• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Ubwanditsi 27 Apr 2017 Mu Rwanda

Bamwe mu bagabo bo mu karere ka Bugesera baravuga ko hari abagore bumvise nabi ihame ry’uburinganire bakabwitwaza bagakandamiza abagabo babo, bamwe bakabakubita gusa ngo bagira isoni zo kujya kubaregera inzego z’umutekano bagahitamo kuruca bakarumira kugira ngo hatazagira ababasuzugura.

Ubwo yatambutsaga ikiganiro mu ihuriro ry’abagore bibumbiye mu rugaga rushingiye ku muryango wa RPF Inkotanyi, mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida Paul Kagame yavuze ko abagabo bakubita bagore babo ari bo bakwiye gukubitwa.

Gusa umukuru w’igihugu yakomye urusyo akoma n’ingasire avuga ko n’abagore bakubita abagabo babo niba bahari bakwiye gucyahwa.

Mu karere ka Bugesera, hari abavuga ko n’ubwo umubare munini w’abagaragaza ko bahohotewe mu ngo ari abagore ariko n’abagabo bahohoterwa gusa ngo ntibabitangaza kuko baba bumva ari igisebo.

Nzahabwanimana Anasthase ati “ Benshi banga kuvuga ngo bitabatera ikimwaro aho bazanyura kandi usanga ari no kwisuzuguza ugira isoni rwose.”

Undi witwa Gasprad Munyuza agira ati “ Ntitukirengagize rwose kuva na kera nta mugabo wagiye kurega ngo yakubiswe n’umugore, iyo wakubitiwe mu igunira uraceceka upfa kigabo nk’umugabo ubwo se wajya kurega ngo wakubiswe n’umugore? Ubwo se ahubwo byakumvikana? Ikiruta wata urugo ukigendera.”

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwiragiye Priscila avuga ko bakomeje ubukangurambaga bwo kumvisha abashakanye ko bakwiye gushyira hamwe bakirinda kubangamirana kuko ntacyo byabungura.

Uyu muyobozi mu karere ka Bugesera avuga ko abagabo bahohoterwa ntibabivuge bari mu bakomeje gutiza umurindi ihohoterwa rikorerwa mu ngo kuko iyo bitamenyekanye bidashobora no kubonerwa umuti.”

Ati “ Abagabo nabo bakwiye kwitinyuka kuko niba umugore ashobora guhohoterwa akabivuga n’umugabo nawe akwiye kubivuga, naho nabiceceka ntabwo ariho igisubizo kizaba kiri.”

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere (Gender Monitoring Office), Madame Rose Rwabuhihi avuga ko ku ruhande rumwe uku guceceka kw’abagabo bishibora kumvikana kuko bishingiye ku muco.

Ati “ Ni byo koko ntabwo abagabo bakunda kubigaragaza kuko ni wo muco wacu, kugeza ubu iyo umugabo avuze ko yahohotewe n’umugore niyo yaba atari uwe bashakanye baramuseka nk’aho bamukemuriye ikibazo.”

Uyu muyobozi wa GMO avuga ko iyi myumvire ikwiye guhinduka, agasaba inzego zisanzwe zitanga amakuru nk’itangazamakuru bakwiye kugaragaza ahari ibibazo nk’ibi kugira ngo bibonerwe umuti.

2017-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

Ubwanditsi 15 May 2024
Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo
IMIKINO

Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye
Amakuru

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Ubwanditsi 23 Aug 2021
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru