• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Ubwanditsi 27 Apr 2017 Mu Rwanda

Bamwe mu bagabo bo mu karere ka Bugesera baravuga ko hari abagore bumvise nabi ihame ry’uburinganire bakabwitwaza bagakandamiza abagabo babo, bamwe bakabakubita gusa ngo bagira isoni zo kujya kubaregera inzego z’umutekano bagahitamo kuruca bakarumira kugira ngo hatazagira ababasuzugura.

Ubwo yatambutsaga ikiganiro mu ihuriro ry’abagore bibumbiye mu rugaga rushingiye ku muryango wa RPF Inkotanyi, mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida Paul Kagame yavuze ko abagabo bakubita bagore babo ari bo bakwiye gukubitwa.

Gusa umukuru w’igihugu yakomye urusyo akoma n’ingasire avuga ko n’abagore bakubita abagabo babo niba bahari bakwiye gucyahwa.

Mu karere ka Bugesera, hari abavuga ko n’ubwo umubare munini w’abagaragaza ko bahohotewe mu ngo ari abagore ariko n’abagabo bahohoterwa gusa ngo ntibabitangaza kuko baba bumva ari igisebo.

Nzahabwanimana Anasthase ati “ Benshi banga kuvuga ngo bitabatera ikimwaro aho bazanyura kandi usanga ari no kwisuzuguza ugira isoni rwose.”

Undi witwa Gasprad Munyuza agira ati “ Ntitukirengagize rwose kuva na kera nta mugabo wagiye kurega ngo yakubiswe n’umugore, iyo wakubitiwe mu igunira uraceceka upfa kigabo nk’umugabo ubwo se wajya kurega ngo wakubiswe n’umugore? Ubwo se ahubwo byakumvikana? Ikiruta wata urugo ukigendera.”

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwiragiye Priscila avuga ko bakomeje ubukangurambaga bwo kumvisha abashakanye ko bakwiye gushyira hamwe bakirinda kubangamirana kuko ntacyo byabungura.

Uyu muyobozi mu karere ka Bugesera avuga ko abagabo bahohoterwa ntibabivuge bari mu bakomeje gutiza umurindi ihohoterwa rikorerwa mu ngo kuko iyo bitamenyekanye bidashobora no kubonerwa umuti.”

Ati “ Abagabo nabo bakwiye kwitinyuka kuko niba umugore ashobora guhohoterwa akabivuga n’umugabo nawe akwiye kubivuga, naho nabiceceka ntabwo ariho igisubizo kizaba kiri.”

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere (Gender Monitoring Office), Madame Rose Rwabuhihi avuga ko ku ruhande rumwe uku guceceka kw’abagabo bishibora kumvikana kuko bishingiye ku muco.

Ati “ Ni byo koko ntabwo abagabo bakunda kubigaragaza kuko ni wo muco wacu, kugeza ubu iyo umugabo avuze ko yahohotewe n’umugore niyo yaba atari uwe bashakanye baramuseka nk’aho bamukemuriye ikibazo.”

Uyu muyobozi wa GMO avuga ko iyi myumvire ikwiye guhinduka, agasaba inzego zisanzwe zitanga amakuru nk’itangazamakuru bakwiye kugaragaza ahari ibibazo nk’ibi kugira ngo bibonerwe umuti.

2017-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“URAMENYE: Itondere uruhu n’umubiri w’Umuntu” -RSB

“URAMENYE: Itondere uruhu n’umubiri w’Umuntu” -RSB

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka
Mu Mahanga

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo
Amakuru

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubwanditsi 12 Dec 2022
Nguwo Seyoboka  utegerejwe i Kigali ngo abo yiciye bose bahabwe ubutabera
ITOHOZA

Nguwo Seyoboka utegerejwe i Kigali ngo abo yiciye bose bahabwe ubutabera

Ubwanditsi 17 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru