• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

  • Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi   |   31 Aug 2026

  • Wazalendo yafashe abasirikare babiri b’Abarundi i Baraka, bajyanwa i Kinshasa: Ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo z’u Burundi bwaturutse he?   |   31 Aug 2026

  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Ubwanditsi 17 Oct 2016 Mu Mahanga

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2016, mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda habereye umuhango wo gusezera no guherekeza Depite Nyandwi Joseph Désiré, witabye Imana kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu bagera kuri 300 barimo abayobozi bakuru b’igihugu, Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, Perezida wa Sena, Bernard Makuza; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof.Sam Rugege n’abandi.

Itangazo rikubiyemo ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ryasomwe na Minisitiri muri Perezidansi, Venantie Tugireyezu, wavuze ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’umuryango we bababajwe n’urupfu rwa Depite Nyandwi kandi bazahora bamwibukira ku mirimo myiza yashinzwe kandi akayikora neza.

Depite Nyandwi yagiye ashingwa imirimo mu nzego zitandukanye z’igihugu, harimo kuba yarayoboye iyahoze ari Perefegitura ya Gitarama, Minisiteri y’Uubutegetsi bw’Igihugu akomereza mu Nteko Ishinga Amategeko ari umudepite.

Minisitiri Tugireyezu ati “Igihugu n’Abanyarwanda tubuze umuyobozi n’umukozi mwiza warangwaga n’ukuri no gukunda igihugu.”

Mu butumwa bwo kwihanganisha umuryango wa Depite Nyandwi bwatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru wa FPR, François Ngarambe, ari nawo yabarizwagamo, yavuze ko yabereye amaboko Umuryango FPR-Inkotanyi aho yashinzwe imirimo itoroshye mu bihe bikomeye akayikora neza.

Yagize ati “Yaranzwe no gukunda umurimo ukozwe neza, kugira umuhate no gukorana neza n’abandi.Asize umurage mwiza nk’umugabo wumvira.”

Muri FPR-Inkotanyi, Depite Nyandwi yari umwe mu bagize Komisiyo y’Ubuhinzi n’Ibidukikije n’iy’Ubukangurambaga, by’umwihariko yari ashinzwe gukurikirana ibikorwa by’abanyamuryango ba FPR muri Nyaruguru.

Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatila Mukabalisa, n’agahinda kenshi yavuze ibigwi Depite Nyandwi waranzwe n’ubushishozi, ubwitange, umurava, ubushake n’ubushobozi mu mirimo yose yakoze.

Yagize ati “Ubwitange n’umurava yagiraga mu gutanga ibitekerezo mu mishinga y’amategeko yasuzumwaga yaba muri Komisiyo yakoreragamo ku buryo buhoraho yaba no mu zindi Komisiyo atakoreragamo ku buryo buhoraho.”

Depite Mukabalisa yavuze ko nubwo atabaga yabashije kwitabira imirimo y’izindi komisiyo kubera iyo yakoreragamo, Depite Nyandwi ngo yoherezaga ibitekerezo byanditse, aharanira ko umutwe w’abadepite utora amategeko anoze.

Ibi byose ngo yabikeshaga umuco mwiza wo gusoma yari afite, gusesengura no gucukumbura yaba mu mishinga y’amategeko cyangwa izindi nyandiko zifasha Inteko Ishinga Amategeko.

Ati “Adusigiye icyuho mu mutwe w’abadepite yari amazemo imyaka 14, yaharaniraga ko ibyo dukora byose tubikora mu buryo bufitiye akamaro abaturage. Igihugu kibuze umugabo w’inararibonye wakundaga igihugu cye, agakunda umurimo unoze kandi byose mu nyungu z’abaturage.”

Mu ijambo rya nyuma Umutwe w’abadepite wabwiye Nyandwi bafataga nk’umubyeyi, umujyanama n’inshuti ya bose, Depite Mukabalisa yagize ati “Mubyeyi muvandimwe mugenzi wacu Depite Joseph Desire, tuzahora tukwibuka.Tukwibutswa n’ibyiza wakoreye igihugu, uruhare rwawe mu nteko mu mutwe w’abadepite, ibitekerezo byiza byubaka watangaga, inama wajyaga, tuzakwibukira kuri byinshi, ibyiza byinshi wakoreye igihugu ukiri ku Isi, turasaba kandi tudashidikanya ngo Imana ikwakire mu bayo mu ijuru kwa Jambo.”

-4415.jpg

Depite Nyandwi asize abana babiri umuhungu n’umukobwa kandi Inteko Ishinga Amategeko yabasezeranyije kuzakomeza kubabanira neza nkuko umubyeyi wabo yababaniye neza.

Imana imwakire mubayo

2016-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Ubwanditsi 15 Feb 2017
Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ubwanditsi 06 Feb 2017
INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Ubwanditsi 08 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba

Ubwanditsi 09 May 2018
Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Fears as Burundi starts census to register foreigners
ITOHOZA

Fears as Burundi starts census to register foreigners

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru