• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Ubwanditsi 11 Oct 2018 POLITIKI

Bobi WineUmuhanzi wo muri Uganda akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko, Robert Kyagulanyi, uzwi nka Bobi Wine, aravuga ko Perezida Museveni ari umuyobozi mubi kurusha Idi Amin wigeze kuyobora iki gihugu. Ni mu kiganiro na televiziyo Citizen kuri uyu wa Gatatu.

Bobi Wine ati: “Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha; yadutegetse nabi igihe kirekire kurusha Idi Amin kandi yangije ibintu byose kurusha uko Amin yabigenje; Idi Amin yari umunyagitugu ariko ntiyigeze asenya ibikorwaremezo, ntiyigeze arebera ruswa,”

Bobi Wine yongeye gusubiramo ibyo yigeze gutangariza mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo yavugaga ko perezida Museveni ari umusinzi w’ubutegetsi kandi ko abamwegereye bose ari abo mu muryango we, abo bahuje ubwoko, ibintu avuga ko byishe ubuyobozi.

Depite Bobi Wine avuga ko yemera ko hari ikiguzi cy’ubuhubutsi bw’igipolisi ariko ashimangira ko yizeye ko hari abantu benshi biteguye kubohora Uganda.

Abajijwe ukuri ko kubangamirwa n’ubutegetsi, yasubije ko yinjiye muri politiki kuvuganira rubanda rukandamijwe kuko azi ibyabaye kuri Kiiza Besigye.

Ati: “Nzi ko abantu benshi banagerageje kuvuga barwanya Museveni, benshi muri bo bashyinguwe kera, n’abandi benshi bari kubabarira mu munyururu, kandi nibyo, abantu nka Dr Kiiza Besigye n’abandi bayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye bahura no guhutazwa.”

Yakomeje avuga ariko ko yizeye ko abaturage bakandamijwe badashobora kuzakandamizwa ubuziraherezo. Ati: “Perezida Museveni hari igihe atari ku butegetsi kandi yavugaga neza nk’uko ndi kuvuga na Perezida Obote buri gihe yaramwirukanaga, Obote ntakiri perezida.”

Yongeyeho ko yizeye ko hagiye kuzabaho igihe Museveni azaba atakiri perezida kandi yizeye ko hari benshi batekereza nkawe. Ati: ‘Turi abantu benshi biyemeje kubona ubwigenge bwabo kandi icyo nicyo dushaka kandi ntituzatuza kubera ikindi kintu. Kubw’ibyo hirengagijwe ubwoba, hirengagijwe guhutazwa, ntabwo tuzatuza.”

Idi Amin wigeze kuyobora Uganda yitabye Imana mu 2003 aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal biherereye I Jeddah. Uyu yashinjwe iyicwa ry’ibihumbi byinshi by’abaturage be mu myaka ya za 70 yaje gupfira muri Arabia Saoudite azize uburwayi.

 

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Ubwanditsi 30 Nov 2024
Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2019
USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

USA: Carlson arashinjwa kwitwaza Jenoside yakorewe Abatutsi mu kubiba inzangano

Ubwanditsi 10 Oct 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Ugirayezu
    October 11, 20182:18 pm -

    Noneho ubwo arashaka kwita ababeshyi, cyanhwa abagome abamurwanyije? Narwanyije intungane! Hahhhhh! Politiki iramvanga pe!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 15 Feb 2020
Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye
Mu Rwanda

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball
Amakuru

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Ubwanditsi 18 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru