• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Editorial 02 Feb 2016 Mu Mahanga

​Urubyiruko rugera ku bihumbi 2 rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rurasabwa kugira uruhare runini mu gukumira ibyaha bitandukanye cyane cyane ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa mu ngo.

Ubu butumwa babugejejweho tariki ya 31 Mutarama, mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’urubyiruko gatolika ku nshuro ya 31. Bwatanzwe nyuma y’igitambo cya misa cyabereye kuri Paruwasi ya Kabaya, mu murenge wa Kabaya, ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda, abaturage n’izindi nzego mu karere ka Ngororero (DCLO) Inspector of Police (IP) Alexandre Minani ari kumwe na Padiri ushinzwe urubyiruko muri paruwasi ya Kabaya Nzayisenga Théoneste nibo baganiriye n’urwo rubyiruko.

IP Minani yabwiye uru rubyiruko ati:” byagiye bigaragara ko muri aka karere hari umuco utari mwiza kuri bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa rwishyingira rutarageza ku myaka y’ubukure, ibi rero ntibyemewe n’amategeko. Igikurikiraho ni ibibazo bitandukanye bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa mu ngo.

Turabasaba rero kugira uruhare mu kwirinda no kurwanya iri hohoterwa mukangurira bagenzi banyu kutishyingira muri ubu buryo”.

IP Minani yakomeje asaba uru rubyiruko kujya bageza kuri Polisi amakuru ku gihe y’ikintu icyo aricyo cyose gishobora kuba cyahungabanya umutekano kugira ngo habeho gukumira.

Padiri ushinzwe urubyiruko muri paruwasi gatolika ya Kabaya Nzayisenga Théoneste, yashimiye Polisi y’u Rwanda muri aka karere kubera ubufatanye buri hagati y’impande zombi agira ati:” twebwe turwanya ibyaha ku buryo bwa Roho, naho polisi yo ikabirwanya ku buryo bw’umubiri. Murumva rero ko dufite aho duhuriye cyane.

Bakirisitu rero ndabasaba kuba hafi cyane ya Polisi yacu mukagira bagenzi banyu inama yo guhinduka bakava mu byaha, mukajya mutungira agatoki polisi, icyashobora guhungabanya umutekano wacu bityo tugafatanya nayo”.

Padiri Nzayisenga yakomeje avuga ko yishimira kuba Paruwasi gatolika ya Kabaya na Polisi y’u Rwanda banahurira mu bikorwa biteza imbere imibereho myiza y’abakirisitu b’iyi Paruwasi n’abandi banyarwanda muri rusange nk’umuganda, kubakira abatishoboye n’ibindi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabaya Tuyizere Anastase nawe witabiriye ibi biganiro, yavuze ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu ku buryo bafite uruhare runini kuri ejo heza hacyo. Yasabye urwo rubyiruko gatolika rwa Paruwasi ya Kabaya kugira uruhare mu guhindura abandi, bakareka ibyaha, bagafatanya na Polisi ndetse n’izindi nzego mu guteza imbere igihugu cyacu.

RNP

2016-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Editorial 02 May 2016
Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Editorial 18 Jul 2016
Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Editorial 03 Jun 2016
[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Editorial 06 Oct 2016
Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Editorial 02 May 2016
Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Editorial 18 Jul 2016
Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Editorial 03 Jun 2016
[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Editorial 06 Oct 2016
Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Editorial 02 May 2016
Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Editorial 18 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru