu cyabaturanyi babarundi, bafatanyije nabamwe mubayobozi babo bihandagaje bavuga ko mumyenda ya gisirikare yafashwe, ngo harimo niyigisirikare cyu Rwanda! Ibi kandi bigashimangirwa nabamwe mubanyarwanda bahunze igihugu babitewe nibyaha bitandukanye baba barakoreye abanyarwanda nigihugu cyabo.

Uretse ko u Rwanda ntamwanya rugita kumuntu uwariwe wese, usebya u Rwanda, kuko ageraho akabona ko yibeshya, mumyambaro yafatiwe i Burundi yose bari bafatamo isa niyigisirikare cy’u Rwanda ? Nibarebe mubyahi byose bafashe barebe ko harigisa niyi !

-1745.jpg

Umwambaro w’Ingabo z’u Rwanda

-1746.jpg

Imyenda yafashwe yeretswe abanyamakuru

Leta y’u Burundi ikwiye gushyira mugaciro ikarekera aho gukomeza kwikoma igihugu cy’u Rwanda, ahubwo ikareba uburyo yakemura ibibazo by’umutekano muke na Politiki mbi byugarije igihugu byakuruwe na manda ya gatatu ya Petero Nkurunziza n’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane zitabarika. Aho buri munsi imirambo y’abana, abasore n’inkumi, abakecuru n’abasaza itoragurwa ku muhanda ikajya kujugunywa mubyobo rusange byacukuwe n’imbonerakure zifatanyije n’Igipolisi cy’Uburundi.

Umwanditsi wacu

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 27 Apr 2017
‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 30 Apr 2018
Polisi yatahuye ibikoresho byibwe, bamwe mu bakekwaho ubwo bujura barafatwa

Polisi yatahuye ibikoresho byibwe, bamwe mu bakekwaho ubwo bujura barafatwa

Ubwanditsi 03 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania
Mu Rwanda

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka
INKURU NYAMUKURU

Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Ikinyoma :  Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma : Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Ubwanditsi 31 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru