• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gishari : Abapolisi bato barenga 950 basoje amasomo

Gishari : Abapolisi bato barenga 950 basoje amasomo

Ubwanditsi 01 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa 1 Kamena 2016, abapolisi bato 965 barimo 229 b’abakobwa barangije icyiciro (Intake)cya 12 cy’amahugurwa y’ibanze ya gipolisi aho bari bamaze amezi 6 batorezwa mu ishuri rya gipolisi rya Gishari, mu karere ka Rwamagana.

Aba bapolisi bo ku rwego rwa Police Constable batangiye amahugurwa mu kwezi kwa 12 umwaka ushize, aho amasomo y’ibanze ya gipolisi bahawe arimo ayerekeranye no kurinda umutekano, gukoresha intwaro, amategeko n’andi masomo atandukanye azabafasha mu mirimo mishya batangiye.

Umuyobozi w’ishuri rya Police rya Gishari CP Jean Bosco Kabera, yavuze ko amasomo aba bapolisi bahawe abemerera gukora ubutumwa bahabwa ariko ngo bakwiye gukomeza guhabwa amahugurwa ndetse n’abo basanze bakabemenyereza umurimo.

Yagize ati “turabizeza ko amasomo bahawe ahagije kuba basohoza inshingano bazahabwa na polisi, gusa na none bakeneye gukomeza kwiga no kumenyerezwa umurimo akaba ari yo mpamvu dusaba abayobozi b’imitwe bagiye koherezwamo ko baba hafi bakabamenyereza.”

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harerimana yashimiye aba bapolisi uburyo bahisemo izo nshingano nyamara babizi neza ko zikomeye.

Ministiri Fazil yababwiye ko kugira ngo bagere ku cyifuzo cyabo cyo kuba abapolisi, bakwiye guhora bazirikana ingingo 3 zikunze kugarukwaho na Perezida Kagame mu mbwirwa ruhame zitandukanye.

Yagize ati “ icya mbere ni ubunyarwanda, icyakabiri ni ubunyangamugayo kubera ko buri munyarwanda n’ubwo twifuza ko bose baba inyangamugayo ariko tugira n’ibigarasha. Iya gatatu ni ukubumbatira na yombi ibyagezweho ariko ukabibumbatira ugamije no gutera imbere unashakisha icyateza imbere igihugu cyacu.”

-2835.jpg

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Fazil Harerimana

Ministiri Fazil yaboneyeho gusaba aba polisi bashya ko bagomba guharanira kurwanya ibyaha aho kubikora cyane cyane bishingikirije ibyo bari byo ahubwo ko uzabikora agafatwa na we azahabwa ibihano biremereye.

Yagize ati “ nyamuneka mwirinde kuba abanyabyaha kandi mushinzwe kubirwanya, musanze polisi ishimwa n’abaturage ….bya bindi bavuga ngo nta byera ngo de, iyo de ibaye ku mupolisi kiba ari cya de kinini icyo cya de kinini rero gihanwa kihanukiriwe.”

Aba bapolisi batangiye ari 986 ariko abagera kuri 21 ntibabashije kurangiza aya mahugurwa kubera impamvu zitandukanye. Abarangije bakaba bagiye kwerekeza mu bice bitandukanye aho bagiye gukomereza inshingano zabo zo kubungabunga umutekano.

Source: Makuruki.rw

2016-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017

Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Ubwanditsi 11 Jun 2016
Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca
Amakuru

Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga
Mu Mahanga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru