• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Ubwanditsi 07 Oct 2016 Mu Mahanga

Kagame yabwiye abarahiye ko barahiriye inshingano kandi biyemeje gufatanya n’abandi gukomeza gukorera igihugu, no guharanira guhindura imibereho y’abaturage.

Ati “Nagira ngo rero ubwo baranumva ko iyo ndahiro n’ibikorwa byose bifite uburemere. Biganisha muri iyo inzira yo kubaka amajyambere. Abamaze kurahira ni ukubibutsa ko inshingano ari nk’ibisanzwe iteka tubadushaka gukora neza, no kwihutisha ibintu, no guhindura ibintu.”

Kagame yavuze ko n’ubwo usanga hari imikorere isa n’iyabaye akarande ku nzego za Leta, kuko usanga zigorana mu kwihutisha ibintu, ariko ngo abifuza ko ibintu byihuta ntabyababuza kubihorana.

Ati “Bureaucracy bisa nk’aho ari ikintu inzego za leta,…buri wese arayigaya ariko kandi buri wese akayigiramo uruhare, ntabwo numva ukuntu bihora bityo bidahinduka. Nagira ngo nibutse abarahiye n’abasanzwe ko dukwiye guhora dushakisha uko twakora ibintu bizima, no kubyihutisha kuko guta igihe nta gaciro bigira.”

Yavuze ko n’ubwo hari ibyo kunenga, ariko hari n’ibyo kwishimira kuko hari intambwe ikomeza kugaragara mu bintu bitandukanye. Gusa, ngo n’ubundi uko igihugu gitera intambwe cyihuta mu iterambere, hari ibindi biba bigutegereje.

Ati “Iyo dukora neza iteka uhora ufite impungenge z’icyo wakora kugira ngo bidasubira inyuma cyangwa ngo bigume aho biri, ahubwo bigatera imbere, akazi ntikagabanyuka kariyongera.”

Perezida Kagame yavuze ko iyo habaye impinduka nk’iyakozwe, nta kindi bivuze, ngo ni ugushakisha impinduka zatuma igihugu gitera izindi ntamwe, kubera ko ngo n’abatakiri mumyanya bari barimo bitabavanyeho inshingano.

Ati “Kuko bajya ahandi, bazajyahandi n’umuntu ku giti cye,…ntabwo burya inshingano ikuvaho no ku giti cyawe uhora ushaka kugira ngo utange umusanzu wawe, uruhare rwawe ku nyungu zimwe n’iza rusange. Iyo byabaye bitya bikwiye kumvikana mu buryo bworoshye ntibikaremerezwe, ahubwo biduhe gushaka kurushaho gukora neza.”

Perezida kandi yaboneyeho gutangaza n’ubundi bugororangingo ku itangazo ryasohotse, avuga ko Minisitiri Valentine Rugwabiza wagizwe Ambasaderi ku Kicaro cy’Umuryango w’Abibumbye, ngo ni Ambasaderi ariko aracyari no muri Guverinoma (cabinet).

Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

-4270.jpg

Minisitiri Valentine Rugwabiza wagizwe Ambasaderi

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri  bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda

Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 20 Mar 2016
IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri
Amakuru

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020
Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.
Amakuru

Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru