• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere

Abanyeshuri b’abanyarwanda 17 baracyari muri Uganda nyuma y’ifungwa rya Makerere

Ubwanditsi 03 Nov 2016 Mu Rwanda

Ambasade y’u Rwanda muri Uganda irahamya ko kugeza ubu abanyarwanda 17 bigaga muri Kaminuza ya Makerere bakiri muri iki gihugu.

Iravuga ko yabasuye aho baherereye nyuma y’aho Perezida Museveni afungiye iyi Kaminuza, yugarijwe n’imyigaragambyo ikaze, ikorwa n’abanyeshuri ndetse n’abarimu.

Izuba rirashe cyatangaje ko Ambasade ivuga ko abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iyi kaminuza basanzwe bafashwa n’umuryango MasterCard, basabwe kuguma aho basanzwe bacumbitse kugeza igihe iyi kaminuza izafungurirwa.

Gusa u Rwanda ruravuga ko mu gihe byaba bibaye ngombwa ko aba banyeshuri bifuza kugaruka mu Rwanda, rwiteguye kubafasha.

-4581.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage

Ibi byose bije nyuma y’aho kuri uyu wa kabiri, Perezida Yoweri Museveni ategetse ko Kaminuza ya Makerere ifungwa, nyuma yo kwadukamo n’imyigaragambyo.

Abanyeshuri ba Makerere bangije bimwe mu bikoresho by’iyi kaminuza, aho bifuza ko abarimu babo bagaruka mu kazi.

Hagati aho Perezida Yoweri Museveni aho aherereye mu Ntara ya Luwero, yavuze ko agiye guhangana mu buryo bukomeye n’abarimu biyi kaminuza.

Yagize ati “Ngiye guhangana n’ibi bibazo by’imyitwarire mibi iri muri iyi kaminuza, ntabwo nzihanganira aba barimu kuko bigaragara ko bashaka amafaranga gusa aho gushyira imbere kwigisha, turashaka abarimu bashobora guhembwa amafaranga menshi, ariko ubu icyo dushyize mbere ni gahunda zirimo kubaka imihanda n’ibindi, mu gihe dufite abaturage bafite imico nk’iyi yo guhora mu myigaragambyo ntabwo byaba ri byiza.”

Aba barimu bo bashaka ko bahabwa amafaranga yabo y’uduhimbazamusyi two guhera muri Gashyantare kugeza muri uku kwezi.

-4580.jpg

Abanyeshuri babanyarwanda mukeragati

Perezida Museveni we yavuze ko ubu atari bwo buryo bwiza bwo gukemura ibibazo.

Yavuze ko ibyakozwe n’aba barimu bimeze nk’umuhinzi ushobora kureka kuzongera guhinga kubera ko yabuze imvura.

Yijeje ko mu minsi mike iyi kaminuza iri bwongere gufungurwa.

Kaminuza ya Makerere yashinzwe mu mwaka wa 1922, kugeza ubu yigwamo n’abanyeshuri barenga 40.000.

2016-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasogi United yatewe mpaga na Rayon  inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

Gasogi United yatewe mpaga na Rayon inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

RUSHYASHYA 22 Mar 2026
Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Ubwanditsi 07 Jul 2024
U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021
Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 11 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda
Mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa
Amakuru

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru