• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC   |   06 Dec 2019

  • CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize   |   05 Dec 2019

  • Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba   |   05 Dec 2019

  • Amafoto y’Umunsi: Abakinnyi ba PSG baserukanye akanyamuneza mu mwambaro wamamaza Visit Rwanda   |   05 Dec 2019

  • RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka   |   04 Dec 2019

  • Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda   |   04 Dec 2019

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Editorial 13 Jan 2016 Mu Mahanga

Imikoranire myiza n’abaturage bo mu karere ka Huye yatumye Polisi y’u Rwanda muri aka karere ifata bule 327 n’ikiro kimwe by’urumogi na litiro 650 z’inzoga y’inkorano itujuje ubuziranenge yitwa Ibikwangari.

Ibyo byose byafatiwe mu kagari ka Cyarwa, mu murenge wa Tumba ku itariki 8 Mutarama.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) André Hakizimana yavuze ko ruriya rumogi rwafatiwe mu nzu ya Bangamwabo Felicien, uri mu kigero cy’imyaka 66 y’amavuko.

CIP Hakizimana yakomeje avuga ko Bangamwabo afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Mukura ndetse n’urwo rumogi yafatanywe akaba ariho rubitse mu gihe iperereza rikomeje.

Yavuze ko ziriya litiro 650 z’Ibikwangari zikimara gufatwa zahise zangizwa, kandi ko icyo gikorwa cyitabiriwe n’abaturage bo muri kariya kagari zafatiwemo.

CIP Hakizimana Yavuze ko ibiyobyabwenge, nk’uko bivugitse, biyobya ubwenge bw’uwabinyoye, hanyuma agakora ibyaha nko gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, no gusambanya abana.
CIP Hakizimana yagize ati:”Abantu babyishoramo bibwira ko bagiye gukira, ariko mu by’ukuri ntawe bikiza, ahubwo biteza igihombo umuntu ubicuruza kubera ko iyo bifashwe birangizwa, ikindi kandi biteza ubukene umuntu ubinywa.”

Abaturage bitabiriye icyo gikorwa cyo kwangiza ibyo bikwangari babwiwe ko izindi ngaruka mbi zo gufatanwa ibiyobyabwenge harimo igifungo no gucibwa ihazabu.
CIP Hakizimana yagize ati:”Polisi y’u Rwanda izi amayeri yose akoreshwa n’ababicuruza, ababitunda, n’ababinywa. Ubikora wese amenye ko isaha iyo ari yo yose azafatwa.”

Yagiriye inama abantu yo gucuruza no kunywa ibintu byemewe n’amategeko kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwabo.

Ingingo ya 594 y’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umuntu wese ukora, uhindura, winjiza, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

RNP

2016-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u  Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Editorial 09 Feb 2016
Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe

Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe

Editorial 09 Apr 2016
Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Editorial 07 Apr 2016
Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe

Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe

Editorial 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

03 Dec 2019
Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

02 Dec 2019
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

02 Dec 2019
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

01 Dec 2019
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

30 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

04 Dec 2019
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

04 Dec 2019
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

02 Dec 2019
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

02 Dec 2019
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

02 Dec 2019
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

29 Nov 2019
Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

21 Nov 2019

SONDAGE

Ninde uzatwara igikombe cy'Afrika (CAN/AfCON)?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru