• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Ubwanditsi 17 Oct 2016 Mu Mahanga

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2016, mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda habereye umuhango wo gusezera no guherekeza Depite Nyandwi Joseph Désiré, witabye Imana kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu bagera kuri 300 barimo abayobozi bakuru b’igihugu, Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, Perezida wa Sena, Bernard Makuza; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof.Sam Rugege n’abandi.

Itangazo rikubiyemo ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ryasomwe na Minisitiri muri Perezidansi, Venantie Tugireyezu, wavuze ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’umuryango we bababajwe n’urupfu rwa Depite Nyandwi kandi bazahora bamwibukira ku mirimo myiza yashinzwe kandi akayikora neza.

Depite Nyandwi yagiye ashingwa imirimo mu nzego zitandukanye z’igihugu, harimo kuba yarayoboye iyahoze ari Perefegitura ya Gitarama, Minisiteri y’Uubutegetsi bw’Igihugu akomereza mu Nteko Ishinga Amategeko ari umudepite.

Minisitiri Tugireyezu ati “Igihugu n’Abanyarwanda tubuze umuyobozi n’umukozi mwiza warangwaga n’ukuri no gukunda igihugu.”

Mu butumwa bwo kwihanganisha umuryango wa Depite Nyandwi bwatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru wa FPR, François Ngarambe, ari nawo yabarizwagamo, yavuze ko yabereye amaboko Umuryango FPR-Inkotanyi aho yashinzwe imirimo itoroshye mu bihe bikomeye akayikora neza.

Yagize ati “Yaranzwe no gukunda umurimo ukozwe neza, kugira umuhate no gukorana neza n’abandi.Asize umurage mwiza nk’umugabo wumvira.”

Muri FPR-Inkotanyi, Depite Nyandwi yari umwe mu bagize Komisiyo y’Ubuhinzi n’Ibidukikije n’iy’Ubukangurambaga, by’umwihariko yari ashinzwe gukurikirana ibikorwa by’abanyamuryango ba FPR muri Nyaruguru.

Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatila Mukabalisa, n’agahinda kenshi yavuze ibigwi Depite Nyandwi waranzwe n’ubushishozi, ubwitange, umurava, ubushake n’ubushobozi mu mirimo yose yakoze.

Yagize ati “Ubwitange n’umurava yagiraga mu gutanga ibitekerezo mu mishinga y’amategeko yasuzumwaga yaba muri Komisiyo yakoreragamo ku buryo buhoraho yaba no mu zindi Komisiyo atakoreragamo ku buryo buhoraho.”

Depite Mukabalisa yavuze ko nubwo atabaga yabashije kwitabira imirimo y’izindi komisiyo kubera iyo yakoreragamo, Depite Nyandwi ngo yoherezaga ibitekerezo byanditse, aharanira ko umutwe w’abadepite utora amategeko anoze.

Ibi byose ngo yabikeshaga umuco mwiza wo gusoma yari afite, gusesengura no gucukumbura yaba mu mishinga y’amategeko cyangwa izindi nyandiko zifasha Inteko Ishinga Amategeko.

Ati “Adusigiye icyuho mu mutwe w’abadepite yari amazemo imyaka 14, yaharaniraga ko ibyo dukora byose tubikora mu buryo bufitiye akamaro abaturage. Igihugu kibuze umugabo w’inararibonye wakundaga igihugu cye, agakunda umurimo unoze kandi byose mu nyungu z’abaturage.”

Mu ijambo rya nyuma Umutwe w’abadepite wabwiye Nyandwi bafataga nk’umubyeyi, umujyanama n’inshuti ya bose, Depite Mukabalisa yagize ati “Mubyeyi muvandimwe mugenzi wacu Depite Joseph Desire, tuzahora tukwibuka.Tukwibutswa n’ibyiza wakoreye igihugu, uruhare rwawe mu nteko mu mutwe w’abadepite, ibitekerezo byiza byubaka watangaga, inama wajyaga, tuzakwibukira kuri byinshi, ibyiza byinshi wakoreye igihugu ukiri ku Isi, turasaba kandi tudashidikanya ngo Imana ikwakire mu bayo mu ijuru kwa Jambo.”

-4415.jpg

Depite Nyandwi asize abana babiri umuhungu n’umukobwa kandi Inteko Ishinga Amategeko yabasezeranyije kuzakomeza kubabanira neza nkuko umubyeyi wabo yababaniye neza.

Imana imwakire mubayo

2016-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RWANDA: NATION BRANDING AND STATE CRAFT

RWANDA: NATION BRANDING AND STATE CRAFT

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Nyaruguru : Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Nyaruguru : Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Ubwanditsi 19 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano
Mu Mahanga

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Perezida wa RDC Félix Tshisekedi Yitabiriye inama mpuzamahanga y’abayobozi b’ibigo bikomeye (African CEOs Forum) ibera i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Perezida wa RDC Félix Tshisekedi Yitabiriye inama mpuzamahanga y’abayobozi b’ibigo bikomeye (African CEOs Forum) ibera i Kigali

Ubwanditsi 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru